Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Tshisekedi yakiriye intumwa y’umuhuza w’Igihugu cye n’u Rwanda nyuma yuko Congo yirukanye Karega

radiotv10by radiotv10
31/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Tshisekedi yakiriye intumwa y’umuhuza w’Igihugu cye n’u Rwanda nyuma yuko Congo yirukanye Karega
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihaye amasaha 48 Ambasaderi w’u Rwanda kuba yavuye muri iki Gihugu, nyuma y’amasaha 24, Perezida Félix Tshisekedi yakiriye intumwa ya Perezida João Lourenço usanzwe ari umuhuza w’u Rwanda na Congo.

Ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje, Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye ko Ambasaderi w’u Rwanda muri iki Gihugu agomba kuba yahavuye mu gihe kitarenze amasaha 48.

Kuri iki Cyumweru tariki 30 Ukwakira 2022, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Téte António yagiriye uruzinduko muri Congo Kinshasa aho yakiriwe na Perezida w’iki Gihugu, Félix Tshisekedi.

Uru ruzinduko rwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola yagiriye muri Congo, rwabaye nyuma y’amasaha 24 Congo ifashe icyemezo cyo kwirukana Ambasaderi w’u Rwanda Vincent Karega.

Téte António na Perezida Félix Tshisekedi baganiriye ku mwuka mubi ukomeje kugaragara muri Teritwari ya Rutshuru, anamushyikiriza ubutumwa yahawe na mugenzi we João Lourenço.

Iyi ntumwa ya Angola yavuze ko “Perezida Lourenço yahawe inshingano zo kuba umuhuza hagati ya DRC n’u Rwanda. Ni muri urwo rwego akomeje gushyira imbaraga muri izo nshingano bigendanye n’umwuka uhari kugeza uyu munsi.”

Téte António yatangaje ibi nyuma yo kwakirwa na Perezida Tshisekedi, avuga ko Igihugu cyabo cya Angola gifitanye isano na Congo bityo ko kifuza ko ibona umutekano n’amahoro.

Yagize ati “Angola ni umuturanyi wa DRC. Mu muco nyafurika iyo ikintu kibi kigeze ku baturanyi, mwese biba bibareba. Uba ugomba kujya kureba umuturanyi kugira ngo umenye ikibazo gihari.”

Téte António yirinze kugaragaza uruhande Igihugu cye gihagazemo, ati “Iyo uri umuhuza, uba ugomba kuba hagati. Ukumva impande zose, ubundi ukabafasha kubona ibisubizo.”

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame na we mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 31 Ukwakira 2022, yavuze ko yagiranye ibiganiro byiza n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye byagarukaga ku muti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa.

Perezida Kagame yavuze ko haramutse hubahirijwe ibyanzuriwe mu nama z’i Nairobi n’i Luanda, umuti w’ibi bibazo waboneka. Ati “Tugomba kwiyemeza ubwacu kubishyira mu bikorwa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + ten =

Previous Post

Mu guhangana n’ubucye bw’imodoka zitwara abagenzi muri Kigali hari ikindi cyakozwe

Next Post

Amakuru mashya ku rubanza ruregwamo Bamporiki wakatiwe gufungwa imyaka ine

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku rubanza ruregwamo Bamporiki wakatiwe gufungwa imyaka ine

Amakuru mashya ku rubanza ruregwamo Bamporiki wakatiwe gufungwa imyaka ine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.