Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Tshisekedi yateranyije inama y’igitaraganya ku bya MONUSCO yagaragarijwemo ko imyigaragambyo yaguyemo abarenga 30

radiotv10by radiotv10
02/08/2022
in MU RWANDA
0
Tshisekedi yateranyije inama y’igitaraganya ku bya MONUSCO yagaragarijwemo ko imyigaragambyo yaguyemo abarenga 30
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yayoboye inama idasanzwe yigaga ku kibazo cy’imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO yari imaze iminsi iba, yemerejwemo ko hagiye kwigwa ku busabe bw’Abanye-Congo bifuza ko izi ngabo zitaha.

Iyi nama yabaye kuri uyu wa Mbere tariki 01 Kanama 2022, yanitabiriwe kandi n’abandi bayobozi bakomeye barimo Abaperezida b’Imitwe y’Inteko Ishinga Amategeko ya DRCongo, Minisitiri w’Intebe akaba n’umukuru wa Guverinoma ndetse na ba Komiseri badasanzwe bahagarariye Guverinoma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, Minisitiri w’Intebe Wungirije na Minisitiri akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse na Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma.

Iyi nama yari igamije kurebera hamwe ku kibazo cy’imyigaragambyo yabaye muri iki Gihugu yo kwamagana MONUSCO yabaye mu bice binyuranye byo muri Kivu ya Ruguru no muri Kivu y’Epfo.

Abayitabiriye bagaragarijwe ingaruka zatewe n’iyi myigaragambyo, aho haguyemo abantu 36 barimo 13 baguye mu mujyi wa Goma, nanone abandi 13 bakaba baraburiye ubuzima i Butembo barimo bane bo ku ruhande rwa MONUSCO.

Hari kandi abandi bane baguye muri Uvira, abandi batatu barapfiriye Kanyabanga ndetse n’abandi batatu baburiye ubuzima ahitwa Kasindi, mu gihe abakomerekeye muri ibi bikorwa ari 170.

Komisiyo yashyizwe na Guverinoma yagarutse ku busabe bw’abaturage bitabiriye iyi myigaragambyo ko bifuza ko MONUSCO ihagarika ubutumwa bwayo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho bemeje ko ubu busabe bufite ishingiro bityo ko bugiye gusuzumwa.

Imyanzuro y’iyi nama igaragaza ko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yiyemeje gutegura inama izayihuza na MONUSCO kugira ngo hasuzumwe uyu mugambi wo guhagarika ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye.

Perezida Felix Tshisekedi waboneyeho kwisegura ku Munyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ku bw’impfu z’abari mu butumwa bw’uyu muryango, yanamwibukije imyanzuro yafatiwe M23.

Yavuze ko kuba uyu mutwe wava mu bice wafashe nkuko byemeranyijweho mu nama zitandukanye zirimo iy’i Nairobi, iy’i Luanda ndetse n’iy’Akanama k’Umumuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano ku Isi ku ya 01Kamena 2022, ari ingenzi.

Perezida Tshisekedi yayoboye iyi nama idasanzwe
Inama yitabiriwe n’abayobozi banyuranye muri Guverinoma ya Congo
Umuvugizi wa Guverinoma yasomye imyanzuro yafatiwe muri iyi nama

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 20 =

Previous Post

Umunyamahanga wari warakatiwe imyaka 5 akaburana ubujurire avuga ko afitiye u Rwanda akamaro yagizwe umwere

Next Post

Blarirwa ibinyujije mu kinyobwa cy’icyanga gihebuje yazanye irushanwa ry’aba-DJs rizazenguruka Igihugu

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Blarirwa ibinyujije mu kinyobwa cy’icyanga gihebuje yazanye irushanwa ry’aba-DJs rizazenguruka Igihugu

Blarirwa ibinyujije mu kinyobwa cy’icyanga gihebuje yazanye irushanwa ry’aba-DJs rizazenguruka Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.