Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Twifuzaga ko yifotozanya natwe-Mushikiwabo avuga ku wahagarariye Tshisekedi wanze kwifozanya n’abandi

radiotv10by radiotv10
21/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Twifuzaga ko yifotozanya natwe-Mushikiwabo avuga ku wahagarariye Tshisekedi wanze kwifozanya n’abandi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Madamu Louise Mushikiwabo avuga ko atitaye ku kureba niba Minisitiri w’Intebe wa DRC, witabiriye inama y’uyu muryango ahagarariye Felix Tshisekedi atarifotozanyije n’abandi, ariko ko bifuzaga ko na we aba muri iyo foto.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje i Djerba muri Tunisie habereye Inteko Rusange ya OIF yanatorewemo Umunyamabanga Mukuru w’uyu muryango, aho Louise Mushikiwabo yongeye gutorerwa uyu mwanya muri manda ya kabiri.

Ni inama yitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma batandukanye barimo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Emmanuel Macron w’u Bufaransa.

Perezida Felix Tshisekedi utaritabiriye iyi nama, yohereje Minisitiri w’Intebe w’Igihugu cye, Sama Lukonde wanongeye kugereka ku Rwanda ibirego by’ibinyoma mu nama y’Abaminisitiri yabaye ku wa Gatanu, ariko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta agahita amunyomoza avuga ko ibi birego ari ibinyoma.

Sama Lukonde kandi yanze kwifozanya n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bitabiriye iyi nama ubwo hafatwaga ifoto rusange y’urwibutso.

Ubwo hasozwaga iyi Nteko Rusange, Madamu Louise Mushikiwabo yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru, abazwa ku kuba Minisititri w’Intebe wa DRC, Sama Lukonde atarifotoranyije n’abandi.

Madamu Louise Mushikiwabo yavuze ko atigeze yita ku kureba ababa baraje muri iyi foto cyangwa abatarayigiyemo.

Yagize ati “Ntabwo nitondeye kureba uwaje mu ifoto cyangwa utarayijemo, gusa niba atarayijemo birababaje kuko twe twifuzaga ko yifotoanya n’abandi.”

Sama Lukonde mu kiganiro yagiranye na TV5 MONDE, yavuze ko impamvu atagaragaye muri iriya foto, ari ubutumwa yashakaga gutanga.

Ati “Mbera na mbere kuri Froncophonie ko tubabajwe n’ikibazo cy’umutekano kigaragara mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ikibazo kiri guhungabanya uburenganzira bwa muntu aho dufite abantu ibuhumbi n’ibihumbi bari kuva mu byabo.”

Avuga ko yifuzaga kugaragariza uyu muryango wa OIF ndetse n’abakuru b’Ibihugu bitabiriye iriya nama ko bakwiye kugira icyo bakora kuri iki kibazo kiri mu Burasirazuba bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 14 =

Previous Post

Undi Mudepite mu Rwanda yeguye agira n’icyo avuga ku mpamvu inugwanugwa

Next Post

Kigali: Umugore yasohotse mu gicuku atabaza bagiye kureba basanga umugabo we yapfuye

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku mwana wishwe urw’agashinyaguro uwabikoze agatorokana umutwe we

Kigali: Umugore yasohotse mu gicuku atabaza bagiye kureba basanga umugabo we yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.