Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yahise yisubiraho ku cyemezo yari aherutse gufata kikazamura impaka ku Isi

radiotv10by radiotv10
10/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yahise yisubiraho ku cyemezo yari aherutse gufata kikazamura impaka ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yatangaje ko yahagaritse by’agateganyo imisoro mishya yari aherutse gushyiraho ku Bihugu byinshi.

Ni mu Gihe iki cyemezo kitareba u Bushinwa yatangaje ko yazamuriye umusoro ukagera kuri 125%, ku bicuruzwa biva muri iki Gihugu gihanganye n’icye mu bucuruzi.

Mu butumwa yashyize kuri Truth Social, Trump yavuze ko yatanze uburenganzira bwo guhagarika imisoro mishya ku Bihugu byinshi mu gihe cy’iminsi 90.

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ubukungu, Scott Bessent, yasobanuye ko Trump yahagaritse iyi misoro yari iherutse gushyirwaho, ku bafatanyabikorwa bakomeye mu bucuruzi bw’Igihugu, ariko agasigaza umusoro wa 10% ku bicuruzwa hafi ya byose byinjira mu Gihugu biva hirya no hino ku Isi, usibye u Bushinwa.

Iki cyemezo cyo gukuraho iyi imisoro, cyatewe ahanini n’ubwoba bw’abashoramari, bwatumye Trump abona ko gishobora kugira ingaruka zikomeye ku bukungu bwa America, nk’uko byari bimaze iminsi bitangazwa n’ibigo by’ubushakashatsi mu by’ubukungu, ndetse ingaruka zari zitangiye kugaragara, nk’aho mu cyumweru gishize, amasoko y’imigabane hirya no hino ku Isi yatakaje agaciro mu buryo budasanzwe.

Ibi byari byaatumye abashoramari bashyira igitutu kuri Trump, bamusaba kongera kureba neza iby’iki cyemezo, cyane ko cyatunguranye, aho ibigo byinshi bitari byiteze ko izi ngamba zikakaye gutya zibaho mu buryo buhutiyeho, batanje kubiteguzwa.

Muri iyi minsi 90, byitezwe ko Ibihugu bizaganira na Trump bigamije kugabanyirizwa imisoro ndetse no gushyiraho amasezerano y’imikoranire atabangamira inyungu z’ubucuruzi bwa America.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − four =

Previous Post

Hamenyekanye andi makuru ku Banyamerika bagize uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Congo

Next Post

Nyuma yuko umuvangamiziki w’Umurundikazi Dj Ira asabye Perezida Ubwenegihugu bw’u Rwanda hatewe intambwe ibumuha

Related Posts

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

by radiotv10
28/07/2025
0

Mu biganiro byahuje Guverinoma y’Igihugu cya Thailand n’iy’icya Cambodia biherutse kwinjira mu mirwano ikarishye, zemeranyijwe ko ibi Bihugu bihagarika imirwano...

Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

by radiotv10
28/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riranenga Radio Okapi iterwa inkunga n’Umuryango w’Abibumbye, riyishinja kubogama no kutariha umwanya mu byo iritangazaho biryibasira, rikavuga ko...

AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

by radiotv10
28/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye ubwicanyi bwakozwe n’umutwe w’iterabwoba wa ADF/NALU bwakorewe abaturage b’abasivile 47 biciwe muri Kiliziya ya Komanda iherereye muri...

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

by radiotv10
25/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko umuntu wese ukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u...

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

by radiotv10
25/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ruratangira kuburanisha urubanza ruregwamo Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye
AMAHANGA

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

by radiotv10
28/07/2025
0

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

28/07/2025
AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

28/07/2025
Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

28/07/2025
Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

28/07/2025
Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma yuko umuvangamiziki w’Umurundikazi Dj Ira asabye Perezida Ubwenegihugu bw’u Rwanda hatewe intambwe ibumuha

Nyuma yuko umuvangamiziki w'Umurundikazi Dj Ira asabye Perezida Ubwenegihugu bw’u Rwanda hatewe intambwe ibumuha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.