Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sosiyete Sivile ntiyemera ko ibibazo by’imibereho ari yo ntandaro ikomeye y’inda ziterwa abangavu

radiotv10by radiotv10
06/01/2022
in MU RWANDA
0
Sosiyete Sivile ntiyemera ko ibibazo by’imibereho ari yo ntandaro ikomeye y’inda ziterwa abangavu
Share on FacebookShare on Twitter

Imwe mu miryango itari iya Leta iharanira uburenganzira bw’abana, ivuga ko ibibazo by’imibereho y’imwe mu miryango bitari mu biza ku isonga mu bituma abangavu baterwa inda zitateguwe.

Imibare y’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare ikubiye mu cyegeranyo cy’imibereho y’abaturage cyakozwe hagati y’umwaka wa 2019 na 2020, igashyirwa ahagaragara muri 2021 yerekana ko abana b’abakobwa bari hagati y’imyaka 15 na 19 batakandagiye mu ishuri ari bo bagira ibyago byo gutwara inda zitateguwe.

Mu buryo bw’imibare berekana ko 25.1% by’abakobwa 32 bavuganye, batewe inda kandi batagira abagabo. Abo ntibigeze bagera mu ishuri.

Abize amashuri abanza bo bazitewe ni 7.3%, abiga mu yisumbuye bo ni 2.7%. iki kigo kigaragaza ko abize amashuri arenze ayisumbuye ngo mu bo bavuganye nta n’umwe watewe inda.

Ubu bushakashatsi bw’iki kigo, bugaragaza ko abana bo mu miryango ikennye batewe inda ku kigero cya 7.7%, abo mu miryango yifite bo batewe inda kukigero cya 6.4%, naho abo mu miryango y’abaherwe bo batewe inda ku kigero cya 2.7%.

Iyi mibare igaragaza ko imibereho y’imiryango nyarwanda, ijyana n’imibare y’abangavu baterwa inda zitateguwe.

Umuhuzabikorwa w’imishinga y’impuzamiryango y’uburenganzira bwa muntu CLADHO, Murwanashyaka Evariste we ntiyemera ibyagaragajwe n’ubu bushakashati.

Ati “Icyo cyaba imwe mu mpamvu ariko nta nubwo kigira uruhare rwa 1% kandi ibyo ni mu bantu bize turahabasanga kuko dufite n’abantu bize za kaminuza babyara benshi.”

Avuga ko kimwe mu bikomeza gutera iki kibazo, harimo ubushomeri ku buryo “umuntu yashukwa bakaba bamusambanya bakamutera inda ariko icyo kigira uruhare ruto kuko umunsi wize secondaire aba azi ubwenge bwo kwifatira icyemezo cyo kumenya gukoresha agakingirizo cyangwa kutagakoresha.”

Avuga ko ikindi kibazo gikomeye ari ubumenyi bucye ku bijyanye n’imyororokere ndetse n’ibigare by’inshuti zitari nziza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − two =

Previous Post

Ubwiyongere bwa COVID muri Gereza bwatumye urubanza rwa Urayeneza rwongera gusubikwa

Next Post

RURA yahaye gasopo abacuruzi bakomeje guhenda abaturage kuri Gaz

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RURA yahaye gasopo abacuruzi bakomeje guhenda abaturage kuri Gaz

RURA yahaye gasopo abacuruzi bakomeje guhenda abaturage kuri Gaz

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.