Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TdRwanda: Abanyarwanda bashobora guhindura ibintu…Bahawe amagare agezweho basabwa kwegukana irushanwa

radiotv10by radiotv10
18/02/2022
in SIPORO
0
TdRwanda: Abanyarwanda bashobora guhindura ibintu…Bahawe amagare agezweho basabwa kwegukana irushanwa
Share on FacebookShare on Twitter

Mbere y’iminsi ibarirwa ku ntoki ngo irushanwa ryigaruriye imitima y’abatari bacye rya Tour du Rwanda, ritangire, abakinnyi bazahagararira u Rwanda bashyikirijwe amagare agezweho bari bamaze igihe basaba, na bo basabwa kuzegukana irushanwa ry’uyu mwaka.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Gashyantare 2022 ubwo Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju yasuraga abakinnyi bazahagararira u Rwanda bo muri Team Rwanda na Benediction Ignite.

Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju yashyikirije aba bakinnyi ibendera ry’u Rwanda n’amagare mashya bazakoresha muri iri rushanwa, abasaba kuzayakoresha neza, bakazegukana iri rushanwa ritaratwarwa n’Umunyarwanda n’umwe kuva ryazamurwa ku gipimo cya 2,1.

Kuva Tour du Rwanda yazamurwa ku gipimo cya 2.1 muri 2019, nta Munyarwanda urayegukana mu gihe uwaje hafi, ari Mugisha Moise wabaye uwa kabiri muri Tour du Rwanda ya 2020.

Abakinnyi b’Abanyarwanda bagiye bakina iri rushanwa kuva ryazamurwa, ntibakunze kuza mu myanya myiza mu gihe mbere y’uko rizamurwa, ari bo baryegukanaga inshuro nyinshi.

Mu mpamvu batangaga, harimo kuba bakinisha amagare atajyanye n’igihe kuko ayo bakoreshaga ari ayo bahawe n’Umukuru w’Igihugu muri 2015.

Muri iri rushanwa kandi hagiye humvikana Abanyarwanda bagiye barivamo ritararangira barimo abavagamo bakoze impanuka, gusa bamwe mu bakurikiranira hafi iby’uyu mukino w’amagare, bavugaga ko babiterwaga no kwivumbura kubera aya magare bakoreshaga atari ajyanye n’igihe.

Minisitiri Aurore Mimosa Munyangaju yabashyikirije ibendera ry’Igihugu

 

Kwegukana Tour du Rwanda birashoboka?

Umunyamakuru wa RADIOTV10 ukurikiranira hafi umukino w’amagare, avuga ko nubwo Abakinnyi b’u Rwanda bahawe amagare mashya anagezweho ariko hakiri imbogamizi zishobora kubazitira ku kuba bakwegukana iri rushanwa.

Avuga ko Abanyarwanda bagiye guhangana n’abakinnyi bakomeye banitabiriye amarushanwa akomeye mu gihe abo mu Rwanda batagize amahirwe menshi yo kujya mu marushanwa akomeye.

Avuga kandi ko n’imbaraga z’abanyarwanda zatatanye kuko nk’Umukinnyi Mugisha Samuel usanzwe ari na Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ndetse na Mugisha Moise, bombi bazitabira irushanwa ry’uyu mwaka bahagarariye ikipe ya Protouch yo muri Afurika y’Epfo ku buryo bazaba ahanganye n’abavandimwe babo b’Abanyarwanda.

Gusa uyu Munyamakuru avuga ko Abanyarwanda bashobora kuzitwara neza ugereranyije no mu marushanwa yatambutse, ku buryo bashobora kuzagaragara mu myanya myiza ndetse ko bashobora no kuzegukana nk’agace [Etape] muri iri rushanwa rizamara icyumweru.

Minisitiri yabasabye kuzegukana iri rushanwa
Biteguye kongera gushimisha Abanyarwanda
Ba Mugisha bazakinira ProTouch

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + eight =

Previous Post

Rubavu: Yiyahuye yimanitse mu mugozi asiga urwandiko avugamo icyabimuteye

Next Post

Nyagatare: Babiri barimo umukecuru w’imyaka 79 bafatanywe urumogi barutwaye kuri moto

Related Posts

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye yakiriye ikipe y’iki Gihugu nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika, ayigenera ibihembo binyuranye, birimo agashimwe...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Babiri barimo umukecuru w’imyaka 79 bafatanywe urumogi barutwaye kuri moto

Nyagatare: Babiri barimo umukecuru w’imyaka 79 bafatanywe urumogi barutwaye kuri moto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.