• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe ikigiye gukorwa mu kuvugutira umuti ikibazo cy’abibagirwa gusuzumisha ibinyabiziga

radiotv10by radiotv10
22/05/2024
in MU RWANDA
0
Hatangajwe ikigiye gukorwa mu kuvugutira umuti ikibazo cy’abibagirwa gusuzumisha ibinyabiziga
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko igiye kujya yibutsa abatunze ibinyabiziga igihe ibyangombwa by’isuzuma byabyo bizarangirira, kugira ngo hatagira abakomeza gufatwa bafite ibyarangije igihe.

Byatangajwe na Polisi y’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Gicurasi 2024, mu butumwa ubuyobozi bw’uru rwego rwanyujije ku mbuga nkoranyambaga.

Ubusanzwe icyangombwa cy’isuzuma ryakorewe ikinyabiziga, kimara umwaka umwe, mu gihe hakunze kumvikana abafatwa bafite ibyarangije igihe, bakavuga ko bibagiwe igihe byarangiriye, bigatuma bacibwa amande.

Mu rwego rwo gushakira umuti iki kibazo, Polisi y’u Rwanda ivuga ko igiye kujya yibutsa abafite ibinyabiziga igihe ibyangombwa by’isuzuma byabyo bigiye kurangira.

Muri ubu butumwa bwa Polisi y’u Rwanda, yagize iti “Guhera ubu Polisi y’u Rwanda izajya yibutsa ku gihe abatunze ibinyabiziga kugira ngo ibyangombwa by’isuzumwa ry’ibinyabiziga byabo bye guta agaciro.”

Polisi y’u Rwanda ikomeza igira iti “Ba nyiri ibinyabiziga bazajya bakira ubutumwa bubibutsa ko ibyangombwa byabo bigiye kurangira, iminsi itanu mbere y’uko birangira.”

Uru rwego rushinzwe umutekano w’abantu n’ibyabo, runafite mu nshingano umutekano wo mu muhanda, ruvuga ko iyi gahunda ije kunganira ibindi bikorwa byarwo byo kunoza serivisi no korohereza abatwara ibinyabiziga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 6 =

Previous Post

Abasirikare bakuru n’inzobere mu by’umutekano muri Afurika bateraniye i Kigali mu nama yateguwe na RDF

Next Post

Tchad: Minisitiri w’Intebe yeguye nyuma yo gutsindwa mu matora ya Perezida

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Tchad: Minisitiri w’Intebe yeguye nyuma yo gutsindwa mu matora ya Perezida

Tchad: Minisitiri w’Intebe yeguye nyuma yo gutsindwa mu matora ya Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.