Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TdRwanda: Abanyarwanda bashobora guhindura ibintu…Bahawe amagare agezweho basabwa kwegukana irushanwa

radiotv10by radiotv10
18/02/2022
in SIPORO
0
TdRwanda: Abanyarwanda bashobora guhindura ibintu…Bahawe amagare agezweho basabwa kwegukana irushanwa
Share on FacebookShare on Twitter

Mbere y’iminsi ibarirwa ku ntoki ngo irushanwa ryigaruriye imitima y’abatari bacye rya Tour du Rwanda, ritangire, abakinnyi bazahagararira u Rwanda bashyikirijwe amagare agezweho bari bamaze igihe basaba, na bo basabwa kuzegukana irushanwa ry’uyu mwaka.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Gashyantare 2022 ubwo Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju yasuraga abakinnyi bazahagararira u Rwanda bo muri Team Rwanda na Benediction Ignite.

Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju yashyikirije aba bakinnyi ibendera ry’u Rwanda n’amagare mashya bazakoresha muri iri rushanwa, abasaba kuzayakoresha neza, bakazegukana iri rushanwa ritaratwarwa n’Umunyarwanda n’umwe kuva ryazamurwa ku gipimo cya 2,1.

Kuva Tour du Rwanda yazamurwa ku gipimo cya 2.1 muri 2019, nta Munyarwanda urayegukana mu gihe uwaje hafi, ari Mugisha Moise wabaye uwa kabiri muri Tour du Rwanda ya 2020.

Abakinnyi b’Abanyarwanda bagiye bakina iri rushanwa kuva ryazamurwa, ntibakunze kuza mu myanya myiza mu gihe mbere y’uko rizamurwa, ari bo baryegukanaga inshuro nyinshi.

Mu mpamvu batangaga, harimo kuba bakinisha amagare atajyanye n’igihe kuko ayo bakoreshaga ari ayo bahawe n’Umukuru w’Igihugu muri 2015.

Muri iri rushanwa kandi hagiye humvikana Abanyarwanda bagiye barivamo ritararangira barimo abavagamo bakoze impanuka, gusa bamwe mu bakurikiranira hafi iby’uyu mukino w’amagare, bavugaga ko babiterwaga no kwivumbura kubera aya magare bakoreshaga atari ajyanye n’igihe.

Minisitiri Aurore Mimosa Munyangaju yabashyikirije ibendera ry’Igihugu

 

Kwegukana Tour du Rwanda birashoboka?

Umunyamakuru wa RADIOTV10 ukurikiranira hafi umukino w’amagare, avuga ko nubwo Abakinnyi b’u Rwanda bahawe amagare mashya anagezweho ariko hakiri imbogamizi zishobora kubazitira ku kuba bakwegukana iri rushanwa.

Avuga ko Abanyarwanda bagiye guhangana n’abakinnyi bakomeye banitabiriye amarushanwa akomeye mu gihe abo mu Rwanda batagize amahirwe menshi yo kujya mu marushanwa akomeye.

Avuga kandi ko n’imbaraga z’abanyarwanda zatatanye kuko nk’Umukinnyi Mugisha Samuel usanzwe ari na Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ndetse na Mugisha Moise, bombi bazitabira irushanwa ry’uyu mwaka bahagarariye ikipe ya Protouch yo muri Afurika y’Epfo ku buryo bazaba ahanganye n’abavandimwe babo b’Abanyarwanda.

Gusa uyu Munyamakuru avuga ko Abanyarwanda bashobora kuzitwara neza ugereranyije no mu marushanwa yatambutse, ku buryo bashobora kuzagaragara mu myanya myiza ndetse ko bashobora no kuzegukana nk’agace [Etape] muri iri rushanwa rizamara icyumweru.

Minisitiri yabasabye kuzegukana iri rushanwa
Biteguye kongera gushimisha Abanyarwanda
Ba Mugisha bazakinira ProTouch

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − eleven =

Previous Post

Rubavu: Yiyahuye yimanitse mu mugozi asiga urwandiko avugamo icyabimuteye

Next Post

Nyagatare: Babiri barimo umukecuru w’imyaka 79 bafatanywe urumogi barutwaye kuri moto

Related Posts

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Babiri barimo umukecuru w’imyaka 79 bafatanywe urumogi barutwaye kuri moto

Nyagatare: Babiri barimo umukecuru w’imyaka 79 bafatanywe urumogi barutwaye kuri moto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.