Tuesday, January 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Tshisekedi yakiriye intumwa y’umuhuza w’Igihugu cye n’u Rwanda nyuma yuko Congo yirukanye Karega

radiotv10by radiotv10
31/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Tshisekedi yakiriye intumwa y’umuhuza w’Igihugu cye n’u Rwanda nyuma yuko Congo yirukanye Karega
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihaye amasaha 48 Ambasaderi w’u Rwanda kuba yavuye muri iki Gihugu, nyuma y’amasaha 24, Perezida Félix Tshisekedi yakiriye intumwa ya Perezida João Lourenço usanzwe ari umuhuza w’u Rwanda na Congo.

Ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje, Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye ko Ambasaderi w’u Rwanda muri iki Gihugu agomba kuba yahavuye mu gihe kitarenze amasaha 48.

Kuri iki Cyumweru tariki 30 Ukwakira 2022, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Téte António yagiriye uruzinduko muri Congo Kinshasa aho yakiriwe na Perezida w’iki Gihugu, Félix Tshisekedi.

Uru ruzinduko rwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola yagiriye muri Congo, rwabaye nyuma y’amasaha 24 Congo ifashe icyemezo cyo kwirukana Ambasaderi w’u Rwanda Vincent Karega.

Téte António na Perezida Félix Tshisekedi baganiriye ku mwuka mubi ukomeje kugaragara muri Teritwari ya Rutshuru, anamushyikiriza ubutumwa yahawe na mugenzi we João Lourenço.

Iyi ntumwa ya Angola yavuze ko “Perezida Lourenço yahawe inshingano zo kuba umuhuza hagati ya DRC n’u Rwanda. Ni muri urwo rwego akomeje gushyira imbaraga muri izo nshingano bigendanye n’umwuka uhari kugeza uyu munsi.”

Téte António yatangaje ibi nyuma yo kwakirwa na Perezida Tshisekedi, avuga ko Igihugu cyabo cya Angola gifitanye isano na Congo bityo ko kifuza ko ibona umutekano n’amahoro.

Yagize ati “Angola ni umuturanyi wa DRC. Mu muco nyafurika iyo ikintu kibi kigeze ku baturanyi, mwese biba bibareba. Uba ugomba kujya kureba umuturanyi kugira ngo umenye ikibazo gihari.”

Téte António yirinze kugaragaza uruhande Igihugu cye gihagazemo, ati “Iyo uri umuhuza, uba ugomba kuba hagati. Ukumva impande zose, ubundi ukabafasha kubona ibisubizo.”

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame na we mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 31 Ukwakira 2022, yavuze ko yagiranye ibiganiro byiza n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye byagarukaga ku muti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa.

Perezida Kagame yavuze ko haramutse hubahirijwe ibyanzuriwe mu nama z’i Nairobi n’i Luanda, umuti w’ibi bibazo waboneka. Ati “Tugomba kwiyemeza ubwacu kubishyira mu bikorwa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 8 =

Previous Post

Mu guhangana n’ubucye bw’imodoka zitwara abagenzi muri Kigali hari ikindi cyakozwe

Next Post

Amakuru mashya ku rubanza ruregwamo Bamporiki wakatiwe gufungwa imyaka ine

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku rubanza ruregwamo Bamporiki wakatiwe gufungwa imyaka ine

Amakuru mashya ku rubanza ruregwamo Bamporiki wakatiwe gufungwa imyaka ine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.