Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Tshisekedi yakoze impinduka zitunguranye mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare

radiotv10by radiotv10
04/10/2022
in MU RWANDA
0
Tshisekedi yakoze impinduka zitunguranye mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo yakoze impinduka mu buyobozi bw’Igisirikare, agira Umugaba Mukuru w’Ingabo, Lt Gen Christian Thiwewe Songesha wigeze kugaragara avuga ko FARDC yifuza gutera u Rwanda.

Aya mavugurura yabaye kuri uyu wa Mbere tariki 03 Ukwakira 2022, aho Tshisekedi yakuyeho General Célestin Mbala Munsense wari umaze imyaka ine ari Umugaba Mukuru wa FARDC.

Izi mpinduka zatangajwe n’Umuvugizi w’Umukuru w’Igihugu kuri Televiziyo y’Igihugu, zibaye mu gihe mu basirikare bakuru ba Congo, hamaze iminsi havugwamo umwuka utari mwiza.

Mu kwezi gushize, havuzwe ifungwa rya bamwe mu basirikare bakuru bafite ipeti rya General barimo Lieutenant-Général Philémon YAV watawe muri yombi tariki 21 akekwaho ibyaha bikomeye by’umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi.

Nyuma yuko hamaze iminsi havugwa ko mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hakenewe amavugurura byanagarutsweho n’Umukuru w’iki Gihugu, Tshisekedi, yahise aha inshingano Lt Gen Christian Thiwewe Songesha kuba Umugaba Mukuru wa FARDC.

General Célestin Mbala Munsense wasimbuwe kuri uyu mwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo, bivugwa ko ari mu basirikare bagiye kujya mu kiruhuko cy’izabukuru.

Lt Gen Christian Thiwewe Songesha we yari asanzwe akuriye itsinda ry’Ingabo zirinda Perezida wa Repubulika.

Ubwo ibibazo hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byari bifite ubukana, Lt Gen Tshiwewe, yagaragaye mu Murwa Mukuru wa Congo, i Kinshasa ari kumwe n’abasirikare bo mu itsinda yari akuriye, bavuga ko bifuza ko Perezida abaga uburenganzira bagatera u Rwanda.

Bashingiraga ku birego byakunze kuzamurwa na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23.

Abasirikare barinda Umukuru w’Igihugu, na bo boherejwe gutanga umusada mu rugamba rwo guhangana na M23 rwari ruriho rurwanwa na FARDC, gusa ntacyo byatanze dore ko n’uyu mutwe wari wababuriye ubabwira ko batawuteye ubwoba.

Izindi mpinduka zakozwe mu buyobozi bwa FARDC kandi; ni Major Gen Ephraim Kabi Kiriza wari Umuyobozi wungirije ku rwego rwa gatatu rw’itsinda ry’abasirikare barinda Umukuru w’Igihugu, ubu akaba yagizwe umuyobozi Mukuru asimbuye Lt Gen Tshiwewe wagizwe Umugaba Mukuru wa FARDC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Umugore yakatiwe gufungwa burundu kubera gusambanya umwana w’umuhungu

Next Post

Nyabugogo yongeye gukubita iruzura biha umukoro inzego

Related Posts

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

by radiotv10
21/01/2026
0

Many people focus on how many hours they sleep, but they forget something very important: when they sleep. Sleep timing...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

IZIHERUKA

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo
MU RWANDA

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

21/01/2026
Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

21/01/2026
How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyabugogo yongeye gukubita iruzura biha umukoro inzego

Nyabugogo yongeye gukubita iruzura biha umukoro inzego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.