Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kuraswaho akarusimbuka

radiotv10by radiotv10
16/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kuraswaho akarusimbuka
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, uri guhatanira kongera kuyobora iki Gihugu, yagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kuraswaho, Imana igakinga akaboko, aho yagaragaye afite igipfuko kinini ku gutwi yarashweho.

Donald Trump yagaragaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere ku Ngoro y’Ishyaka rye ry’Aba- Republican (Republican National Convention) nyuma y’iminsi ibiri asimbutse urupfu rw’umusore wamurasheho akamukomeretsa ku gutwi.

Trump yarashweho ku wa Gatandatu w’icyumeru gishize ubwo yari ari mu bikorwa byo kwiyamamaza muri Pennsylvania aho yarashweho n’umusore w’imyaka 20 wari uri ku gisenge cy’inyubako iteganye n’aho Trump yavugiraga imbwirwaruhame ye.

Uyu musore warashe Trump, akamukomeretsa ku gutwi kw’iburyo, yanivuganye umuturage wari uri muri ibi bikorwa, mu gihe abandi babiri bakomeretse bikomeye.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, Trump yari yabwiye ABC News ko ugutwi yarashweho kuri gukira, ndetse ko yizeye ko igipfuko bamushyizeho kizavaho mu gihe cya vuba.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, ubwo Trump yagaragaraga bwa mbere nyuma yo kuraswaho afite igipfuko, yagaragarijwe ibyishimo n’abo mu muryango we, ndetse n’abarwanashyaka b’ishyaka rye, bamwakiranye ubwuzu baririmba bati “Turagukunda Trump, turagukunda Trump.”

Abakozi ba Trump bangiye abanyamakuru gufata ifoto yihariye y’igipfuko kinini kiri ku gutwi kwa Trump ubwo banamubazaga ibibazo ubwo yatambukaga.

Ubwo umunyamakuru yamubazaga, Trump yagize ati “Nakagombye kuba narapfuye. Umuganga wo ku Bitaro yavuze ko atigeze abona ibintu nk’ibi mbere, yavuze ko ari igitangaza.”

Donald Trump kandi yamaze kwemezwa bidasubirwaho n’ishyaka rye nk’uzarihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu mpera z’umwaka, ndetse akaba yatangaje ko azafatanya na James David Vance nk’uzamubera Visi Perezida igiha azaba atowe.

Trump ubu afite igipfuko nyuma yo kuraswa ku gutwi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + nine =

Previous Post

Rayon nyuma yo kugura abakinnyi barimo ab’amazina aremereye yatangaje icyo ihishiye abakunzi

Next Post

Menya amajwi Imitwe ya Politiki yagize mu Matora y’Abadepite n’imibare y’Abanyarwanda bayitoye

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nzi ko dukundana- Perezida Kagame yabwiye abaturage ko icyizere bafitanye kigaragaza ko guhitamo bitazabagora

Menya amajwi Imitwe ya Politiki yagize mu Matora y’Abadepite n'imibare y'Abanyarwanda bayitoye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.