Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tchad: Minisitiri w’Intebe yeguye nyuma yo gutsindwa mu matora ya Perezida

radiotv10by radiotv10
22/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tchad: Minisitiri w’Intebe yeguye nyuma yo gutsindwa mu matora ya Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Succes Masra wari Minisitiri w’Intebe wa Tchad akaba n’Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, yatangaje ko yeguye nyuma y’uko hemejwe ko Mahamat Idriss Deby ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu bari banahanganyemo.

Ubwegure bwa Succes Masra, yabutangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Gicurasi, mu gihe Amatora y’Umukuru w’Igihugu yatsinzwemo, yabaye ku ya 06 Gicurasi.

Ibi bije nyuma yuko yari aherutse kujuririra mu kanama gashinzwe kurinda Itegeko Nshinga asaba ko amatora yarangiye yegukanywe na Mahamat Idriss Deby yasubirwamo, kuko ngo yaranzwe n’uburiganya, icyakora birangira Komisiyo y’Amatora ya Tchad yanzuye ko Idris Deby ari we watsinze amatora mu buryo budasubirwaho, ku majwi 61% ndetse byemezwa n’akanama gashinzwe Itegeko Nshinga.

Masra yemeye icyo icyemezo, icyakora ahita atangaza ko yeguye ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe, kuko ngo amatora atagenze neza.

Abinyujije ku rubuga rwa X, Succes Masra Yagize ati “Ngendeye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga, uyu munsi ntanze ubwegure bwanjye.”

Masra utavuga rumwe n’ubutegetsi, yinjiye muri Guverinoma ya Tchad muri Mata 2021. Yagizwe Minisitiri w’Intebe muri Mutarama uyu mwaka, akaba yari amaze amazi ane gusa kuri uyu mwanya.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Hatangajwe ikigiye gukorwa mu kuvugutira umuti ikibazo cy’abibagirwa gusuzumisha ibinyabiziga

Next Post

Umufaransa bitagendekeye neza akigera i Burundi yavuze ibyo iki Gihugu cyagereranywaho n’u Rwanda n’ibitagereranywa

Related Posts

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu banyuranye barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, bamaganye imvugo yuzuye ingengabitekerezo mbi y’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Sylvain Ekenge...

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

by radiotv10
29/12/2025
0

Reports from the Democratic Republic of Congo indicate that Major General Sylvain Ekenge, the Spokesperson of the Armed Forces of...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umufaransa bitagendekeye neza akigera i Burundi yavuze ibyo iki Gihugu cyagereranywaho n’u Rwanda n’ibitagereranywa

Umufaransa bitagendekeye neza akigera i Burundi yavuze ibyo iki Gihugu cyagereranywaho n’u Rwanda n’ibitagereranywa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.