Saturday, July 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sunrise yatsinze Police yatunguye Kiyovu, bigoranye Rayon ikura amanota atatu i Rubavu

radiotv10by radiotv10
02/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Sunrise yatsinze Police yatunguye Kiyovu, bigoranye Rayon ikura amanota atatu i Rubavu
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 1 Ukwakira 2022, ni bwo ku bibuga bitandukanye hasubukuwe imikino ya Shampiyona ya 2022-23, nyuma y’uko hari hashize ibyumweru bibiri ibibuga byarahariwe amakipe y’ibihugu, bigatuma Shampiyona zihagarikwa.
Mu Karere ka Rubavu, Marine FC yari yakiriye Rayon Sports ndetse umukino ukomera kubwo guhangana kw’impande zombi, ariko byose birangira Rayon Sports itsindiye amanota 3 y’umunsi, yongeza intsinzi ku zindi.
Marine FC yafunguye amazamu ku munota wa 12′ nyuma y’aho umunyezamu Hakizimana Adolphe wa Rayon Sports yashatse gutanga umupira n’umutwe, awuteye nabi usanga Mugisha Desire wa Marine FC wawuruhukirije mu rushundura.


Ku munota wa 28, Mbirizi Eric wa Rayon Sports yatsinze igitego cyo kwishyura, mbere y’uko Mugisha Desire wa Marine FC yerekwa ikarita y’umutuku ku munota wa 40′ azira gukinira nabi myugariro Ndizeye Samuel wa Rayon Sports.
Mbere gato y’uko igice cya mbere kirangira, rutahizamu Andre Willy Onana yaboneye Rayon Sports igitego cya kabiri, abafana ba ‘Gikundiro’ bari buzuye Stade, bishimira gusoza igice cya mbere bayoboye umukino.
Ku munota wa 60 w’umukino, Andre Onana yatsindiye Rayon Sports igitego cya gatatu, Marine igabanya umurindi gakeya, ariko nyuma abasore ba Rwasamanzi bongera kotsa igitutu ‘Gikundiro’ nubwo bari 10 mu kibuga.
Mu minota 10 ya nyuma, Marine FC yari kuri Stade isanzwe yakiriraho imikino, yashyuhije ubusatirizi bwayo ishaka ibiego byo kwishyura, ndetse irema uburyo burenga bune bw’igitego, ariko ibasha kubona ikindi gitego kimwe gusa cyinjijwe na Gitego Arthur.
Imbere y’imbaga y’abafana bari bitegeye imisozi ya Rubavu, Aba-Rayon babyinnye intsinzi y’ibitego 3-2, basubira mu mujyi wa Kigali bacinya akadiho.Kiyovu Sports yo yakiniraga mu mujyi wa Kigali, aho yatanze andi makipe yose, yagaragaje imbaraga nke iwayo, isitara ku muryango, itsindirwa kuri Stade ya Kigali na Sunrise FC ibitego 2-1.
Gutsindwa k’urucaca byaje nyuma y’aho iyi kipe imaze iminsi ivugwamo amikoro adahagije, yatumye abakinnyi bangs gukora imyitozo yo mu gitondo cyo Kuwa 29 Nzeri, ndetse bigatuma Perezida wayo Mvukiyehe Juvenal asaba kwegura ku mwanya we, ibyo yahakaniwe n’abanyamuryango.
Mu yindi mikino yabaye kuri uyu wa Gatandatu, Bugesera yatsinze Etincelles ibitego 3-1 kuri Stade ya Bugesera naho Mukura VS&L yari iwayo kuri Stade ya Huye ihatsindirwa na Gorilla ibitego 3-2, byatumye abafana bayo bakomeza kugira impungenge.

Imikino iteganyijwe ku Cyumweru tariki 2 Ukwakira 2022 (15:00)

Police Fc vs Gasogi United
Rutsiro FC vs AS Kigali
Rwamagana FC vs APR FC
Musanze FC vs Espoir FC

RADIOTV10RWANDA

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + nine =

Previous Post

Bus yari itwaye caguwa ziturutse Congo yafatiwe i Muhanga ba nyirazo bayirimo nk’abagenzi

Next Post

Perezida wa Santarafurika yakiriye ku meza Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’akazi

Related Posts

The Myth of “Hard work pays”

The Myth of “Hard work pays”

by radiotv10
19/07/2025
0

We’ve all heard it growing up: “Work hard and you’ll succeed.” We always saw it on school posters, graduation speeches,...

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

by radiotv10
18/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30. Ni icyemezo...

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

by radiotv10
18/07/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda BNR yatangaje igiye guhugura urubyiruko ku mikoreshereze y'ikoranabuhanga muri serivisi z'imari hifashishijwe telefoni ngendanwa, kugira ngo...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Amakuru agezweho: Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu NAEB afunzwe ukurikiranyweho kwigwizaho imitungo

by radiotv10
18/07/2025
0

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa (Operations Manager) mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry'ibikomoka ku buhinzi n'ubworozi (NAEB), ari...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

by radiotv10
18/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 74 y’amavuko usanzwe akora akazi ko kunganira abantu mu mategeko, ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga icyaha...

IZIHERUKA

The Myth of “Hard work pays”
IMIBEREHO MYIZA

The Myth of “Hard work pays”

by radiotv10
19/07/2025
0

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

18/07/2025
Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

18/07/2025
Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

18/07/2025
Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

The DRC Government has summoned the Ugandan Ambassador over diplomatic concerns

18/07/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Amakuru agezweho: Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu NAEB afunzwe ukurikiranyweho kwigwizaho imitungo

18/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa Santarafurika yakiriye ku meza Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’akazi

Perezida wa Santarafurika yakiriye ku meza Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw'akazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Myth of “Hard work pays”

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.