Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kuraswaho akarusimbuka

radiotv10by radiotv10
16/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kuraswaho akarusimbuka
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, uri guhatanira kongera kuyobora iki Gihugu, yagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kuraswaho, Imana igakinga akaboko, aho yagaragaye afite igipfuko kinini ku gutwi yarashweho.

Donald Trump yagaragaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere ku Ngoro y’Ishyaka rye ry’Aba- Republican (Republican National Convention) nyuma y’iminsi ibiri asimbutse urupfu rw’umusore wamurasheho akamukomeretsa ku gutwi.

Trump yarashweho ku wa Gatandatu w’icyumeru gishize ubwo yari ari mu bikorwa byo kwiyamamaza muri Pennsylvania aho yarashweho n’umusore w’imyaka 20 wari uri ku gisenge cy’inyubako iteganye n’aho Trump yavugiraga imbwirwaruhame ye.

Uyu musore warashe Trump, akamukomeretsa ku gutwi kw’iburyo, yanivuganye umuturage wari uri muri ibi bikorwa, mu gihe abandi babiri bakomeretse bikomeye.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, Trump yari yabwiye ABC News ko ugutwi yarashweho kuri gukira, ndetse ko yizeye ko igipfuko bamushyizeho kizavaho mu gihe cya vuba.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, ubwo Trump yagaragaraga bwa mbere nyuma yo kuraswaho afite igipfuko, yagaragarijwe ibyishimo n’abo mu muryango we, ndetse n’abarwanashyaka b’ishyaka rye, bamwakiranye ubwuzu baririmba bati “Turagukunda Trump, turagukunda Trump.”

Abakozi ba Trump bangiye abanyamakuru gufata ifoto yihariye y’igipfuko kinini kiri ku gutwi kwa Trump ubwo banamubazaga ibibazo ubwo yatambukaga.

Ubwo umunyamakuru yamubazaga, Trump yagize ati “Nakagombye kuba narapfuye. Umuganga wo ku Bitaro yavuze ko atigeze abona ibintu nk’ibi mbere, yavuze ko ari igitangaza.”

Donald Trump kandi yamaze kwemezwa bidasubirwaho n’ishyaka rye nk’uzarihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu mpera z’umwaka, ndetse akaba yatangaje ko azafatanya na James David Vance nk’uzamubera Visi Perezida igiha azaba atowe.

Trump ubu afite igipfuko nyuma yo kuraswa ku gutwi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 19 =

Previous Post

Rayon nyuma yo kugura abakinnyi barimo ab’amazina aremereye yatangaje icyo ihishiye abakunzi

Next Post

Menya amajwi Imitwe ya Politiki yagize mu Matora y’Abadepite n’imibare y’Abanyarwanda bayitoye

Related Posts

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
22/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rikomeje kwakira ubuhamya bw’Abanyekongo benshi bari mu nkambi y’impunzi ya Gatumba mu Burundi, bavuga ko bakomeje...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nzi ko dukundana- Perezida Kagame yabwiye abaturage ko icyizere bafitanye kigaragaza ko guhitamo bitazabagora

Menya amajwi Imitwe ya Politiki yagize mu Matora y’Abadepite n'imibare y'Abanyarwanda bayitoye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.