Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TENNIS: Abari guhatana muri WIMBLEDON 2021 bagaragaje ububi bw’ikibuga kiri kuvuna abakinnyi umusubirizo

radiotv10by radiotv10
01/07/2021
in SIPORO
0
TENNIS: Abari guhatana muri WIMBLEDON 2021 bagaragaje ububi bw’ikibuga kiri kuvuna abakinnyi umusubirizo
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva tariki 28 Kamena kuzageza kuwa 11 Nyakanga 2021 i Londre mu Bwongereza hari kubera irushanwa mpuzamahanga rya Tennis, Wimbledon 2021 irushanwa riri gukinwa ku nshuro ya 134. Gusa abakinnyi bakomeye ku isi barimo Umunya-Amerikakazi Serena Williams bamaze kuva mu irushanwa kubera imvune yagize tariki 29 Kamena 2021.

Kuwa Kabiri tariki 29 Kamena 2021 nibwo Serena Williams atasoje umukino wamuhuzaga n’umunyabelarusikazi,  Aliaksandra Sasnovich. Serena yagize ikibazo cy’imvune mu kabombambari ubwo yatsikiraga agahita asohoka mu kibuga mu marira menshi.

Uyu mugore w’imyaka 39 wari uyoboye umukino anafite amahirwe yo kuwutsinda kuko yari afite amaseti 3-1, yaratsikiye arakomeza arakina ariko yongera kuryama ku nshuro ya kabiri biboneka ko yari yababaye cyane.

Serena Williams yari yaje muri iyi Wimbledon 2021 ashaka gutwara Grand Slam ya 24 kuko kugeza ubu afite 23.

Serena Williams was forced to retire in her first-round match against Aliaksandra Sasnovich after appearing to twist her ankle.

Serena Williams ubwo yari agize ikibazo cy’imvune agahita asohoka mu kibuga n’irushanwa

Mbere y’uko Serena Williams avunika akanava mu irushanwa ry’uyu mwaka, Umufaransa Adrian Mannarino nawe yari yagize ikibazo cy’imvune mu ivi ubwo yakinaga na Roger Federer.

Nyuma y’uko aba bakinnyi bahuye n’insanganya muri Wimbledon 2021, abahanga n’abasesenguzi ba Tennis barimo abakinnye n’abagikina uyu mukino, bahurije ku ngingo ivuga ko aba bose bavunwe n’ikibuga bari gukiniraho uyu mwaka.

Sir Andrew Barron Murray uzwi nka Andy Murray, umunya-Ecosse wabayeho nimero ya mbere ku isi ibyumweru 41 kugeza mu 2016 akaba yaranatwaye Wimbledon ebyiri (2013 &2016), yavuze ko uko yabonye Serena Williams yaguye byatewe n’ikibuga cy’ubwatsi bari gukiniraho bigaragara ko gitsimata cyane bigatuma gutambuka kw’abakinnyi bitoroha.

“Birababaje kuri Serena Williams gusa ikibuga bari gukiniraho kiratsimata cyane ntabwo gituma umuntu atambuka uko ashaka igihe abishakiye” Andy Murray

See the source image

Andy Murray w’imyaka 34 nawe yanenze ubuziranenge bw’ikibuga bakiniraho uyu mwaka

Kuri Roger Federer ukiri mu irushanwa mu cyiciro cy’abagabo bakina umwe kuri umwe, avuga ko atumva ukuntu Serena Williams ahombye Wimbledon 2021.

“Mana yanjye ntabwo ndabasha kubyumva. Byari biteye ubwoba kubona Serena asohoka mu kibuga mu gahinda kandi byarabonekaga ko ameze neza mu mukino. Kiriya kibuga biboneka ko dusabwa kukitondera, umuntu akajya atambuka yitonze kuko iyo ushatse kwihuta kigushyira mu kaga. Kiratsimata cyane.” Federer

See the source image

Roger Federer uri muri Wimbledon 2021 nawe ahamya ko ikibuga bakiniraho gifite ibibazo

Agaruka kuri Mannarino bakinaga akavunika mu ivi. Roger Federer yavuze ko kubera ko ikibuga bakiniraho nta gisenge gihari ngo habe hatagera izuba, ngo bituma amazi baba bakoresheje bagisukura akamukamo bityo ubwatsi bugakomera kuko haba hari n’umuyaga utuma cyumanagana bityo ugasanga ntabwo byoroshye kuba wanyereza inkweto mu gihe ushaka gutambuka byihuse.

“Nabonye kiriya kibuga ku manywa cyumanagana cyane kuko izuba riba ricanyemo, umuyaga nawo utuma cyuma kurushaho.

Serena Williams nyuma yo kuva mu kibuga yavuze ko byamubabaje cyane akagira agahinda ko kuba yari asize abafana be ataberetse uko ahagaze.

“Narababaye cyane kubona mva mu irushanwa hakiri kare gutya. Urukundo rwanjye ruri ku bafana n’ikipe ngari ituma ngera mu kibuga. Nagize ugukomera kuko abafana baramperekeje kugeza ngeze mu rwambariro, twari kumwe ku mutima, ibyo abafana banyeretse bisobanuye isi kuri njye”

See the source image

Serena Williams yavuye muri Wimbledon 2021 kubera imvune yatewe n’ububi bw’ikibuga

Ububi bw’ibibuga biri kuberaho Wimbledon 2021 byananenzwe na Novak Djokovic wavuze ko ibi bibuga bitsimata cyane.

Agaruka ku cyatumye ava mu kibuga yihuta kubera ikibazo yagize mu ivi ahura na Roger Federer, Mannarino yavuze ko ikibuga cyamubereye kibi kuko ngo kiratsimata.

“Naranyereye ndagwa kuko ikibuga kiratsimata cyane. Namvise mu ivi hakatse mpita numva ntari bubashe kugaruka.”

Adrian Mannarino writhes in pain after slipping on Centre Court during his match against Roger Federer.

Adrian Mannarino ubwo yavunikaga mu ivi ahanganye na Roger Federer

Wimbledon 2021 iri gukinwa ku nshur ya 134 ikaba iri gukinwa nyuma yo kuba mu 2020 itarabaye kubera COVID-19. Mu 2019 nibwo Novak Djokovic yayitwaye mu cyiciro cy’abagabo bakina umwe kuri umwe.

Ibihembo byose bizatangwa muri Wimbledon 2021 birangana na miliyoni zirenga 35 z’amayero (€35,016,000).

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + fourteen =

Previous Post

Salwa Eid Naser watwaye shampiyona y’isi ya 2019 ntazakina imikino Olempike bitewe n’ibihano yahawe na IAAF

Next Post

10 Sports: Twibukiranye ibyaranze uyu munsi mu mateka ya siporo ku isi

Related Posts

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Mavubi, Nshuti Innocent, yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa ES Zarzis yo mu Cyiciro cya Mbere muri Tunisia. Nshuti...

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Claude Niyomugabo, myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na APR FC anabereye kapiteni, ari mu biganiro na Simba Sports Club yo muri...

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

by radiotv10
24/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiyubaka yitegura igaruka rya Shampiyona ndetse no kuzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup, irerekana...

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

by radiotv10
23/07/2025
0

Umutoza mushya wa SC Kiyovu, Haringingo Francis Christian aratangiza imyitozo itegura umwaka w'imikino 2025-2026 kuri iyi kipe yahise ininjiza Amiss...

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

by radiotv10
23/07/2025
0

Ikipe ya APR FC ikomeje imyiteguro y'umwaka utaha w'imikino, aho mu makipe yifuza gukina na yo imikino ya gicuti harimo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
10 Sports: Twibukiranye ibyaranze uyu munsi mu mateka ya siporo ku isi

10 Sports: Twibukiranye ibyaranze uyu munsi mu mateka ya siporo ku isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.