Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Twifuzaga ko yifotozanya natwe-Mushikiwabo avuga ku wahagarariye Tshisekedi wanze kwifozanya n’abandi

radiotv10by radiotv10
21/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Twifuzaga ko yifotozanya natwe-Mushikiwabo avuga ku wahagarariye Tshisekedi wanze kwifozanya n’abandi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Madamu Louise Mushikiwabo avuga ko atitaye ku kureba niba Minisitiri w’Intebe wa DRC, witabiriye inama y’uyu muryango ahagarariye Felix Tshisekedi atarifotozanyije n’abandi, ariko ko bifuzaga ko na we aba muri iyo foto.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje i Djerba muri Tunisie habereye Inteko Rusange ya OIF yanatorewemo Umunyamabanga Mukuru w’uyu muryango, aho Louise Mushikiwabo yongeye gutorerwa uyu mwanya muri manda ya kabiri.

Ni inama yitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma batandukanye barimo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Emmanuel Macron w’u Bufaransa.

Perezida Felix Tshisekedi utaritabiriye iyi nama, yohereje Minisitiri w’Intebe w’Igihugu cye, Sama Lukonde wanongeye kugereka ku Rwanda ibirego by’ibinyoma mu nama y’Abaminisitiri yabaye ku wa Gatanu, ariko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta agahita amunyomoza avuga ko ibi birego ari ibinyoma.

Sama Lukonde kandi yanze kwifozanya n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye iyi nama ubwo hafatwaga ifoto rusange y’urwibutso.

Ubwo hasozwaga iyi Nteko Rusange, Madamu Louise Mushikiwabo yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru, abazwa ku kuba Minisititri w’Intebe wa DRC, Sama Lukonde atarifotoranyije n’abandi.

Madamu Louise Mushikiwabo yavuze ko atigeze yita ku kureba ababa baraje muri iyi foto cyangwa abatarayigiyemo.

Yagize ati “Ntabwo nitondeye kureba uwaje mu ifoto cyangwa utarayijemo, gusa niba atarayijemo birababaje kuko twe twifuzaga ko yifotoanya n’abandi.”

Sama Lukonde mu kiganiro yagiranye na TV5 MONDE, yavuze ko impamvu atagaragaye muri iriya foto, ari ubutumwa yashakaga gutanga.

Ati “Mbera na mbere kuri Froncophonie ko tubabajwe n’ikibazo cy’umutekano kigaragara mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ikibazo kiri guhungabanya uburenganzira bwa muntu aho dufite abantu ibuhumbi n’ibihumbi bari kuva mu byabo.”

Avuga ko yifuzaga kugaragariza uyu muryango wa OIF ndetse n’abakuru b’Ibihugu bitabiriye iriya nama ko bakwiye kugira icyo bakora kuri iki kibazo kiri mu Burasirazuba bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Undi Mudepite mu Rwanda yeguye agira n’icyo avuga ku mpamvu inugwanugwa

Next Post

Kigali: Umugore yasohotse mu gicuku atabaza bagiye kureba basanga umugabo we yapfuye

Related Posts

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi...

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida w’agateganyo wa Venezuela, Delcy Rodriguez yatangaje ko yiteguye gukorana na Leta Zunze Ubumwe za Amerikca ku ngingo z’ingenzi zishingiye...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

After the Burundian Minister of Foreign Affairs posted a statement criticizing the Government of Qatar, claiming it used its power...

IZIHERUKA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga
MU RWANDA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku mwana wishwe urw’agashinyaguro uwabikoze agatorokana umutwe we

Kigali: Umugore yasohotse mu gicuku atabaza bagiye kureba basanga umugabo we yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.