Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi arifuza impinduka ku Itegeko Nshinga rya Congo

radiotv10by radiotv10
24/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi arifuza impinduka ku Itegeko Nshinga rya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi yatangaje ko Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu ritajyanye n’igihe, avuga ko inzobere zikwiye kwicara zikarijyanisha n’aho Igihugu kigeze.

Perezida Tshisekedi yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Ukwakira 2024 mu nama yagiriye i Kisangani, aho yagarutse ku Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu cye, avuga ko biteye isoni kuba Itegeko Nshinga ryacyo rimeze uko rimeze ubu.

Perezida Tshisekedi yagize ati “Itegeko Nshinga ryacu ririmo inenge nyinshi, ni ngombwa ko abahanga bacu barisubiramo bakarivugurura.”

Yavuze ko kandi iki cyifuzo cye kizashyirwa mu bikorwa umwaka utaha, aho hazashyirwaho Komisiyo y’abo mu nzego zinyuranye kugira ngo batange ibitekerezo by’itegeko Nshinga rishya kugira ngo “rijyane n’aho Congo igeze, kandi ribereye Abanyekongo.”

Tshisekedi yavuze kandi ko tariki 10 Ukwakira Ishyaka rye rya UDPS (Union pour la Démocratie et le Progrès Social) ryanatangije ubukangurambaga bwo guhindura iri Tegeko Nshinga cya Congo Kinshasa.

Uyu Mukuru w’Igihugu cya Congo Kinshasa kandi yanagarutse ku bibazo by’umutekano byugarije Igihugu cye n’Abanyekongo, asaba abaturage kuba maso ngo bakirinda icyaha icyuho abanzi b’Igihugu.

Yagize ati “Dufite abanzi benshi badukikije. Muhatane, kandi mwarabibonye uko biherutse kugenda mu ntambara mu minsi itandatu ishize.”

Perezida Tshisekedi wakunze kwikoma u Rwanda arushinja ibinyoma ko ruri inyuma y’ibibazo by’umutekano biri mu Gihugu cye, yongeye kubisubiramo, avuga ko mu banzi bahanganye barimo n’iki Gihugu cy’igituranyi kitahwemye kwamagana ibi birego by’ibihimbano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 11 =

Previous Post

Abamotari b’i Huye bagaragaje imbogamizi batumvana ab’ahandi ibagusha mu gihombo

Next Post

Perezida Kagame yabonanye n’Umwami wu Bwongereza Charles III

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yabonanye n’Umwami wu Bwongereza Charles III

Perezida Kagame yabonanye n’Umwami wu Bwongereza Charles III

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.