Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi ararebwa ikijisho kubera ibyakorewe abafunzwe nyuma y’urupfu rw’Umujepe rwatunguranye

radiotv10by radiotv10
16/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi ararebwa ikijisho kubera ibyakorewe abafunzwe nyuma y’urupfu rw’Umujepe rwatunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 11 bafunzwe nyuma y’urupfu rwatunguranye rw’uwahoze ari umwe mu basirikare barinda Perezida Félix Tshisekedi, bakaba bakomeje gufungirwa muri kasho y’Urwego rw’Ubutasi muri Congo, batumye Ishyirahamwe Nyafurika Riharanira Uburenganzira bwa muntu ASADHO, rinenga Tshisekedi, rimusaba ko bafungurwa vuba na bwangu.

Aba bantu 11 batawe muri yombi nyuma y’iminsi micye habayeho urupfu rutunguranye rw’umusirikare wari mu itsinda ririnda Perezida rwabaye muri Mata uyu mwaka.

Aba bantu bamaze amezi atanu bafungiye muri kasho y’Urwego rushinzwe ubutasi muri Congo (ANR/ Agence Nationale des Renseignements), bataraburanishwa cyangwa ngo bagezwe imbere y’inzego z’ubutabera.

Ishyirahamwe Nyafurika Riharanira Uburenganzira bwa muntu ASADHO (Association Africaine de Défense des Droits de l’Homme), riranenga Perezida Félix Tshisekedi kuba ntacyo yakoze ku kibazo cy’aba bantu, rikavuga ko atigeze akora impinduka z’imikorere z’uru rwego rushinzwe ubutasi yakunze kunengwaho kutubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Nyuma y’uko mu kwezi gushize kwa Nyakanga iki kibazo cyari cyazamuwe n’Umuryango utari uwa Leta wa ACAJ, uyu muryango wundi wa ASADHO, na wo wazamuye iki kibazo, ukavuga ko Félix Tshisekedi atashyize mu bikorwa ibyo yizeje mu mwaka wa 2019 byo kuvugurura uru rwego rw’ubutasi, ndetse no kurandura ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu byakunze kuruvugwaho.

Mu itangazo uyu Muryango ASADHO washyize hanze, uvuga ko utishimira kuba Tshisekedi mu myaka itandatu amaze ku butegetsi ataragize icyo akora kuri iyi migirire mibi ya ANR ikora ibikorwa bihonyora ihame rya Demokarasi mpuzamahanga ndetse n’ubutegetsi bwubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Iri tangazo rigira riti “Ishyihatamwe Nyafurika riharanira uburenzira bwa muntu, ASADHO mu magambo ahinnye, rihangayikishijwe bikomeye no kuba Perezida Tshisekedi akomeje kwirengagiza ishyirwa mu bikorwa ry’ibyo yiyemeje byo kuba inzego z’ubutasi n’iz’umutekano zigomba kubahiriza uburenganzira bwa muntu, agakosora ibikorwa byose bibangamira uburenganzira bwa muntu byagaragaye ku butegetsi bwa Perezida Joseph Kabila.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Birababaje kuba nyuma y’imyaka itandatu, ANR itubahiriza ihame rya demokarasi mpuzamahanga ry’Igihugu cyubahiriza uburenganzira bwa muntu ahubwo ibikorwa byayo buri gihe bikaba bikomeje guhonyora uburenganzira bwa muntu bw’ibanze.”

Iri shyirahamwe rigaragaza bimwe mu bishimangira iyi mikorere itari iya kinyamwuga inahonyora uburenganzira bwa muntu ya ANR, irimo kutemerera abafunzwe n’uru rwego guhura n’abo mu miryango yabo ndetse n’abavoka babo, bikaba binyuranyije n’ingingo ya 18 y’Itegeko Nshinga.

ASADHO yasabye Perezida Tshisekedi gutegeka abayobozi ba ANR bagafungura vuba na bwangu aba bantu, cyangwa bakagezwa imbere y’ubutabera kugira ngo baburanishwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 19 =

Previous Post

Icyo ibyamamare bivuga ku nkuru yatunguranye mu myidagaduro yo mu Rwanda

Next Post

Amatora yari ategerejwe mu Mujyi wa Kigali yasubitswe

Related Posts

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amatora yari ategerejwe mu Mujyi wa Kigali yasubitswe

Amatora yari ategerejwe mu Mujyi wa Kigali yasubitswe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.