Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Tshisekedi yakoze impinduka zitunguranye mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare

radiotv10by radiotv10
04/10/2022
in MU RWANDA
0
Tshisekedi yakoze impinduka zitunguranye mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo yakoze impinduka mu buyobozi bw’Igisirikare, agira Umugaba Mukuru w’Ingabo, Lt Gen Christian Thiwewe Songesha wigeze kugaragara avuga ko FARDC yifuza gutera u Rwanda.

Aya mavugurura yabaye kuri uyu wa Mbere tariki 03 Ukwakira 2022, aho Tshisekedi yakuyeho General Célestin Mbala Munsense wari umaze imyaka ine ari Umugaba Mukuru wa FARDC.

Izi mpinduka zatangajwe n’Umuvugizi w’Umukuru w’Igihugu kuri Televiziyo y’Igihugu, zibaye mu gihe mu basirikare bakuru ba Congo, hamaze iminsi havugwamo umwuka utari mwiza.

Mu kwezi gushize, havuzwe ifungwa rya bamwe mu basirikare bakuru bafite ipeti rya General barimo Lieutenant-Général Philémon YAV watawe muri yombi tariki 21 akekwaho ibyaha bikomeye by’umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi.

Nyuma yuko hamaze iminsi havugwa ko mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hakenewe amavugurura byanagarutsweho n’Umukuru w’iki Gihugu, Tshisekedi, yahise aha inshingano Lt Gen Christian Thiwewe Songesha kuba Umugaba Mukuru wa FARDC.

General Célestin Mbala Munsense wasimbuwe kuri uyu mwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo, bivugwa ko ari mu basirikare bagiye kujya mu kiruhuko cy’izabukuru.

Lt Gen Christian Thiwewe Songesha we yari asanzwe akuriye itsinda ry’Ingabo zirinda Perezida wa Repubulika.

Ubwo ibibazo hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byari bifite ubukana, Lt Gen Tshiwewe, yagaragaye mu Murwa Mukuru wa Congo, i Kinshasa ari kumwe n’abasirikare bo mu itsinda yari akuriye, bavuga ko bifuza ko Perezida abaga uburenganzira bagatera u Rwanda.

Bashingiraga ku birego byakunze kuzamurwa na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23.

Abasirikare barinda Umukuru w’Igihugu, na bo boherejwe gutanga umusada mu rugamba rwo guhangana na M23 rwari ruriho rurwanwa na FARDC, gusa ntacyo byatanze dore ko n’uyu mutwe wari wababuriye ubabwira ko batawuteye ubwoba.

Izindi mpinduka zakozwe mu buyobozi bwa FARDC kandi; ni Major Gen Ephraim Kabi Kiriza wari Umuyobozi wungirije ku rwego rwa gatatu rw’itsinda ry’abasirikare barinda Umukuru w’Igihugu, ubu akaba yagizwe umuyobozi Mukuru asimbuye Lt Gen Tshiwewe wagizwe Umugaba Mukuru wa FARDC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Umugore yakatiwe gufungwa burundu kubera gusambanya umwana w’umuhungu

Next Post

Nyabugogo yongeye gukubita iruzura biha umukoro inzego

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyabugogo yongeye gukubita iruzura biha umukoro inzego

Nyabugogo yongeye gukubita iruzura biha umukoro inzego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.