Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Twifuzaga ko yifotozanya natwe-Mushikiwabo avuga ku wahagarariye Tshisekedi wanze kwifozanya n’abandi

radiotv10by radiotv10
21/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Twifuzaga ko yifotozanya natwe-Mushikiwabo avuga ku wahagarariye Tshisekedi wanze kwifozanya n’abandi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Madamu Louise Mushikiwabo avuga ko atitaye ku kureba niba Minisitiri w’Intebe wa DRC, witabiriye inama y’uyu muryango ahagarariye Felix Tshisekedi atarifotozanyije n’abandi, ariko ko bifuzaga ko na we aba muri iyo foto.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje i Djerba muri Tunisie habereye Inteko Rusange ya OIF yanatorewemo Umunyamabanga Mukuru w’uyu muryango, aho Louise Mushikiwabo yongeye gutorerwa uyu mwanya muri manda ya kabiri.

Ni inama yitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma batandukanye barimo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Emmanuel Macron w’u Bufaransa.

Perezida Felix Tshisekedi utaritabiriye iyi nama, yohereje Minisitiri w’Intebe w’Igihugu cye, Sama Lukonde wanongeye kugereka ku Rwanda ibirego by’ibinyoma mu nama y’Abaminisitiri yabaye ku wa Gatanu, ariko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta agahita amunyomoza avuga ko ibi birego ari ibinyoma.

Sama Lukonde kandi yanze kwifozanya n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye iyi nama ubwo hafatwaga ifoto rusange y’urwibutso.

Ubwo hasozwaga iyi Nteko Rusange, Madamu Louise Mushikiwabo yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru, abazwa ku kuba Minisititri w’Intebe wa DRC, Sama Lukonde atarifotoranyije n’abandi.

Madamu Louise Mushikiwabo yavuze ko atigeze yita ku kureba ababa baraje muri iyi foto cyangwa abatarayigiyemo.

Yagize ati “Ntabwo nitondeye kureba uwaje mu ifoto cyangwa utarayijemo, gusa niba atarayijemo birababaje kuko twe twifuzaga ko yifotoanya n’abandi.”

Sama Lukonde mu kiganiro yagiranye na TV5 MONDE, yavuze ko impamvu atagaragaye muri iriya foto, ari ubutumwa yashakaga gutanga.

Ati “Mbera na mbere kuri Froncophonie ko tubabajwe n’ikibazo cy’umutekano kigaragara mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ikibazo kiri guhungabanya uburenganzira bwa muntu aho dufite abantu ibuhumbi n’ibihumbi bari kuva mu byabo.”

Avuga ko yifuzaga kugaragariza uyu muryango wa OIF ndetse n’abakuru b’Ibihugu bitabiriye iriya nama ko bakwiye kugira icyo bakora kuri iki kibazo kiri mu Burasirazuba bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Undi Mudepite mu Rwanda yeguye agira n’icyo avuga ku mpamvu inugwanugwa

Next Post

Kigali: Umugore yasohotse mu gicuku atabaza bagiye kureba basanga umugabo we yapfuye

Related Posts

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku mwana wishwe urw’agashinyaguro uwabikoze agatorokana umutwe we

Kigali: Umugore yasohotse mu gicuku atabaza bagiye kureba basanga umugabo we yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.