Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sri Lanka: Perezida nyuma yo kweguzwa n’abaturage yuriye rutemikirere mu gicuku arahunga

radiotv10by radiotv10
13/07/2022
in MU RWANDA
0
Sri Lanka: Perezida nyuma yo kweguzwa n’abaturage yuriye rutemikirere mu gicuku arahunga
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Sri Lanka, Gotabaya Rajapaksa watangaje ko yeguye nyuma y’imyigaragambyo ikomeye y’abaturage, mu gicuku kiniha cyo kuri uyu wa Gatatu yuriye indege ya gisirikare, ahunga Igihugu.

Gotabaya Rajapaksa yahunze mu gicuku cyo kuri uyu wa Gatatu ubwo yuriraga indege ya gisirikare ikamwerekeza i Maldives.

Iyi ndege yamwerekeje i Maldives ahagana saa munani z’igicuku cyo muri iki Gihugu nkuko byemejwe n’umuvugizi w’Igisirikare cya Sri Lanka, Colonel Nalin Herath.

Byanemwe kandi n’abakozi batatu bakora ku biro bishinzwe abinjira n’abasohoka batifuje ko amazina yabo atangazwa, bavuze ko Perezida wabo yamaze kuva mu Gihugu.

Ahunze Igihugu nyuma yo gutangaza ko yeguye ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, icyemezo yafashe kubera igitutu yocyejwe n’abaturage bari bamaze igihe bigaragambya basaba ko ubutegetsi bwe buvaho.

Imyigaragambyo y’abaturage bo muri iki Gihugu, yafashe intera mu mpera z’icyumweru gishize ubwo bazaga kwigaragambiriza mu rugo rwe, bakarwigabiza bakajya muri za Piscine bakazogeramo, ndetse bakirara mu gikoni bakarya ibiryo byose basanzemo.

Nubwo bivugwa ko Perezida Rajapaksa yeguye, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Mahinda Yapa Abeywardena, we yatangaje ko atarabona ibaruwa y’ubwegure bw’uyu Mukuru w’Igihugu.

Rajapaksa yavuye mu Gihugu nyuma yuko yari ari mu bwihisho kubera abaturage bigaragambya bari bateye urugo rwe ndetse n’ibiro bye.

Abasesenguzi bavuga ko uyu mugabo w’imyaka 73 y’amavuko, wabaye n’umusirikare, ari we wa nyuma mu muryango we ugiye kuva mu buyobozi kuko muri Gicurasi, uwitwa Mahinda Rajapaksa wari Minisitiri w’Intebe akaba na mukuru wa Perezida, na we yegujwe n’imyigaragambyo.

Hari kandi na Minisitiri w’Ubukungu, Basil Rajapaksa na we akaba umuvandimwe wa Perezida ndetse n’abandi bo mu muryango we, na bo muri uku kwezi kwa Gicurasi bakuwe mu myanya bari bafite mu nzego.

Abaturage b’iki Gihugu bashinja ubutegetsi bwabo kubashyira mu kangaratete k’ibibazo uruhuri kuko mu butegetsi bwabo, imiberego yarushije kuba mibi, ubukene bukanuma ndetse no kubona ibyo kurya bikaba ingume.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − one =

Previous Post

Paris: Bucyibaruta yakatiwe gufungwa imyaka 20, Abanyamategeko be bahita bijima mu maso

Next Post

DRC: Fayulu yakamejeje ngo Tshisekedi niyongera kumwiba mu matora bazabyenga iminyagara

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Fayulu yakamejeje ngo Tshisekedi niyongera kumwiba mu matora bazabyenga iminyagara

DRC: Fayulu yakamejeje ngo Tshisekedi niyongera kumwiba mu matora bazabyenga iminyagara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.