Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Trump yongeye kuvuga ku guhura na Perezida Kagame na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
10/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yatangaje ko mu byumweru bicye biri imbere ateganya guhura n’Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagasinya amasezerano ya nyuma.

Donald Trump yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Nyakanga muri White House ubwo yakiraga bamwe mu Bakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika, ari bo uwa Liberia, uwa Guinea Bissau, uwa Senegal, uwa Mauritania, n’uwa Gabon.

Yagize ati “Mu byumweru bicye biri imbere, Abakuru b’Ibihugu byombi (u Rwanda na DRC) bazaza gushyira umukono ku masezerano ya nyuma.”

Perezida Kagame na Tshisekedi baherukaga guhurira i Doha muri Qatar, tariki 28 Werurwe, bahujwe n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, nk’igikorwa cyari kigamije kubyutsa icyizere kugira ngo bibe umusingi wo kubakiraho ibiganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo, cyaje no gukurikirwa n’ibiganiro biri guhuza Guverinoma ya DRC n’Ihuriro AFC/M23.

Trump yavuze ko ibibazo by’umutekano mucye bimaze imyaka 30 mu karere k’Ibiyaga Bigari, byagiye biba bibi kurushaho, ndetse ko intambara yabaye mu burasirazuba bwa DRC, hari abavuga ko ari yo ikomeye yabayeho nyuma y’iya Kabiri y’Isi yose, ariko ko ku bw’aya masezerano igiye kurangira.

Trump atangaje ko aba Bakuru b’Ibihugu byombi bagiye guhura nyuma y’ibyumweru bibiri Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zisinye amasezerano y’amahoro, yashyiriweho umukono i Washington DC tariki 27 Kamena 2025 n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe na Therese Kayikwamba Wagner.

Ubwo aba bakuriye Dipolomasi z’Ibihugu byombi bashyiraga umukono kuri aya masezerano, banakiriwe na Perezida Trump wavuze ko ari ay’amateka, kandi ko ari intambwe iganisha kuzana amahoro mu karere ibi Bihugu byombi biherereyemo, kugira ngo imikoranire na America mu bucuruzi ibashe gukorwa, ndetse n’intambara iri mu burasirazuba bwa DRC, ikarangira.

Yari yagize ati “Uyu munsi intambara irarangiye burundu ndetse n’akarere kose kinjiye mu rugendo rushya rw’icyizere, ugushyira hamwe namahoro.”

Perezida Paul Kagame, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru tariki 04 Nyakanga 2025, yavuze ko ubutegetsi bwa Trump bwinjiye muri iki kibazo bugihereye mu mizi, kuko mu gushaka umuti bwibanze ku ngingo eshatu zirimo iza Politiki, iz’Umutekano n’ubukungu, mu gihe abandi babyirengagizaga, bagashakira umuti aho utari, nko gufatira ibihano u Rwanda cyangwa M23.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko aya masezerano y’amahoro yasinywe hagati y’u Rwanda na DRC babifashijwemo na Leta Zunze Ubumwe za America, ari amahirwe yo kuba haboneka amahoro n’umutekano mu burasirazuba bwa Congo, ariko ko bizaterwa n’uburyo ibi Bihugu byayasinye bizayashyira mu bikorwa, avuga ko u Rwanda rwo rwiteguye kubahiriza ibyo rwemeye byose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Eng.-President Kagame spoke with the UK Foreign Secretary

Next Post

Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rufunze abagabo batatu bafatanywe amahembe y’inzovu yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayatwaye mu...

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

by radiotv10
03/11/2025
0

Mondays are hard. After a relaxing weekend, it’s easy to put off work, scroll on your phone, or tell yourself,...

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Inzu isanzwe ari icumbi ry’abanyeshuri mu ishuri rya IWE (Institute Of Women For Excellence) Secondary School riherereye mu Karere ka...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kwimakaza Ihame ntakukuka ry’Ubunyarwanda, abibutsa ko gahunda ya...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora
AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

03/11/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

03/11/2025
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

Polisi yinjiye mu kibazo cy'ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.