Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi ararebwa ikijisho kubera ibyakorewe abafunzwe nyuma y’urupfu rw’Umujepe rwatunguranye

radiotv10by radiotv10
16/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi ararebwa ikijisho kubera ibyakorewe abafunzwe nyuma y’urupfu rw’Umujepe rwatunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 11 bafunzwe nyuma y’urupfu rwatunguranye rw’uwahoze ari umwe mu basirikare barinda Perezida Félix Tshisekedi, bakaba bakomeje gufungirwa muri kasho y’Urwego rw’Ubutasi muri Congo, batumye Ishyirahamwe Nyafurika Riharanira Uburenganzira bwa muntu ASADHO, rinenga Tshisekedi, rimusaba ko bafungurwa vuba na bwangu.

Aba bantu 11 batawe muri yombi nyuma y’iminsi micye habayeho urupfu rutunguranye rw’umusirikare wari mu itsinda ririnda Perezida rwabaye muri Mata uyu mwaka.

Aba bantu bamaze amezi atanu bafungiye muri kasho y’Urwego rushinzwe ubutasi muri Congo (ANR/ Agence Nationale des Renseignements), bataraburanishwa cyangwa ngo bagezwe imbere y’inzego z’ubutabera.

Ishyirahamwe Nyafurika Riharanira Uburenganzira bwa muntu ASADHO (Association Africaine de Défense des Droits de l’Homme), riranenga Perezida Félix Tshisekedi kuba ntacyo yakoze ku kibazo cy’aba bantu, rikavuga ko atigeze akora impinduka z’imikorere z’uru rwego rushinzwe ubutasi yakunze kunengwaho kutubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Nyuma y’uko mu kwezi gushize kwa Nyakanga iki kibazo cyari cyazamuwe n’Umuryango utari uwa Leta wa ACAJ, uyu muryango wundi wa ASADHO, na wo wazamuye iki kibazo, ukavuga ko Félix Tshisekedi atashyize mu bikorwa ibyo yizeje mu mwaka wa 2019 byo kuvugurura uru rwego rw’ubutasi, ndetse no kurandura ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu byakunze kuruvugwaho.

Mu itangazo uyu Muryango ASADHO washyize hanze, uvuga ko utishimira kuba Tshisekedi mu myaka itandatu amaze ku butegetsi ataragize icyo akora kuri iyi migirire mibi ya ANR ikora ibikorwa bihonyora ihame rya Demokarasi mpuzamahanga ndetse n’ubutegetsi bwubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Iri tangazo rigira riti “Ishyihatamwe Nyafurika riharanira uburenzira bwa muntu, ASADHO mu magambo ahinnye, rihangayikishijwe bikomeye no kuba Perezida Tshisekedi akomeje kwirengagiza ishyirwa mu bikorwa ry’ibyo yiyemeje byo kuba inzego z’ubutasi n’iz’umutekano zigomba kubahiriza uburenganzira bwa muntu, agakosora ibikorwa byose bibangamira uburenganzira bwa muntu byagaragaye ku butegetsi bwa Perezida Joseph Kabila.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Birababaje kuba nyuma y’imyaka itandatu, ANR itubahiriza ihame rya demokarasi mpuzamahanga ry’Igihugu cyubahiriza uburenganzira bwa muntu ahubwo ibikorwa byayo buri gihe bikaba bikomeje guhonyora uburenganzira bwa muntu bw’ibanze.”

Iri shyirahamwe rigaragaza bimwe mu bishimangira iyi mikorere itari iya kinyamwuga inahonyora uburenganzira bwa muntu ya ANR, irimo kutemerera abafunzwe n’uru rwego guhura n’abo mu miryango yabo ndetse n’abavoka babo, bikaba binyuranyije n’ingingo ya 18 y’Itegeko Nshinga.

ASADHO yasabye Perezida Tshisekedi gutegeka abayobozi ba ANR bagafungura vuba na bwangu aba bantu, cyangwa bakagezwa imbere y’ubutabera kugira ngo baburanishwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − seven =

Previous Post

Icyo ibyamamare bivuga ku nkuru yatunguranye mu myidagaduro yo mu Rwanda

Next Post

Amatora yari ategerejwe mu Mujyi wa Kigali yasubitswe

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amatora yari ategerejwe mu Mujyi wa Kigali yasubitswe

Amatora yari ategerejwe mu Mujyi wa Kigali yasubitswe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.