Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sosiyete Sivile ntiyemera ko ibibazo by’imibereho ari yo ntandaro ikomeye y’inda ziterwa abangavu

radiotv10by radiotv10
06/01/2022
in MU RWANDA
0
Sosiyete Sivile ntiyemera ko ibibazo by’imibereho ari yo ntandaro ikomeye y’inda ziterwa abangavu
Share on FacebookShare on Twitter

Imwe mu miryango itari iya Leta iharanira uburenganzira bw’abana, ivuga ko ibibazo by’imibereho y’imwe mu miryango bitari mu biza ku isonga mu bituma abangavu baterwa inda zitateguwe.

Imibare y’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare ikubiye mu cyegeranyo cy’imibereho y’abaturage cyakozwe hagati y’umwaka wa 2019 na 2020, igashyirwa ahagaragara muri 2021 yerekana ko abana b’abakobwa bari hagati y’imyaka 15 na 19 batakandagiye mu ishuri ari bo bagira ibyago byo gutwara inda zitateguwe.

Mu buryo bw’imibare berekana ko 25.1% by’abakobwa 32 bavuganye, batewe inda kandi batagira abagabo. Abo ntibigeze bagera mu ishuri.

Abize amashuri abanza bo bazitewe ni 7.3%, abiga mu yisumbuye bo ni 2.7%. iki kigo kigaragaza ko abize amashuri arenze ayisumbuye ngo mu bo bavuganye nta n’umwe watewe inda.

Ubu bushakashatsi bw’iki kigo, bugaragaza ko abana bo mu miryango ikennye batewe inda ku kigero cya 7.7%, abo mu miryango yifite bo batewe inda kukigero cya 6.4%, naho abo mu miryango y’abaherwe bo batewe inda ku kigero cya 2.7%.

Iyi mibare igaragaza ko imibereho y’imiryango nyarwanda, ijyana n’imibare y’abangavu baterwa inda zitateguwe.

Umuhuzabikorwa w’imishinga y’impuzamiryango y’uburenganzira bwa muntu CLADHO, Murwanashyaka Evariste we ntiyemera ibyagaragajwe n’ubu bushakashati.

Ati “Icyo cyaba imwe mu mpamvu ariko nta nubwo kigira uruhare rwa 1% kandi ibyo ni mu bantu bize turahabasanga kuko dufite n’abantu bize za kaminuza babyara benshi.”

Avuga ko kimwe mu bikomeza gutera iki kibazo, harimo ubushomeri ku buryo “umuntu yashukwa bakaba bamusambanya bakamutera inda ariko icyo kigira uruhare ruto kuko umunsi wize secondaire aba azi ubwenge bwo kwifatira icyemezo cyo kumenya gukoresha agakingirizo cyangwa kutagakoresha.”

Avuga ko ikindi kibazo gikomeye ari ubumenyi bucye ku bijyanye n’imyororokere ndetse n’ibigare by’inshuti zitari nziza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − fourteen =

Previous Post

Ubwiyongere bwa COVID muri Gereza bwatumye urubanza rwa Urayeneza rwongera gusubikwa

Next Post

RURA yahaye gasopo abacuruzi bakomeje guhenda abaturage kuri Gaz

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RURA yahaye gasopo abacuruzi bakomeje guhenda abaturage kuri Gaz

RURA yahaye gasopo abacuruzi bakomeje guhenda abaturage kuri Gaz

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.