Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tchad: Minisitiri w’Intebe yeguye nyuma yo gutsindwa mu matora ya Perezida

radiotv10by radiotv10
22/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tchad: Minisitiri w’Intebe yeguye nyuma yo gutsindwa mu matora ya Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Succes Masra wari Minisitiri w’Intebe wa Tchad akaba n’Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, yatangaje ko yeguye nyuma y’uko hemejwe ko Mahamat Idriss Deby ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu bari banahanganyemo.

Ubwegure bwa Succes Masra, yabutangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Gicurasi, mu gihe Amatora y’Umukuru w’Igihugu yatsinzwemo, yabaye ku ya 06 Gicurasi.

Ibi bije nyuma yuko yari aherutse kujuririra mu kanama gashinzwe kurinda Itegeko Nshinga asaba ko amatora yarangiye yegukanywe na Mahamat Idriss Deby yasubirwamo, kuko ngo yaranzwe n’uburiganya, icyakora birangira Komisiyo y’Amatora ya Tchad yanzuye ko Idris Deby ari we watsinze amatora mu buryo budasubirwaho, ku majwi 61% ndetse byemezwa n’akanama gashinzwe Itegeko Nshinga.

Masra yemeye icyo icyemezo, icyakora ahita atangaza ko yeguye ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe, kuko ngo amatora atagenze neza.

Abinyujije ku rubuga rwa X, Succes Masra Yagize ati “Ngendeye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga, uyu munsi ntanze ubwegure bwanjye.”

Masra utavuga rumwe n’ubutegetsi, yinjiye muri Guverinoma ya Tchad muri Mata 2021. Yagizwe Minisitiri w’Intebe muri Mutarama uyu mwaka, akaba yari amaze amazi ane gusa kuri uyu mwanya.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + twenty =

Previous Post

Hatangajwe ikigiye gukorwa mu kuvugutira umuti ikibazo cy’abibagirwa gusuzumisha ibinyabiziga

Next Post

Umufaransa bitagendekeye neza akigera i Burundi yavuze ibyo iki Gihugu cyagereranywaho n’u Rwanda n’ibitagereranywa

Related Posts

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

by radiotv10
24/11/2025
0

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwemeje ifungwa ry’abasirikare bo ku rwego rwo hejuru barimo abo mu...

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

by radiotv10
22/11/2025
0

Igihugu cya Ukraine cyavuze ko kidashobora kubahiriza amasezerano yateywe na Leta Zunze Ubumwe za America agamije kurangiza intambara kiriya Gihugu...

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

by radiotv10
22/11/2025
0

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America zitangaje ko zitazitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize G20 bikize kurusha ibindi ku Isi,...

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa
AMAHANGA

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

24/11/2025
10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

24/11/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umufaransa bitagendekeye neza akigera i Burundi yavuze ibyo iki Gihugu cyagereranywaho n’u Rwanda n’ibitagereranywa

Umufaransa bitagendekeye neza akigera i Burundi yavuze ibyo iki Gihugu cyagereranywaho n’u Rwanda n’ibitagereranywa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.