Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

TdRda2022: Umunya-Afrurika y’Epfo wo mu ikipe ya ba Mugisha yegukanye Etape IV

radiotv10by radiotv10
23/02/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
TdRda2022: Umunya-Afrurika y’Epfo wo mu ikipe ya ba Mugisha yegukanye Etape IV
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Afurika y’Epfo, Kent Main ukina mu ikipe ya PROTOUCH ikinamo Abanyarwanda Mugisha Moise na Mugisha Samuel, yegukanye agace ka kane ka Kigali-Gicumbi mu irushanwa rya Tour du Rwanda 2022.

Aka gace katangiriye Kimironko mu Mujyi wa Kigali kerecyeza mu Karere ka Gicumbi, kari gafite ibilometero 124,3.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 uri muri iri rushanwa, avuga ko uyu munsi wa kane w’iri rushanwa, ari bwo Abakinnyi b’Abanyarwanda bakoresheje ingufu nyinshi ku buryo bifuzaga kwegukana iyi etape.

Avuga ko by’umwihariko abanyarwanda nka Mugisha Samuel na Mugisha Moise bari gukinira ikipe ya PROTOUCH yo muri Afurika y’Epfo, bakoze iyo bwabaga ku buryo kuba aka gace kegukanywe n’umukinnyi wo mu ikipe ye, abikesha aba Banyarwanda basanzwe bazi imisori batereye uyu munsi ya Gicumbi.

Kent Main yegukanye aka gace ka kane akoresheje amasaha 03:17′:40” mu gihe Umunyarwanda waje hafi ari Muhoza Eric wakoresheje amasaha 03:17’43” akaba arushwa amasegonda 3 n’uwa mbere naho Manizabayo Eric aza ku mwanya wa 18 akoresheje amasaha 03:17’50”.

Kent Main wegukanye aka gace ka kane, yahise aza ku mwanya wa 10 ku rutonde rusange ruyobowe n’Umufaransa, Laurance Axel umaze gukoresha amasaha 10:45′:07” mu gihe Umunyarwanda uri hafi ku rutonde rusange ari Muhoza Eric aho arushwa n’uwa mbere umunota 1’46”.

Muhoza Eric, Umunyarwanda uza ku mwanya wa hafi ku rutonde rusange, akurikiwe na Manizabayo Eric uri ku mwanya wa 22 akaba arushwa iminota 2’22” mu gihe Nsengimana Jean Bosco ari ku mwanya wa 27.

Abakinnyi b’ibirangirire bamaze kwigaragaraza muri iri rushanwa, nka Dujardin Sandy wegukanye agace ka kabiri, ari ku mwanya wa 7 ku rutonde rusange.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − seventeen =

Previous Post

Perezida Kagame uretse kuba ari intangarugero anakomoka mu muryango w’Ubwami- Muhoozi

Next Post

Musanze: Babiri barohamye bakaburirwa irengero babonetse nyuma y’iminsi 4 barapfuye

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America
AMAHANGA

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

by radiotv10
02/12/2025
0

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

01/12/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Babiri barohamye bakaburirwa irengero babonetse nyuma y’iminsi 4 barapfuye

Musanze: Babiri barohamye bakaburirwa irengero babonetse nyuma y’iminsi 4 barapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.