• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

radiotv10by radiotv10
12/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ryasabye ko hakorwa iperereza ku mpfu z’abantu amagana bivugwa ko bishwe n’inzego z’umutekano muri Tanzaniya ubwo bari mu myigaragambyo yaturutse ku matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri iki Gihugu mu kwezi gushize.

Umuryango w’Abibumbye usaba ko hakorwa iri perereza, mu gihe ubutegetsi bwa Tanzaniya bumaze kugeza mu nkiko abantu amagana bashinjwa icyaha cyo kugambanira Igihugu kubera imyigaragambyo iheruka kuba.

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burenganzira bwa muntu, Volker Türk, yavuze ko bamaze kumenya ko ubutegetsi buri kugerageza guhisha ibimenyetso by’abigaragambyaga bapfuye, nyuma yuko hasohotse raporo zivuga ko inzego z’umutekano zafashe imirambo y’abishwe mu myigaragambyo zikayikura mu buruhukiro bw’ibitaro, igashyirwa ahantu hatatangajwe.

Bwana Türk yasabye ubutegetsi kugarura iyo mirambo mu buruhukiro bw’ibitaro kugira ngo imiryango ibashe gushyingura abayo mu cyubahiro.

Yagize ati “Raporo zivuga ko imiryango ikomeje gushakisha abantu bayo ahantu hose, igasura sitasiyo za polisi zitandukanye n’ibitaro byose ngo barebe ko bababona, birababaje cyane.”

Ishyaka rikomeye ritavuga rumwe na Leta muri Tanzania, Chadema, rivuga ko abantu bagera ku 2 000 bishwe mu gihe cy’iminsi itatu y’imyigaragambyo yakurikiye amatora ya Perezida muri Tanzaniya.

Leta yo ntiratangaza umubare nyawo w’abapfuye. Umuryango w’Abibumbye wavuze ko abantu amagana bikekwa ko bishwe, ariko ntiwashoboye kugenzura ayo makuru neza kubera umutekano muke ukomeje muri Tanzaniya, ndetse no kuba interineti yarahagaritswe mu gihugu mu gihe cy’iminsi itandatu nyuma y’amatora.

Kiliziya Gatolika muri Tanzaniya yamaganye iyicwa ry’abigaragambya riherutse kuba, ndetse inaburira ko amahoro nyayo atagerwaho hatabayeho ubutabera.

Kugeza ubu, Leta ya Tanzaniya imaze kugeza mu nkiko abantu amagana ibarega icyaha cyo kugambanira igihugu bijyanye n’imyigaragambyo yavutse nyuma y’amatora yabaye ku wa 29 Ukwakira 2025 ataravuzweho rumwe.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Next Post

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.