Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yatangaje icyemezo cyari gitegerejwe na benshi

radiotv10by radiotv10
16/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yatangaje icyemezo cyari gitegerejwe na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko yifuza kongera kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America akaba yiyemeje kuziyamamaza mu matora ya 2024.

Iki cyemezo cyari gitegerejwe n’abatari bacye yaba abo muri Leta Zunze Ubumwe za America ndetse n’abandi batuye Isi, cyatangajwe na Donal Trump mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, aho yavuze ko azahatanira ko ishyaka rye ry’Aba- Republican, rimutangamo umukandida.

Atangaza iyi nkuru, Donald Trump yagize ati “Mu rwego rwo gutuma America yongera kuba indashyikirwa n’ikitegererezo, muri iri joro ntangaje ko nziyamamariza kuba Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America.”

Yabitangarije imbaga y’abaturage bari bateraniye i Mar-a-Lago aho asanzwe anatuye ndetse akaba ari na ho hazaba ari icyicaro cy’ibikorwa bye byo kwiyamamaza.

Uyu mugabo wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America wa 45, yatangaje ibi ari kumwe n’abajyanama be ndetse n’abandi bafite ijambo mu ishyaka abamo.

Yavuze ko yifuza ko Abanyamerika bongera kuba bamwe kandi bakongera kugira ubudahangarwa n’ijambo ku ruhando mpuzamahanga.

Yabaye nk’usaba abayoboke b’Aba-Republican kuzamushyigikira, ati “Ntabwo ari njye uzakora ibikorwa byo kwiyamamaza ahubwo ibi bikorwa ni ibyacu twese.”

Trump utazibagirana ubwo yayoboraga Leta Zunze Ubumwe za America, yatsinzwe na Joe Biden mu matora yabaye mu mpera za 2020, gusa we akaba atarabyemeye.

Aramutse atorewe manda ya 2024, Donald Trump yaba abaye Perezida wa Kabiri wa USA utorewe manda ebyiri zidakurikirana nyuma ya Stephen Grover Cleveland wabaye Perezida wa 22 wa Leta Zunze Ubumwe za America ndetse akagaruka ku mwanya wa 24 w’umukuru w’iki Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Huye&Nyanza: Inzara iravuza ubuhuha kandi barabona izarushaho

Next Post

Kamonyi: Abagabo bivugwa ko bari mu bikorwa bitemewe babonetse bapfuye

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Abagabo bivugwa ko bari mu bikorwa bitemewe babonetse bapfuye

Kamonyi: Abagabo bivugwa ko bari mu bikorwa bitemewe babonetse bapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.