• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kuraswaho akarusimbuka

radiotv10by radiotv10
16/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kuraswaho akarusimbuka
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, uri guhatanira kongera kuyobora iki Gihugu, yagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kuraswaho, Imana igakinga akaboko, aho yagaragaye afite igipfuko kinini ku gutwi yarashweho.

Donald Trump yagaragaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere ku Ngoro y’Ishyaka rye ry’Aba- Republican (Republican National Convention) nyuma y’iminsi ibiri asimbutse urupfu rw’umusore wamurasheho akamukomeretsa ku gutwi.

Trump yarashweho ku wa Gatandatu w’icyumeru gishize ubwo yari ari mu bikorwa byo kwiyamamaza muri Pennsylvania aho yarashweho n’umusore w’imyaka 20 wari uri ku gisenge cy’inyubako iteganye n’aho Trump yavugiraga imbwirwaruhame ye.

Uyu musore warashe Trump, akamukomeretsa ku gutwi kw’iburyo, yanivuganye umuturage wari uri muri ibi bikorwa, mu gihe abandi babiri bakomeretse bikomeye.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, Trump yari yabwiye ABC News ko ugutwi yarashweho kuri gukira, ndetse ko yizeye ko igipfuko bamushyizeho kizavaho mu gihe cya vuba.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, ubwo Trump yagaragaraga bwa mbere nyuma yo kuraswaho afite igipfuko, yagaragarijwe ibyishimo n’abo mu muryango we, ndetse n’abarwanashyaka b’ishyaka rye, bamwakiranye ubwuzu baririmba bati “Turagukunda Trump, turagukunda Trump.”

Abakozi ba Trump bangiye abanyamakuru gufata ifoto yihariye y’igipfuko kinini kiri ku gutwi kwa Trump ubwo banamubazaga ibibazo ubwo yatambukaga.

Ubwo umunyamakuru yamubazaga, Trump yagize ati “Nakagombye kuba narapfuye. Umuganga wo ku Bitaro yavuze ko atigeze abona ibintu nk’ibi mbere, yavuze ko ari igitangaza.”

Donald Trump kandi yamaze kwemezwa bidasubirwaho n’ishyaka rye nk’uzarihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu mpera z’umwaka, ndetse akaba yatangaje ko azafatanya na James David Vance nk’uzamubera Visi Perezida igiha azaba atowe.

Trump ubu afite igipfuko nyuma yo kuraswa ku gutwi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Rayon nyuma yo kugura abakinnyi barimo ab’amazina aremereye yatangaje icyo ihishiye abakunzi

Next Post

Menya amajwi Imitwe ya Politiki yagize mu Matora y’Abadepite n’imibare y’Abanyarwanda bayitoye

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Nzi ko dukundana- Perezida Kagame yabwiye abaturage ko icyizere bafitanye kigaragaza ko guhitamo bitazabagora

Menya amajwi Imitwe ya Politiki yagize mu Matora y’Abadepite n'imibare y'Abanyarwanda bayitoye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.