Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Twamenye amakuru arambuye ku gikorwa cyakozwe na Mayor cyakoze benshi ku mutima

radiotv10by radiotv10
25/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
3
Twamenye amakuru arambuye ku gikorwa cyakozwe na Mayor cyakoze benshi ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru akomeje gushimirwa igikorwa yakoze cyo kuyamba abana b’abanyeshuri bari bagiye ku ishuri, akabaha lifuti. Uwabyiboneye twaganiriye aduha amakuru arambuye kuri iki gikorwa.

Ni nyuma y’amafoto yashyizwe kuri Twitter n’uwitwa Rukundo Emmanuel usanzwe ari umunyamakuru, agaragaza abana bato biga mu mashuri abanza, bari gusohoka mu modoka yo mu bwoko bwa Toyota Vigo.

Mu kiganiro uyu munyamakuru yagiranye na RADIOTV10, Rukundo Emmanuel yavuze ko iki gikorwa cyabereye mu Kagari ka Rukore mu Murenge wa Buganza mu Karere ka Nyaruguru, ubwo Umuyobozi w’aka Karere, Emmanuel Murwanashyaka yanyuraga kuri aba banyeshuri bagiye mu masomo y’ikigoroba.

Avuga ko iyi modoka y’Umuyobozi w’Akarere yageze ku banyeshuri batatu barimo abahungu babiri n’umukobwa umwe ubwo bari mu nzira bajya ku Ishuri, igahagarara.

Ati “Bari abana bari bambaye boda boda zisa nk’izishaje n’imyenda y’ishuri ubona ko ishaje, ndatekereza nti ‘ese ni umuyobozi urimo ugiye kubabaza wenda ati kuki mujya ku ishuri mudafite isuku ihagije?’ mu gihe nkitekereza gutyo mbona abana babinjijemo, umwe ajya imbere, abandi babiri bajya inyuma.”

Rukundo Emmanuel avuga ko yasigaranye amacyenga y’aho abo bana baberecyeje akaza gukurikirana nk’umunyamakuru kuko yacyekaga ko bashobora kuba bagiye kugirirwa nabi.

Ati “Naje gutekereza nk’umunyamakuru ufite ikarita ya RMC, ndavuga nti ‘nubwo ntafashe ririya shusho babashyira mu modoka ariko nshobora kumenya nibura aba bana bararengera he’.”

Yasabye umushoferi wari umutwaye gukurikira iyi modoka ya Vigo yari ifite ibirahure bitabona, ati “Ngiye kubona mbona ya modoka ihagaze hafi y’ikigo cy’ishuri, imiryango barayikingura, mpita mvamo nikinga iruhande rw’urugi rwa shoferi, mfata video ya bariya bana bava mu modoka.”

Uyu munyamakuru avuga ko yabonye abo bana bava mu modoka bamwenyura, na we agahita yumva impungenge yari afite zishize kuko yibazaga utwaye abo bana n’aho abajyanye, agahita abegera akabaganiriza.

Yanagarutse ku bakomeje kuvuga ko ari ikinamico yafashwe, avuga ko ntaho ahuriye n’umuyobozi wa kariya Karere ndetse ko na we ubwe atari azi ko ari we wari uri muri iriya modoka.

Ati “Ni amashusho nafashe kuko byankoze ku mutima, kugira ngo ngaragaze igikorwa umuyobozi yakoze kandi wenda atazi ko hari abantu bari kumureba ku buryo byanaha isomo abandi bayobozi bumva ko batakwicisha bugufi.”

Avuga ko aganira n’aba bana bamubwiye bati “Meya yatubwiye ngo tujye mu modoka adutware, bongeraho ko yagiye abaganiriza, ababwira na we ko yabaye mu cyaro ari na ho yakuriye, abasaba kwiga bagatsinda kugira ngo na bo bazabashe kugenda mu modoka nk’iriya.”

Bamwe mu batanze ibitekerezo kuri aya mafoto, bashimye byimazeyo iki gikorwa cyakozwe n’umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru.

Umunyamakuru mugenzi we ufata amashusho witwa Richard Kwizera, atanga igitekerezo kuri aya mafoto, yagize ati “Igikorwa cyiza cyakozwe na Mayor.”

Uwitwa Ally Kanyankore na we yagize ati “Murwanashyaka ndamuzi i Muhanga yigisha muri ICK yazaga muri restaurant iwacu. Ni imfura irangwa no kwicisha bugufi no gukora neza akazi ke. Courage kuri we kabisa.”

Umwe yari yicaranye na Mayor imbere
Yabagejeje ku ishuri bavamo

RADIOTV10

Comments 3

  1. leodomirka says:
    2 years ago

    Uyumuyobozi turamushimiye cyaneee!nubwo tutamuzi. Abavuga ko ari ikinamico nibamwe bananiwe guca bugufi.

    Reply
  2. Mfashingabo Jean Paul says:
    2 years ago

    Umuntu nyamuntu n’ uwicisha bugufi, akabana n’ aboroheje, Kandi akagira umumaro mu gihe cyose…
    Buri wese agize umutima w’ impuhwe isi yagira amahoro…

    Reply
  3. Johnfrank says:
    2 years ago

    Uwo niwe muyobozi unabukwiye rwose! Ese bagiye bigira kuri president “ntaca nyabugogo akavamo agasuhuza abaturage!” Konta Moyer uraca mugasanteri kurwagwa ng wasuhuze abaturage!? Baba bikomeje kdi na bible irabivuga ngo abicisha bugufi bazashyirwa hejuru.Big up kuri Moyer wahayagaciro abobayobozi bejo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 10 =

Previous Post

Ushobora kuba ari uwa mbere wuzukuruje muto mu Rwanda ahishuye icyabiteye n’impamvu atishimye

Next Post

I Kinshasa byadogera noneho abanyapolitiki bakomeye barwanya Tshisekedi bakora ibidasanzwe

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
I Kinshasa byadogera noneho abanyapolitiki bakomeye barwanya Tshisekedi bakora ibidasanzwe

I Kinshasa byadogera noneho abanyapolitiki bakomeye barwanya Tshisekedi bakora ibidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.