Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Tshisekedi yakoze impinduka zitunguranye mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare

radiotv10by radiotv10
04/10/2022
in MU RWANDA
0
Tshisekedi yakoze impinduka zitunguranye mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo yakoze impinduka mu buyobozi bw’Igisirikare, agira Umugaba Mukuru w’Ingabo, Lt Gen Christian Thiwewe Songesha wigeze kugaragara avuga ko FARDC yifuza gutera u Rwanda.

Aya mavugurura yabaye kuri uyu wa Mbere tariki 03 Ukwakira 2022, aho Tshisekedi yakuyeho General Célestin Mbala Munsense wari umaze imyaka ine ari Umugaba Mukuru wa FARDC.

Izi mpinduka zatangajwe n’Umuvugizi w’Umukuru w’Igihugu kuri Televiziyo y’Igihugu, zibaye mu gihe mu basirikare bakuru ba Congo, hamaze iminsi havugwamo umwuka utari mwiza.

Mu kwezi gushize, havuzwe ifungwa rya bamwe mu basirikare bakuru bafite ipeti rya General barimo Lieutenant-Général Philémon YAV watawe muri yombi tariki 21 akekwaho ibyaha bikomeye by’umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi.

Nyuma yuko hamaze iminsi havugwa ko mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hakenewe amavugurura byanagarutsweho n’Umukuru w’iki Gihugu, Tshisekedi, yahise aha inshingano Lt Gen Christian Thiwewe Songesha kuba Umugaba Mukuru wa FARDC.

General Célestin Mbala Munsense wasimbuwe kuri uyu mwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo, bivugwa ko ari mu basirikare bagiye kujya mu kiruhuko cy’izabukuru.

Lt Gen Christian Thiwewe Songesha we yari asanzwe akuriye itsinda ry’Ingabo zirinda Perezida wa Repubulika.

Ubwo ibibazo hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byari bifite ubukana, Lt Gen Tshiwewe, yagaragaye mu Murwa Mukuru wa Congo, i Kinshasa ari kumwe n’abasirikare bo mu itsinda yari akuriye, bavuga ko bifuza ko Perezida abaga uburenganzira bagatera u Rwanda.

Bashingiraga ku birego byakunze kuzamurwa na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23.

Abasirikare barinda Umukuru w’Igihugu, na bo boherejwe gutanga umusada mu rugamba rwo guhangana na M23 rwari ruriho rurwanwa na FARDC, gusa ntacyo byatanze dore ko n’uyu mutwe wari wababuriye ubabwira ko batawuteye ubwoba.

Izindi mpinduka zakozwe mu buyobozi bwa FARDC kandi; ni Major Gen Ephraim Kabi Kiriza wari Umuyobozi wungirije ku rwego rwa gatatu rw’itsinda ry’abasirikare barinda Umukuru w’Igihugu, ubu akaba yagizwe umuyobozi Mukuru asimbuye Lt Gen Tshiwewe wagizwe Umugaba Mukuru wa FARDC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Umugore yakatiwe gufungwa burundu kubera gusambanya umwana w’umuhungu

Next Post

Nyabugogo yongeye gukubita iruzura biha umukoro inzego

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyabugogo yongeye gukubita iruzura biha umukoro inzego

Nyabugogo yongeye gukubita iruzura biha umukoro inzego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.