Wednesday, July 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege yabaye ihagaritse kwerecyeza muri Qatar kubera ingaruka z’intambara ya Iran

radiotv10by radiotv10
24/06/2025
in MU RWANDA
0
Sosiyete y’u Rwanda y’Indege yabaye ihagaritse kwerecyeza muri Qatar kubera ingaruka z’intambara ya Iran
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege ‘RwandAir’ yafashe icyemezo cyo gusubika ingendo zerecyeza n’iziva i Doha muri Qatar mu gihe cy’iminsi ibiri nyuma yuko iki Gihugu gihagaritse imikoreshereze y’ikirere kubera igitero cyagabwe na Iran.

Itangazo risubika izi ngendo zo kuri uyu wa 23 na 24 Kamena 2025, ryasohotse mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Mbere nyuma yuko Guverinoma ya Qatar itangaje icyemezo cyo kuba ihagaritse ikoreshwa ry’ikirere.

Ni nyuma yuko Iran itangaje ko yagabye igitero cya za Misile ku birindiro by’Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za America biri muri iki Gihugu cya Qatar mu rwego rwo kwihimura.

Itangaro rya RwandAir rivuga ko ingendo zayo zifite nimero “WB300/WB303 zerecyeza zikanava i Doha ku ya 23 no ku ya 24 Kamena 2025, zasubitswe. Ku bw’impamvu z’umutekano w’abagenzi n’abakozi bacu, ingendo zerecyeza n’izava Dubai na zo zasubitswe.”

RwandAir yaboneyeho kumenyesha abantu ko iza gutanga amakuru agezweho mu gihe cya vuba, igihe haba habayeho impinduka ku bibazo bihari. Iti “Abagenzi byagizeho ingaruka, bashobora kwimurira amatike yabo ku yindi tariki.”

Qatar yafashe icyemezo cyo gufunga ikirere nyuma yuko Iran irashe za misile zirenga 10 ku birindiro by’Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za America biri bya Al Udeid mu rwego rwo kwihorera nyuma yuko iki Gihugu na cyo kirasha ku bigo bitatu bya Iran bitunganya ingufu za Nikeleyeri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − sixteen =

Previous Post

Umwe muri 18 bari mu modoka itwara abagenzi yakoze impanuka ikomeye yapfuye akigera kwa muganga

Next Post

Icyo Perezida Trump avuga ku gitero cya Iran cyari kigamije kwihorera kuri America

Related Posts

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

by radiotv10
16/07/2025
0

Mu bizamini bya Leta bisoza umwaka w’amashuri wa 2024-2025 mu Rwanda, umwe mu banyeshuri bari gukora ibisoza icyiciro rusange cy’amashuri...

Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

by radiotv10
16/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), n’ubw’Urugaga rw’Abikorera PSF, bwinjiye mu kibazo cya Hoteli Château le Marara yatunzwe agatoki...

Eng.-Authorities intervene in disagreement surrounding Hotel accused of poor service

Eng.-Authorities intervene in disagreement surrounding Hotel accused of poor service

by radiotv10
16/07/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and the Private Sector Federation (PSF) have stepped in to address the situation surrounding Château...

Ganza ganza Rudasumbwa-Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda Gen.Muhoozi yongeye gushima Perezida Kagame

Ganza ganza Rudasumbwa-Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda Gen.Muhoozi yongeye gushima Perezida Kagame

by radiotv10
16/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda, yongeye gushima Perezida Paul Kagame akunze kwita...

Abadepite basabye ibisobanuro BDF yatswe inguzanyo n’abahinzi ikayibaha abo bari guhingira rimwe barasaruye

Abadepite basabye ibisobanuro BDF yatswe inguzanyo n’abahinzi ikayibaha abo bari guhingira rimwe barasaruye

by radiotv10
16/07/2025
0

Abadepite bagize Komisiyo mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y'Imari n'Umutungo bya Leta PAC, babajije Ikigega BDF gishinzwe...

IZIHERUKA

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?
MU RWANDA

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

by radiotv10
16/07/2025
0

Hashyizwe hanze umugambi ukekwa kuri General Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRCongo

Hashyizwe hanze umugambi ukekwa kuri General Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRCongo

16/07/2025
Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

16/07/2025
Igisa n’igitero cyagabwe n’Abajepe mu mutungo w’uwabaye Perezida wa Congo cyazamuye impaka

Igisa n’igitero cyagabwe n’Abajepe mu mutungo w’uwabaye Perezida wa Congo cyazamuye impaka

16/07/2025
Eng.-Authorities intervene in disagreement surrounding Hotel accused of poor service

Eng.-Authorities intervene in disagreement surrounding Hotel accused of poor service

16/07/2025
Umutoza Seninga wikojeje muri Zambia bikanga yasubiye mu ikipe yo mu Rwanda yigeze kumuhagarika

Umutoza Seninga wikojeje muri Zambia bikanga yasubiye mu ikipe yo mu Rwanda yigeze kumuhagarika

16/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Icyo Perezida Trump avuga ku gitero cya Iran cyari kigamije kwihorera kuri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

Hashyizwe hanze umugambi ukekwa kuri General Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRCongo

Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.