Monday, June 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Twinjire mu myiteguro ya Rayon n’imvano y’ibyishimo itangiye isesendereza mu bakunzi bayo

radiotv10by radiotv10
24/08/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
Twinjire mu myiteguro ya Rayon n’imvano y’ibyishimo itangiye isesendereza mu bakunzi bayo
Share on FacebookShare on Twitter

Abakunzi ba Rayon Sports barimo kwishimira gutangira neza umwaka mushya wa Shampiyona wa 2023-1024, ariko se baba bazi imvano y’ibi byishimo, cyangwa barabigizemo uruhare? Nk’umukunzi wa ruhago, umusesenguzi Kazungu Claver arava imuzi ikihishe inyuma y’ibi byishimo.

Mbere na mbere tubyemeranye ko Rayon Sports yiyubatse ikagura abakinnyi beza bari mu bushobozi bwayo.

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele yatangiye kuyobora ikipe atazi iby’umupira w’amaguru cyane cyane atazi abakinnyi yagura bamuha umusaruro.

Ari muri Studio za RADIOTV10, Uwayezu yavuze ko igihe cyo kugura abakinnyi mu mpeshyi, ari bwo abona abamuhamagara benshi bavuga ko bakunda ikipe, bamurangira abakinnyi bakwiye gukinira Rayon Sports.

Nyuma yo kubona ko abo yizeye bamutengushye bamuyobya mu kugura abakinnyi no gushaka abatoza akabura umusaruro wo gutwara igikombe cya Shampiyona mu myaka 3 kandi yari intego yari yarihaye, nubwo yatwayemo igikombe cy’Amahoro ariko yakuyemo isomo ryo kwishakamo igisubizo cyo kutazongera guhangikwa abakinnyi ndetse n’abatoza.

Amakuru yizewe ni uko yari ameze nk’ufite Zahabu ariko atabizi cyangwa atayizeye. Yafashe umwanzuro mwiza ari na wo amakipe akomeye akoresha.

Yagiriye icyizere umukozi we ahemba Umunyamabanga w’ikipe Namenye Patrick, umugabo ukiri muto, umuhanga, umwizerwa akaba n’inyamugayo, ati “Ni wowe nshinze kugura abakinnyi, gushaka abatoza, n’ibindi byose bikenewe mu ikipe.”

Ubu akazi ka Perezida ni ukwishyura no gusinya gusa, ubundi agakora ubucuruzi bwe uko ashaka nta mutima uhagaze kuko avuga ati “SG Namenye Patrick ibimunanira arambwira.”

Mu magambo asobanutse, Namenye Patrick yeguriwe kuyobora Rayon, ameze nka Yosefu Mwene Yakobo Umwami Farawo amwegurira kuyobora Igihugu cya Egiputa cyangwa Misiri biri muri Bibiliya Yera Itangiriro 41:37-46.

Ni yo mpamvu uyu munsi twabonye impinduka muri Rayon Sports ku buryo bazana abatoza n’abakinnyi mu ibanga bikamenyakana ari uko bageze i Kanombe.

Kugeza ubu uretse umunyezamu Simon Tamale wabaye umuzamu mwiza watowe wa Season muri Shampiyona ya Uganda, ni we twavuga ko Namenye Patrick yibeshyeho bitewe n’uko ahari atari yamubonye imbonankubone kubera ko ari mugufi.

Namenye Patrick ntiyabishoboye kubera ko ari muto kuko abahangikaga abakinnyi n’abatoza Perezida Uwayezu Jean Fidel ntabwo ari abasaza, ahubwo mbere yo byose yaba Umusore, Inkumi, Umugore ukuze cyangwa Umusaza guhabwa izo nshingano agomba kuba ari umwizerwa.

Ibya Namenye Patrick bitandukanye n’ibyo ubusanzwe twumva mu mupira wacu w’amaguru tumenyereye kumva hashimwa umuntu ko ari umuhanga mu mupira w’amaguru ko ari umuhanga awuzi cyane, kandi benshi bamuziho gushaka abapfumu, gushaka abakinnyi b’izindi kipe ngo batange ibitego, gushaka abasifuzi, byaba ngombwa no gushaka abayobozi b’andi makipe kugura amanota.

Dukeneye ba Namenye Patrick benshi b’abizerwa mu mupira wacu.

Chalres Bbal uherutse gufasha Rayon gutsinda APR
Namenye Patrick na Perezida wa Rayon
Abakunzi ba Rayon batangiye umwaka w’imikino bamwenyura

KAZUNGU Claver
RADIOTV10

Comments 1

  1. Wellars Ntawukuriryayo says:
    2 years ago

    Nibyo rwose tubafite twabona umusaruro mwiza waruhago nyarwanda “ba NAMENYE” ariko barahari ahubwo kubera amanyanga yabenshi mubayobora ayamakipe baba bashaka abo bafatanya mubidaciye mumucyo byose.
    Ubuse @KAZUNGU ko nemera ko ntawukurusha iyo qualite ,kayiranga J.B., Abega, Sadate, … kuki ntawubahamagara ngo mufatanye? Nuko baziko murabanyakuri kdi abenshi ukuri kubaba kure.,
    Gukorera mukuri bigira umusaruro mwiza Kandi urambye.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 14 =

Previous Post

Abagaba b’Ingabo muri EAC barimo uwa RDF bahuriye mu nama idasanzwe yiga ku bya DRCongo

Next Post

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bazobereye mu gukoresha imbwa mu gutahura ibyaha biremereye

Related Posts

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

by radiotv10
09/06/2025
0

Amakipe azahagararira u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga APR FC na Rayon Sports, yatanze andi kujya ku isoko ryo kugura abakinnyi...

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

Abakinnyi b’abanyamahanga bakinira Rayon Sports FC bari bamaze igihe bataka kudahabwa amatike y’indege abasubiza iwabo mu biruhuko bizejwe kuyahabwa, ndetse...

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

by radiotv10
04/06/2025
0

Niyibizi Ramadhan ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi, uri gusoza amasezerano ye muri APR FC, yahawe ubutumire n'ikipe  yo mu...

IZIHERUKA

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda
FOOTBALL

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

by radiotv10
09/06/2025
0

Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

09/06/2025
Abahanzi Nyarwanda babiri bavuzweho urukundo bagiye guhurira mu bitaramo bitegerezanyijwe amatsiko

Abahanzi Nyarwanda babiri bavuzweho urukundo bagiye guhurira mu bitaramo bitegerezanyijwe amatsiko

09/06/2025
Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

09/06/2025
Nyamasheke: Imiryango 258 yahawe ubufasha burimo ubuzayifasha kwikura mu bukene

Nyamasheke: Imiryango 258 yahawe ubufasha burimo ubuzayifasha kwikura mu bukene

09/06/2025
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

07/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bazobereye mu gukoresha imbwa mu gutahura ibyaha biremereye

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bazobereye mu gukoresha imbwa mu gutahura ibyaha biremereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

Abahanzi Nyarwanda babiri bavuzweho urukundo bagiye guhurira mu bitaramo bitegerezanyijwe amatsiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.