Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO BASKETBALL

Turi abavandimwe- P.Kagame imbere y’Abanyarwanda, Abanyekongo n’abandi Banyafurika yavuze ijambo nyamukiranyabinyejana

radiotv10by radiotv10
14/08/2023
in BASKETBALL, IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI, SIPORO
0
Turi abavandimwe- P.Kagame imbere y’Abanyarwanda, Abanyekongo n’abandi Banyafurika yavuze ijambo nyamukiranyabinyejana
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko Abanyafurika ari ibihangange, bakwiye kubyiyumvamo bakabiharanira, kandi ko ikirenze ibyo ari n’abavandimwe, ati “Buri umwe ari muri undi. Ndi wowe, nawe ukaba njye.”

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 13 Kanama 2023, ubwo yatangizaga iserukiramuco ryo kwizihiza imyaka 20 Giants of Africa imaze ishinzwe.

Uyu muhango wabereye muri BK Arena, wabimburiwe n’imyiyerekano y’Urubyiruko rwaturutse mu Bihugu 16 byitabiriye iri serukiramuco, aho yatangiriye ku ruturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, urwo mu Rwanda narwo nk’Igihugu cyakiriye iri serukiramuco, ruba ari rwo rupfundikira iyi myiyerekano.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame wafunguye ku mugaragaro iri serukiramuco, yibukije ko Abanyafurika bashoboye, ati “Ndizera ko buri wese uri hano muri Arena ari Igihangange.”

Yakomeje agira ati “Afurika ni igihangange, Abanyafurika ni Ibihangange, ariko rero ni cyo gihe, ntidukene kubyibutswa, tugomba kubimenya tukabyiyumvamo, tukaba ibihangange turi bo kandi dukwiye kuba byo.”

Ariko nanone ngo kuba Igihangange, na byo bizamo amahitamo, kandi ko ayo mahitamo akwiye kuba aya buri Munyafurika, kuko bidafite uwo byaremewe.

Ati “Buri wese afite ubwo bushobozi bwo kuba igihangange kandi ashobora kukiba.”

Yavuze ko ibyo kuba uyu Mugabane wa Afurika wahora usindagizwa uterwa inkunga mu nzego zinyuranye zirimo na siporo, kandi ufite impano ubundi zagatumye uza ku isonga kurusha indi yose, ukanagira ibindi byose nkenerwa.

Ati “Dufite abaturage, dufite imitungo, dufite impano, kandi abaturage bacu bafite ubwenge nk’ubufitwe n’ab’ahandi hose.”

Yatanze urugero rw’Umunyafurika Joel Embiid ubu akaba ari we mukinnyi witwaye neza muri NBA nka shampiyona ya Basketball ikomeye ku Isi, avuga ko ari Umunyafurika wo muri Cameroon.

Umukuru w’u Rwanda yibukije uru rubyiruko ko kugira ngo umuntu abe igihangange bisaba gukora cyane, ariko ko bakwiye kwiyumvamo ko imbaraga zabyo bazifite.

 

Ndi wowe nawe ukaba njye

Perezida Paul Kagame kandi yibukije uru rubyiruko ndetse n’Abanyafurika, ko ikirenze kuba ari ibihangange, ari n’abavandimwe.

Agendeye ku ku rugero rwari rwatanzwe na Masai Ujiri watangije ‘Giant of Afriva’ ko akomoka ku babyeyi bo mu Bihugu bibiri, barimo Umunya-Nigeria n’Umunya-Kenya ndetse na we ubu akaba ari Umunyarwanda, Perezida Kagame na we yatanze urugero rwe, avuga ko ubwabyo ibyo bishimangira ko Abanyafurika ari bamwe.

Ati “Mureke mbabwire ibijya gusa nabyo, navukiye hano [mu Rwanda], nkurira muri Uganda, Madamu wanjye yavukiye i Burundi, duhurira muri Kenya ubu turi hano.”

Abari muri Arena bose, bahise bazamura mu ijwi rirangurura icya rimwe, bakoma amashyi, akomeza agira ati “Rero Abanyafurika abo ni bo turi bo, turi abavandimwe, umwe ari muri undi. Ndi wowe, nawe ukaba njye.”

Masai Ujiri wari wahaye ikaze Perezida Kagame yanagarutse kumuha impano zirimo umupira wo kwambara wanditseho Kagame ndetse na nimero 20, igaragaza isabukuru ya Giant of Afrika, mu kumuhereza izi mpano, agira ati “Uyu ni we gihangange nyakuri cya Afurika.”

Masai kandi yavuze ko Afurika ifite umugisha mwinshi kuba ifite umuyobozi nka Perezida Paul Kagame, kuko abera benshi urugero.

Perezida Kagame yasabye urubyiruko rwa Afurika guharanira kuba ibihangange
Urubyiruko rwakoze akarasisi
N’urwo muri DRCongo rurahari
Abo muri Tanzania
No mu bindi Bihugu
Masai yahaye impano Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Uburyo budasanzwe injangwe yisanze itunze akayabo k’amamiliyari

Next Post

Umukino wo gukirana hagati y’abaherwe wavugishije benshi wajemo urunturuntu

Related Posts

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana...

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, abaturage basanze umurambo w'umugabo mu nzu itabamo abantu, bigaragara ko wari umazemo...

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

by radiotv10
25/11/2025
0

In June 2025, Rwanda took a bold step by introducing visa-free travel for all African Union nationals, a landmark policy...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

IZIHERUKA

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya
MU RWANDA

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

25/11/2025
Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

25/11/2025
Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

24/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukino wo gukirana hagati y’abaherwe wavugishije benshi wajemo urunturuntu

Umukino wo gukirana hagati y’abaherwe wavugishije benshi wajemo urunturuntu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.