• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Tshisekedi yasabye Umwami w’u Bwongereza gukoresha ububasha akagira icyo asaba u Rwanda

radiotv10by radiotv10
20/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Tshisekedi yasabye Umwami w’u Bwongereza gukoresha ububasha akagira icyo asaba u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Umwami w’u Bwongereza, Charles III gukoresha ijambo afite mu muryango wa Commonwealth, agasaba u Rwanda “guhagarika guteza umutekano mucye mu burasirazuba bwa Congo.”

Tshisekedi uri mu Bwongereza, yagejeje kuri Charles III iki cyifuzo kuri uyu wa Gatatu, amusaba ko yanagira uruhare mu guteza imbere amahoro, umutekano n’ituze mukarere k’Ibiyaga Bigari.

Ubwo inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo mu muryango wa Commonwealth yari igiye guteranira i Kigali muri Kamena uyu mwaka, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na bwo yari yasabye ko u Rwanda rwasabwa guhagarika gufasha umutwe wa M23.

Tshisekedi uri i Londres mu Bwongereza, mu kiganiro yatangiye mu ihuriro nyafurika ryateguwe na Financial Times, yavuze ko mu Burasirazuba bw’Igihugu ayoboye, hamaze gupfa abagera mu mamiliyoni kuva Jenoside Yakorewe Abatutsi mu Rwanda yaba.

Yagize ati “Uko ibintu byifashe uyu munsi, ukuri guhari ni uko habaho gusaba u Rwanda guhagarika gufasha abarwanyi ba M23, ntawahisha ko u Rwanda rwateye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Perezida Tshisekedi si rimwe cyangwa kabiri azamuye ibirego nk’ibi ku Rwanda dore ko no mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma iheruka, yongeye kubigarukaho.

Perezida Paul Kagame wigeze gutangaza ko ibyari bikomeje gutangazwa na Tshisekedi ari ukwihunza inshingano nk’umuyobozi wananiwe gukemura ibibazo bireba Igihugu cye, muri iyi Nteko Rusange ya UN, na we yagize icyo avuga kuri biriya birego yari yongeye kuzamura.

Perezida Kagame yavuze ko gukomeza kwitana bamwana atari byo byakemura ibibazo bihari, kuko hari inzira byakemurwamo bidasabye ubushobozi buhanitse ariko ko zikomeza kwirengagizwa.

Icyo gihe yagize ati“Umukino wo kugereka ibibazo ku bandi ntabwo wakemura ibibazo. Ibi bibazo ntabwo byananirana kubishakira umuti kandi bishobora kubonerwa umuti bidatwaye ubushobozi buhanitse yaba ubw’amafaranga ndetse n’ubw’imbaraga za muntu.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ubushake bwa politiki bushobora gutanga umuti w’umuzi w’ikibazo nyirizina gituma haba ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Gasabo: Icyo yabwiye Polisi yamufashe amaze kwiba asaga 100.000Frw Koperative yamuhaye akazi

Next Post

Ubwiza bwa BK Arena butumye Muhoozi aha isezerano rikomeye urubyiruko rwa Uganda

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ubwiza bwa BK Arena butumye Muhoozi aha isezerano rikomeye urubyiruko rwa Uganda

Ubwiza bwa BK Arena butumye Muhoozi aha isezerano rikomeye urubyiruko rwa Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.