Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO BASKETBALL

Turi abavandimwe- P.Kagame imbere y’Abanyarwanda, Abanyekongo n’abandi Banyafurika yavuze ijambo nyamukiranyabinyejana

radiotv10by radiotv10
14/08/2023
in BASKETBALL, IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI, SIPORO
0
Turi abavandimwe- P.Kagame imbere y’Abanyarwanda, Abanyekongo n’abandi Banyafurika yavuze ijambo nyamukiranyabinyejana
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko Abanyafurika ari ibihangange, bakwiye kubyiyumvamo bakabiharanira, kandi ko ikirenze ibyo ari n’abavandimwe, ati “Buri umwe ari muri undi. Ndi wowe, nawe ukaba njye.”

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 13 Kanama 2023, ubwo yatangizaga iserukiramuco ryo kwizihiza imyaka 20 Giants of Africa imaze ishinzwe.

Uyu muhango wabereye muri BK Arena, wabimburiwe n’imyiyerekano y’Urubyiruko rwaturutse mu Bihugu 16 byitabiriye iri serukiramuco, aho yatangiriye ku ruturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, urwo mu Rwanda narwo nk’Igihugu cyakiriye iri serukiramuco, ruba ari rwo rupfundikira iyi myiyerekano.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame wafunguye ku mugaragaro iri serukiramuco, yibukije ko Abanyafurika bashoboye, ati “Ndizera ko buri wese uri hano muri Arena ari Igihangange.”

Yakomeje agira ati “Afurika ni igihangange, Abanyafurika ni Ibihangange, ariko rero ni cyo gihe, ntidukene kubyibutswa, tugomba kubimenya tukabyiyumvamo, tukaba ibihangange turi bo kandi dukwiye kuba byo.”

Ariko nanone ngo kuba Igihangange, na byo bizamo amahitamo, kandi ko ayo mahitamo akwiye kuba aya buri Munyafurika, kuko bidafite uwo byaremewe.

Ati “Buri wese afite ubwo bushobozi bwo kuba igihangange kandi ashobora kukiba.”

Yavuze ko ibyo kuba uyu Mugabane wa Afurika wahora usindagizwa uterwa inkunga mu nzego zinyuranye zirimo na siporo, kandi ufite impano ubundi zagatumye uza ku isonga kurusha indi yose, ukanagira ibindi byose nkenerwa.

Ati “Dufite abaturage, dufite imitungo, dufite impano, kandi abaturage bacu bafite ubwenge nk’ubufitwe n’ab’ahandi hose.”

Yatanze urugero rw’Umunyafurika Joel Embiid ubu akaba ari we mukinnyi witwaye neza muri NBA nka shampiyona ya Basketball ikomeye ku Isi, avuga ko ari Umunyafurika wo muri Cameroon.

Umukuru w’u Rwanda yibukije uru rubyiruko ko kugira ngo umuntu abe igihangange bisaba gukora cyane, ariko ko bakwiye kwiyumvamo ko imbaraga zabyo bazifite.

 

Ndi wowe nawe ukaba njye

Perezida Paul Kagame kandi yibukije uru rubyiruko ndetse n’Abanyafurika, ko ikirenze kuba ari ibihangange, ari n’abavandimwe.

Agendeye ku ku rugero rwari rwatanzwe na Masai Ujiri watangije ‘Giant of Afriva’ ko akomoka ku babyeyi bo mu Bihugu bibiri, barimo Umunya-Nigeria n’Umunya-Kenya ndetse na we ubu akaba ari Umunyarwanda, Perezida Kagame na we yatanze urugero rwe, avuga ko ubwabyo ibyo bishimangira ko Abanyafurika ari bamwe.

Ati “Mureke mbabwire ibijya gusa nabyo, navukiye hano [mu Rwanda], nkurira muri Uganda, Madamu wanjye yavukiye i Burundi, duhurira muri Kenya ubu turi hano.”

Abari muri Arena bose, bahise bazamura mu ijwi rirangurura icya rimwe, bakoma amashyi, akomeza agira ati “Rero Abanyafurika abo ni bo turi bo, turi abavandimwe, umwe ari muri undi. Ndi wowe, nawe ukaba njye.”

Masai Ujiri wari wahaye ikaze Perezida Kagame yanagarutse kumuha impano zirimo umupira wo kwambara wanditseho Kagame ndetse na nimero 20, igaragaza isabukuru ya Giant of Afrika, mu kumuhereza izi mpano, agira ati “Uyu ni we gihangange nyakuri cya Afurika.”

Masai kandi yavuze ko Afurika ifite umugisha mwinshi kuba ifite umuyobozi nka Perezida Paul Kagame, kuko abera benshi urugero.

Perezida Kagame yasabye urubyiruko rwa Afurika guharanira kuba ibihangange
Urubyiruko rwakoze akarasisi
N’urwo muri DRCongo rurahari
Abo muri Tanzania
No mu bindi Bihugu
Masai yahaye impano Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Uburyo budasanzwe injangwe yisanze itunze akayabo k’amamiliyari

Next Post

Umukino wo gukirana hagati y’abaherwe wavugishije benshi wajemo urunturuntu

Related Posts

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukino wo gukirana hagati y’abaherwe wavugishije benshi wajemo urunturuntu

Umukino wo gukirana hagati y’abaherwe wavugishije benshi wajemo urunturuntu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.