Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yahise yisubiraho ku cyemezo yari aherutse gufata kikazamura impaka ku Isi

radiotv10by radiotv10
10/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yahise yisubiraho ku cyemezo yari aherutse gufata kikazamura impaka ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yatangaje ko yahagaritse by’agateganyo imisoro mishya yari aherutse gushyiraho ku Bihugu byinshi.

Ni mu Gihe iki cyemezo kitareba u Bushinwa yatangaje ko yazamuriye umusoro ukagera kuri 125%, ku bicuruzwa biva muri iki Gihugu gihanganye n’icye mu bucuruzi.

Mu butumwa yashyize kuri Truth Social, Trump yavuze ko yatanze uburenganzira bwo guhagarika imisoro mishya ku Bihugu byinshi mu gihe cy’iminsi 90.

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ubukungu, Scott Bessent, yasobanuye ko Trump yahagaritse iyi misoro yari iherutse gushyirwaho, ku bafatanyabikorwa bakomeye mu bucuruzi bw’Igihugu, ariko agasigaza umusoro wa 10% ku bicuruzwa hafi ya byose byinjira mu Gihugu biva hirya no hino ku Isi, usibye u Bushinwa.

Iki cyemezo cyo gukuraho iyi imisoro, cyatewe ahanini n’ubwoba bw’abashoramari, bwatumye Trump abona ko gishobora kugira ingaruka zikomeye ku bukungu bwa America, nk’uko byari bimaze iminsi bitangazwa n’ibigo by’ubushakashatsi mu by’ubukungu, ndetse ingaruka zari zitangiye kugaragara, nk’aho mu cyumweru gishize, amasoko y’imigabane hirya no hino ku Isi yatakaje agaciro mu buryo budasanzwe.

Ibi byari byaatumye abashoramari bashyira igitutu kuri Trump, bamusaba kongera kureba neza iby’iki cyemezo, cyane ko cyatunguranye, aho ibigo byinshi bitari byiteze ko izi ngamba zikakaye gutya zibaho mu buryo buhutiyeho, batanje kubiteguzwa.

Muri iyi minsi 90, byitezwe ko Ibihugu bizaganira na Trump bigamije kugabanyirizwa imisoro ndetse no gushyiraho amasezerano y’imikoranire atabangamira inyungu z’ubucuruzi bwa America.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Hamenyekanye andi makuru ku Banyamerika bagize uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Congo

Next Post

Nyuma yuko umuvangamiziki w’Umurundikazi Dj Ira asabye Perezida Ubwenegihugu bw’u Rwanda hatewe intambwe ibumuha

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma yuko umuvangamiziki w’Umurundikazi Dj Ira asabye Perezida Ubwenegihugu bw’u Rwanda hatewe intambwe ibumuha

Nyuma yuko umuvangamiziki w'Umurundikazi Dj Ira asabye Perezida Ubwenegihugu bw’u Rwanda hatewe intambwe ibumuha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.