Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO BASKETBALL

Turi abavandimwe- P.Kagame imbere y’Abanyarwanda, Abanyekongo n’abandi Banyafurika yavuze ijambo nyamukiranyabinyejana

radiotv10by radiotv10
14/08/2023
in BASKETBALL, IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI, SIPORO
0
Turi abavandimwe- P.Kagame imbere y’Abanyarwanda, Abanyekongo n’abandi Banyafurika yavuze ijambo nyamukiranyabinyejana
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko Abanyafurika ari ibihangange, bakwiye kubyiyumvamo bakabiharanira, kandi ko ikirenze ibyo ari n’abavandimwe, ati “Buri umwe ari muri undi. Ndi wowe, nawe ukaba njye.”

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 13 Kanama 2023, ubwo yatangizaga iserukiramuco ryo kwizihiza imyaka 20 Giants of Africa imaze ishinzwe.

Uyu muhango wabereye muri BK Arena, wabimburiwe n’imyiyerekano y’Urubyiruko rwaturutse mu Bihugu 16 byitabiriye iri serukiramuco, aho yatangiriye ku ruturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, urwo mu Rwanda narwo nk’Igihugu cyakiriye iri serukiramuco, ruba ari rwo rupfundikira iyi myiyerekano.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame wafunguye ku mugaragaro iri serukiramuco, yibukije ko Abanyafurika bashoboye, ati “Ndizera ko buri wese uri hano muri Arena ari Igihangange.”

Yakomeje agira ati “Afurika ni igihangange, Abanyafurika ni Ibihangange, ariko rero ni cyo gihe, ntidukene kubyibutswa, tugomba kubimenya tukabyiyumvamo, tukaba ibihangange turi bo kandi dukwiye kuba byo.”

Ariko nanone ngo kuba Igihangange, na byo bizamo amahitamo, kandi ko ayo mahitamo akwiye kuba aya buri Munyafurika, kuko bidafite uwo byaremewe.

Ati “Buri wese afite ubwo bushobozi bwo kuba igihangange kandi ashobora kukiba.”

Yavuze ko ibyo kuba uyu Mugabane wa Afurika wahora usindagizwa uterwa inkunga mu nzego zinyuranye zirimo na siporo, kandi ufite impano ubundi zagatumye uza ku isonga kurusha indi yose, ukanagira ibindi byose nkenerwa.

Ati “Dufite abaturage, dufite imitungo, dufite impano, kandi abaturage bacu bafite ubwenge nk’ubufitwe n’ab’ahandi hose.”

Yatanze urugero rw’Umunyafurika Joel Embiid ubu akaba ari we mukinnyi witwaye neza muri NBA nka shampiyona ya Basketball ikomeye ku Isi, avuga ko ari Umunyafurika wo muri Cameroon.

Umukuru w’u Rwanda yibukije uru rubyiruko ko kugira ngo umuntu abe igihangange bisaba gukora cyane, ariko ko bakwiye kwiyumvamo ko imbaraga zabyo bazifite.

 

Ndi wowe nawe ukaba njye

Perezida Paul Kagame kandi yibukije uru rubyiruko ndetse n’Abanyafurika, ko ikirenze kuba ari ibihangange, ari n’abavandimwe.

Agendeye ku ku rugero rwari rwatanzwe na Masai Ujiri watangije ‘Giant of Afriva’ ko akomoka ku babyeyi bo mu Bihugu bibiri, barimo Umunya-Nigeria n’Umunya-Kenya ndetse na we ubu akaba ari Umunyarwanda, Perezida Kagame na we yatanze urugero rwe, avuga ko ubwabyo ibyo bishimangira ko Abanyafurika ari bamwe.

Ati “Mureke mbabwire ibijya gusa nabyo, navukiye hano [mu Rwanda], nkurira muri Uganda, Madamu wanjye yavukiye i Burundi, duhurira muri Kenya ubu turi hano.”

Abari muri Arena bose, bahise bazamura mu ijwi rirangurura icya rimwe, bakoma amashyi, akomeza agira ati “Rero Abanyafurika abo ni bo turi bo, turi abavandimwe, umwe ari muri undi. Ndi wowe, nawe ukaba njye.”

Masai Ujiri wari wahaye ikaze Perezida Kagame yanagarutse kumuha impano zirimo umupira wo kwambara wanditseho Kagame ndetse na nimero 20, igaragaza isabukuru ya Giant of Afrika, mu kumuhereza izi mpano, agira ati “Uyu ni we gihangange nyakuri cya Afurika.”

Masai kandi yavuze ko Afurika ifite umugisha mwinshi kuba ifite umuyobozi nka Perezida Paul Kagame, kuko abera benshi urugero.

Perezida Kagame yasabye urubyiruko rwa Afurika guharanira kuba ibihangange
Urubyiruko rwakoze akarasisi
N’urwo muri DRCongo rurahari
Abo muri Tanzania
No mu bindi Bihugu
Masai yahaye impano Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 15 =

Previous Post

Uburyo budasanzwe injangwe yisanze itunze akayabo k’amamiliyari

Next Post

Umukino wo gukirana hagati y’abaherwe wavugishije benshi wajemo urunturuntu

Related Posts

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukino wo gukirana hagati y’abaherwe wavugishije benshi wajemo urunturuntu

Umukino wo gukirana hagati y’abaherwe wavugishije benshi wajemo urunturuntu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.