Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Tshisekedi yateranyije inama y’igitaraganya ku bya MONUSCO yagaragarijwemo ko imyigaragambyo yaguyemo abarenga 30

radiotv10by radiotv10
02/08/2022
in MU RWANDA
0
Tshisekedi yateranyije inama y’igitaraganya ku bya MONUSCO yagaragarijwemo ko imyigaragambyo yaguyemo abarenga 30
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yayoboye inama idasanzwe yigaga ku kibazo cy’imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO yari imaze iminsi iba, yemerejwemo ko hagiye kwigwa ku busabe bw’Abanye-Congo bifuza ko izi ngabo zitaha.

Iyi nama yabaye kuri uyu wa Mbere tariki 01 Kanama 2022, yanitabiriwe kandi n’abandi bayobozi bakomeye barimo Abaperezida b’Imitwe y’Inteko Ishinga Amategeko ya DRCongo, Minisitiri w’Intebe akaba n’umukuru wa Guverinoma ndetse na ba Komiseri badasanzwe bahagarariye Guverinoma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, Minisitiri w’Intebe Wungirije na Minisitiri akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse na Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma.

Iyi nama yari igamije kurebera hamwe ku kibazo cy’imyigaragambyo yabaye muri iki Gihugu yo kwamagana MONUSCO yabaye mu bice binyuranye byo muri Kivu ya Ruguru no muri Kivu y’Epfo.

Abayitabiriye bagaragarijwe ingaruka zatewe n’iyi myigaragambyo, aho haguyemo abantu 36 barimo 13 baguye mu mujyi wa Goma, nanone abandi 13 bakaba baraburiye ubuzima i Butembo barimo bane bo ku ruhande rwa MONUSCO.

Hari kandi abandi bane baguye muri Uvira, abandi batatu barapfiriye Kanyabanga ndetse n’abandi batatu baburiye ubuzima ahitwa Kasindi, mu gihe abakomerekeye muri ibi bikorwa ari 170.

Komisiyo yashyizwe na Guverinoma yagarutse ku busabe bw’abaturage bitabiriye iyi myigaragambyo ko bifuza ko MONUSCO ihagarika ubutumwa bwayo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho bemeje ko ubu busabe bufite ishingiro bityo ko bugiye gusuzumwa.

Imyanzuro y’iyi nama igaragaza ko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yiyemeje gutegura inama izayihuza na MONUSCO kugira ngo hasuzumwe uyu mugambi wo guhagarika ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye.

Perezida Felix Tshisekedi waboneyeho kwisegura ku Munyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ku bw’impfu z’abari mu butumwa bw’uyu muryango, yanamwibukije imyanzuro yafatiwe M23.

Yavuze ko kuba uyu mutwe wava mu bice wafashe nkuko byemeranyijweho mu nama zitandukanye zirimo iy’i Nairobi, iy’i Luanda ndetse n’iy’Akanama k’Umumuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano ku Isi ku ya 01Kamena 2022, ari ingenzi.

Perezida Tshisekedi yayoboye iyi nama idasanzwe
Inama yitabiriwe n’abayobozi banyuranye muri Guverinoma ya Congo
Umuvugizi wa Guverinoma yasomye imyanzuro yafatiwe muri iyi nama

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + sixteen =

Previous Post

Umunyamahanga wari warakatiwe imyaka 5 akaburana ubujurire avuga ko afitiye u Rwanda akamaro yagizwe umwere

Next Post

Blarirwa ibinyujije mu kinyobwa cy’icyanga gihebuje yazanye irushanwa ry’aba-DJs rizazenguruka Igihugu

Related Posts

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

IZIHERUKA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…
MU RWANDA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Blarirwa ibinyujije mu kinyobwa cy’icyanga gihebuje yazanye irushanwa ry’aba-DJs rizazenguruka Igihugu

Blarirwa ibinyujije mu kinyobwa cy’icyanga gihebuje yazanye irushanwa ry’aba-DJs rizazenguruka Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.