Sunday, September 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sosiyete Sivile ntiyemera ko ibibazo by’imibereho ari yo ntandaro ikomeye y’inda ziterwa abangavu

radiotv10by radiotv10
06/01/2022
in MU RWANDA
0
Sosiyete Sivile ntiyemera ko ibibazo by’imibereho ari yo ntandaro ikomeye y’inda ziterwa abangavu
Share on FacebookShare on Twitter

Imwe mu miryango itari iya Leta iharanira uburenganzira bw’abana, ivuga ko ibibazo by’imibereho y’imwe mu miryango bitari mu biza ku isonga mu bituma abangavu baterwa inda zitateguwe.

Imibare y’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare ikubiye mu cyegeranyo cy’imibereho y’abaturage cyakozwe hagati y’umwaka wa 2019 na 2020, igashyirwa ahagaragara muri 2021 yerekana ko abana b’abakobwa bari hagati y’imyaka 15 na 19 batakandagiye mu ishuri ari bo bagira ibyago byo gutwara inda zitateguwe.

Mu buryo bw’imibare berekana ko 25.1% by’abakobwa 32 bavuganye, batewe inda kandi batagira abagabo. Abo ntibigeze bagera mu ishuri.

Abize amashuri abanza bo bazitewe ni 7.3%, abiga mu yisumbuye bo ni 2.7%. iki kigo kigaragaza ko abize amashuri arenze ayisumbuye ngo mu bo bavuganye nta n’umwe watewe inda.

Ubu bushakashatsi bw’iki kigo, bugaragaza ko abana bo mu miryango ikennye batewe inda ku kigero cya 7.7%, abo mu miryango yifite bo batewe inda kukigero cya 6.4%, naho abo mu miryango y’abaherwe bo batewe inda ku kigero cya 2.7%.

Iyi mibare igaragaza ko imibereho y’imiryango nyarwanda, ijyana n’imibare y’abangavu baterwa inda zitateguwe.

Umuhuzabikorwa w’imishinga y’impuzamiryango y’uburenganzira bwa muntu CLADHO, Murwanashyaka Evariste we ntiyemera ibyagaragajwe n’ubu bushakashati.

Ati “Icyo cyaba imwe mu mpamvu ariko nta nubwo kigira uruhare rwa 1% kandi ibyo ni mu bantu bize turahabasanga kuko dufite n’abantu bize za kaminuza babyara benshi.”

Avuga ko kimwe mu bikomeza gutera iki kibazo, harimo ubushomeri ku buryo “umuntu yashukwa bakaba bamusambanya bakamutera inda ariko icyo kigira uruhare ruto kuko umunsi wize secondaire aba azi ubwenge bwo kwifatira icyemezo cyo kumenya gukoresha agakingirizo cyangwa kutagakoresha.”

Avuga ko ikindi kibazo gikomeye ari ubumenyi bucye ku bijyanye n’imyororokere ndetse n’ibigare by’inshuti zitari nziza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Ubwiyongere bwa COVID muri Gereza bwatumye urubanza rwa Urayeneza rwongera gusubikwa

Next Post

RURA yahaye gasopo abacuruzi bakomeje guhenda abaturage kuri Gaz

Related Posts

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Abantu babiri mu bagize agatsiko k’abagizi ba nabi baherutse gutegera abageni mu nzira mu murenge wa Bushenge bakabakubita ndeste bakanabambura...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batatu bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umugore mu Murenge wa Nyarugenge, baragagayemo umwe wamutemeshaga...

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

by radiotv10
13/09/2025
0

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije REMA, kigaragaza ko guteka hadakoreshejwe Gaz mu bigo by'amashuri 20 byo mu Ntara y'Amajyepfo byatumye...

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RURA yahaye gasopo abacuruzi bakomeje guhenda abaturage kuri Gaz

RURA yahaye gasopo abacuruzi bakomeje guhenda abaturage kuri Gaz

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.