Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TdRwanda: Abanyarwanda bashobora guhindura ibintu…Bahawe amagare agezweho basabwa kwegukana irushanwa

radiotv10by radiotv10
18/02/2022
in SIPORO
0
TdRwanda: Abanyarwanda bashobora guhindura ibintu…Bahawe amagare agezweho basabwa kwegukana irushanwa
Share on FacebookShare on Twitter

Mbere y’iminsi ibarirwa ku ntoki ngo irushanwa ryigaruriye imitima y’abatari bacye rya Tour du Rwanda, ritangire, abakinnyi bazahagararira u Rwanda bashyikirijwe amagare agezweho bari bamaze igihe basaba, na bo basabwa kuzegukana irushanwa ry’uyu mwaka.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Gashyantare 2022 ubwo Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju yasuraga abakinnyi bazahagararira u Rwanda bo muri Team Rwanda na Benediction Ignite.

Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju yashyikirije aba bakinnyi ibendera ry’u Rwanda n’amagare mashya bazakoresha muri iri rushanwa, abasaba kuzayakoresha neza, bakazegukana iri rushanwa ritaratwarwa n’Umunyarwanda n’umwe kuva ryazamurwa ku gipimo cya 2,1.

Kuva Tour du Rwanda yazamurwa ku gipimo cya 2.1 muri 2019, nta Munyarwanda urayegukana mu gihe uwaje hafi, ari Mugisha Moise wabaye uwa kabiri muri Tour du Rwanda ya 2020.

Abakinnyi b’Abanyarwanda bagiye bakina iri rushanwa kuva ryazamurwa, ntibakunze kuza mu myanya myiza mu gihe mbere y’uko rizamurwa, ari bo baryegukanaga inshuro nyinshi.

Mu mpamvu batangaga, harimo kuba bakinisha amagare atajyanye n’igihe kuko ayo bakoreshaga ari ayo bahawe n’Umukuru w’Igihugu muri 2015.

Muri iri rushanwa kandi hagiye humvikana Abanyarwanda bagiye barivamo ritararangira barimo abavagamo bakoze impanuka, gusa bamwe mu bakurikiranira hafi iby’uyu mukino w’amagare, bavugaga ko babiterwaga no kwivumbura kubera aya magare bakoreshaga atari ajyanye n’igihe.

Minisitiri Aurore Mimosa Munyangaju yabashyikirije ibendera ry’Igihugu

 

Kwegukana Tour du Rwanda birashoboka?

Umunyamakuru wa RADIOTV10 ukurikiranira hafi umukino w’amagare, avuga ko nubwo Abakinnyi b’u Rwanda bahawe amagare mashya anagezweho ariko hakiri imbogamizi zishobora kubazitira ku kuba bakwegukana iri rushanwa.

Avuga ko Abanyarwanda bagiye guhangana n’abakinnyi bakomeye banitabiriye amarushanwa akomeye mu gihe abo mu Rwanda batagize amahirwe menshi yo kujya mu marushanwa akomeye.

Avuga kandi ko n’imbaraga z’abanyarwanda zatatanye kuko nk’Umukinnyi Mugisha Samuel usanzwe ari na Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ndetse na Mugisha Moise, bombi bazitabira irushanwa ry’uyu mwaka bahagarariye ikipe ya Protouch yo muri Afurika y’Epfo ku buryo bazaba ahanganye n’abavandimwe babo b’Abanyarwanda.

Gusa uyu Munyamakuru avuga ko Abanyarwanda bashobora kuzitwara neza ugereranyije no mu marushanwa yatambutse, ku buryo bashobora kuzagaragara mu myanya myiza ndetse ko bashobora no kuzegukana nk’agace [Etape] muri iri rushanwa rizamara icyumweru.

Minisitiri yabasabye kuzegukana iri rushanwa
Biteguye kongera gushimisha Abanyarwanda
Ba Mugisha bazakinira ProTouch

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Rubavu: Yiyahuye yimanitse mu mugozi asiga urwandiko avugamo icyabimuteye

Next Post

Nyagatare: Babiri barimo umukecuru w’imyaka 79 bafatanywe urumogi barutwaye kuri moto

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

by radiotv10
07/01/2026
0

Umukinnyi wo mu kibuga hagati Muhadjiri Hakizimana wari umaze igihe adafite ikipe, yamaze gusinyira Nairobi United FC yo muri Kenya,...

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Babiri barimo umukecuru w’imyaka 79 bafatanywe urumogi barutwaye kuri moto

Nyagatare: Babiri barimo umukecuru w’imyaka 79 bafatanywe urumogi barutwaye kuri moto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.