Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi ararebwa ikijisho kubera ibyakorewe abafunzwe nyuma y’urupfu rw’Umujepe rwatunguranye

radiotv10by radiotv10
16/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi ararebwa ikijisho kubera ibyakorewe abafunzwe nyuma y’urupfu rw’Umujepe rwatunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 11 bafunzwe nyuma y’urupfu rwatunguranye rw’uwahoze ari umwe mu basirikare barinda Perezida Félix Tshisekedi, bakaba bakomeje gufungirwa muri kasho y’Urwego rw’Ubutasi muri Congo, batumye Ishyirahamwe Nyafurika Riharanira Uburenganzira bwa muntu ASADHO, rinenga Tshisekedi, rimusaba ko bafungurwa vuba na bwangu.

Aba bantu 11 batawe muri yombi nyuma y’iminsi micye habayeho urupfu rutunguranye rw’umusirikare wari mu itsinda ririnda Perezida rwabaye muri Mata uyu mwaka.

Aba bantu bamaze amezi atanu bafungiye muri kasho y’Urwego rushinzwe ubutasi muri Congo (ANR/ Agence Nationale des Renseignements), bataraburanishwa cyangwa ngo bagezwe imbere y’inzego z’ubutabera.

Ishyirahamwe Nyafurika Riharanira Uburenganzira bwa muntu ASADHO (Association Africaine de Défense des Droits de l’Homme), riranenga Perezida Félix Tshisekedi kuba ntacyo yakoze ku kibazo cy’aba bantu, rikavuga ko atigeze akora impinduka z’imikorere z’uru rwego rushinzwe ubutasi yakunze kunengwaho kutubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Nyuma y’uko mu kwezi gushize kwa Nyakanga iki kibazo cyari cyazamuwe n’Umuryango utari uwa Leta wa ACAJ, uyu muryango wundi wa ASADHO, na wo wazamuye iki kibazo, ukavuga ko Félix Tshisekedi atashyize mu bikorwa ibyo yizeje mu mwaka wa 2019 byo kuvugurura uru rwego rw’ubutasi, ndetse no kurandura ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu byakunze kuruvugwaho.

Mu itangazo uyu Muryango ASADHO washyize hanze, uvuga ko utishimira kuba Tshisekedi mu myaka itandatu amaze ku butegetsi ataragize icyo akora kuri iyi migirire mibi ya ANR ikora ibikorwa bihonyora ihame rya Demokarasi mpuzamahanga ndetse n’ubutegetsi bwubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Iri tangazo rigira riti “Ishyihatamwe Nyafurika riharanira uburenzira bwa muntu, ASADHO mu magambo ahinnye, rihangayikishijwe bikomeye no kuba Perezida Tshisekedi akomeje kwirengagiza ishyirwa mu bikorwa ry’ibyo yiyemeje byo kuba inzego z’ubutasi n’iz’umutekano zigomba kubahiriza uburenganzira bwa muntu, agakosora ibikorwa byose bibangamira uburenganzira bwa muntu byagaragaye ku butegetsi bwa Perezida Joseph Kabila.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Birababaje kuba nyuma y’imyaka itandatu, ANR itubahiriza ihame rya demokarasi mpuzamahanga ry’Igihugu cyubahiriza uburenganzira bwa muntu ahubwo ibikorwa byayo buri gihe bikaba bikomeje guhonyora uburenganzira bwa muntu bw’ibanze.”

Iri shyirahamwe rigaragaza bimwe mu bishimangira iyi mikorere itari iya kinyamwuga inahonyora uburenganzira bwa muntu ya ANR, irimo kutemerera abafunzwe n’uru rwego guhura n’abo mu miryango yabo ndetse n’abavoka babo, bikaba binyuranyije n’ingingo ya 18 y’Itegeko Nshinga.

ASADHO yasabye Perezida Tshisekedi gutegeka abayobozi ba ANR bagafungura vuba na bwangu aba bantu, cyangwa bakagezwa imbere y’ubutabera kugira ngo baburanishwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + nineteen =

Previous Post

Icyo ibyamamare bivuga ku nkuru yatunguranye mu myidagaduro yo mu Rwanda

Next Post

Amatora yari ategerejwe mu Mujyi wa Kigali yasubitswe

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amatora yari ategerejwe mu Mujyi wa Kigali yasubitswe

Amatora yari ategerejwe mu Mujyi wa Kigali yasubitswe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.