Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sobanukirwa iby’ingenzi ku kigo kigisha amahoro ku Isi kigiye kubakwa Rwanda n’ibyo cyitezweho

radiotv10by radiotv10
27/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Sobanukirwa iby’ingenzi ku kigo kigisha amahoro ku Isi kigiye kubakwa Rwanda n’ibyo cyitezweho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abongereza uharanira kurwanya Jenoside ku Isi, Aegis Trust; ugiye kubaka mu Rwanda ikigo kigisha amahoro, aho abatuye isi bazajya baza kwigira amahoro muri iki kigo, kimwe n’abagiranye amakimbirane bakayahacocere kugeza biyunze.

Uyu Muryango Aegis Trust umaze imyaka 25 ukorera mu Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, wagize uruhare mu kuzamura ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda binyuze mu biganiro bitandakanye bitangwa mu baturage.

Muri iyi myaka 25 ishize uyu muryango umaze kimwe n’imyaka 30 ishize mu Rwanda habaye Jenoside yakorewe abatuts,i uyu muryango watekereje gushyiraho ikigo cyigisha amahoro kugira ngo abatuye Isi bayaharanire, ikiremwantu kibashe kubaho gitekanye.

Ni ikigo kizubakwa mu Karere ka Bugesera, nk’Akarere gafite abaturage biyunze ku kigero cyo hejuru hagati y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’ababiciye.

Umuyobozi w’Umuryango AEGIS mu Rwanda, Fred Mutanguha avuga ko abazajya bagirana amakimbirane mu Bihugu byabo bazajya baza bayakemurire muri iki kigo kigiye kubakwa mu Rwanda.

Aragira ati ”Iki kigo kizaba umwanya mwiza wo gutegura inama zitandukanye ndetse dutumire abantu bari hirya no hiryo mu Isi, cyane cyane abafite amakimbirane atandukanye yuko baza hano kugira ngo bashobore kuganira ku bibazo byabo babikemurire hano.”

Abatuye mu isi bazajya biga amahoro binyuze mu nzira zitandukanye zirimo uburyo bw’iyakure (Online) cyangwa bakaba baza mu Rwanda.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene avuga ko iki kigo nacyo kizagira uruhare mu kumenyekanisha u Rwanda.

Ati “Ibi n’ubundi ni ibikorwa byabo bakomeza byaberaga muri iki Gihugu, ariko bakaba barashyizeho iki cyiciro kirebana no gukorana n’amahanga no kugira ngo amahanga ajye aza mu Rwanda biri no muri gahunda y’Igihugu yo kugirango u Rwanda rube nyabagendwa.”

Iki kigo cy’Umuryango AEGIS kizatangira kubakwa mu mwaka wa 2026, kizamara imyaka itatu cyubakwa, aho ibikorwa byo kucyubaka bizatwara Miliyoni zirenga 40 USD.

Hanatanzwe ibiganiro ku bijyanye n’uburyo amahoro yubatswe mu Rwanda

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Rusizi: Harumvikana ukutavuga rumwe ku ihagarikwa ry’Abunzi banavuga ibitaboneye byabibanjirije

Next Post

Nyarugunga: Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bishimiye intsinzi ya Perezida Kagame baniyemeza kuzakomeza gahunda z’Umuryango

Related Posts

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
19/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

IZIHERUKA

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago
FOOTBALL

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyarugunga: Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bishimiye intsinzi ya Perezida Kagame baniyemeza kuzakomeza gahunda z’Umuryango

Nyarugunga: Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bishimiye intsinzi ya Perezida Kagame baniyemeza kuzakomeza gahunda z’Umuryango

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.