Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sinjye uzarota ngarutse- Ikirangirire Lewis Hamilton yagaragaje ko u Rwanda rwamunuriye bihebuje

radiotv10by radiotv10
14/08/2022
in MU RWANDA
0
Sinjye uzarota ngarutse- Ikirangirire Lewis Hamilton yagaragaje ko u Rwanda rwamunuriye bihebuje
Share on FacebookShare on Twitter

Rurangiranwa mu mukino w’amasiganwa y’imodoka, Lewis Hamilton akomeje kugaragaza uburyo yishimiye u Rwanda, avuga ko atari we uzarota arugarutsemo.

Lewis Hamilton umaze iminsi asura Ibihugu binyuranye muri Afurika, yageze mu Rwanda ruramutungura kubera ubwiza yarusanganye.

Uyu mugabo ufite uduhigo twihariye mu mukino wo gusiganwa ku modoka nto uzwi nka Formula 1, yagaragaye yasuye ibice bitandukanye by’u Rwanda birimo Pariki y’Ibirunga.

Mu mafoto yagiye ashyira hanze ubwe, ari muri iyi Pariki, yagaragaje ibyishimo by’igisagirane by’uburyo yiboneye Ingagi ndetse akagirana ibihe byiza n’abayobora ba mukerarugendo.

Hari aho yagize ati “U Rwanda ni rwiza bihebuje. Mwarakoze kutwakira. Sinjye uzarota kugaruka.”

Lewis Hamilton wavuye mu Rwanda agakomereza mu bindi bice byo muri Afurika, ubwo yari amaze kuva mu rw’Imisozi Igihumbi, yongeye kuvuga ubwiza bw’u Rwanda.

Yagize ati “Ni gute nasobanura uburyohe bw’ahantu navuye narabuze icyo mvuga? Ahantu ha kabiri nagiye muri uru ruzinduko hari mu Rwanda. Twakiranywe ubwuzu n’umuziki…Nakunze iki Gihugu. Mwarakoze kubana natwe, sinjye uzarota ngarutse.”
Uyu rurangiranwa wanagiye mu bihugu binyuranye birimo Uganda, yagaragaye ari kubyinana n’abana bamaze kwamamara mu kibyuna bazwi nka Ghetto Kids.

IBIHE BY’INGENZI BYA LEWIS HAMILTON MU RWANDA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Mozambique: Ingabo z’u Rwanda zongeye gukora igikorwa cy’ubutwari

Next Post

Urukingo rwa kane rwa COVID rwatangiye kubuza abantu serivisi zimwe, RBC yo irabivuga ukundi

Related Posts

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

A new public transport system is set to begin operating in the City of Kigali, one that will ensure buses...

IZIHERUKA

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano
IBYAMAMARE

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urukingo rwa kane rwa COVID rwatangiye kubuza abantu serivisi zimwe, RBC yo irabivuga ukundi

Urukingo rwa kane rwa COVID rwatangiye kubuza abantu serivisi zimwe, RBC yo irabivuga ukundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.