Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Twinjire mu myiteguro ya Rayon n’imvano y’ibyishimo itangiye isesendereza mu bakunzi bayo

radiotv10by radiotv10
24/08/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
Twinjire mu myiteguro ya Rayon n’imvano y’ibyishimo itangiye isesendereza mu bakunzi bayo
Share on FacebookShare on Twitter

Abakunzi ba Rayon Sports barimo kwishimira gutangira neza umwaka mushya wa Shampiyona wa 2023-1024, ariko se baba bazi imvano y’ibi byishimo, cyangwa barabigizemo uruhare? Nk’umukunzi wa ruhago, umusesenguzi Kazungu Claver arava imuzi ikihishe inyuma y’ibi byishimo.

Mbere na mbere tubyemeranye ko Rayon Sports yiyubatse ikagura abakinnyi beza bari mu bushobozi bwayo.

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele yatangiye kuyobora ikipe atazi iby’umupira w’amaguru cyane cyane atazi abakinnyi yagura bamuha umusaruro.

Ari muri Studio za RADIOTV10, Uwayezu yavuze ko igihe cyo kugura abakinnyi mu mpeshyi, ari bwo abona abamuhamagara benshi bavuga ko bakunda ikipe, bamurangira abakinnyi bakwiye gukinira Rayon Sports.

Nyuma yo kubona ko abo yizeye bamutengushye bamuyobya mu kugura abakinnyi no gushaka abatoza akabura umusaruro wo gutwara igikombe cya Shampiyona mu myaka 3 kandi yari intego yari yarihaye, nubwo yatwayemo igikombe cy’Amahoro ariko yakuyemo isomo ryo kwishakamo igisubizo cyo kutazongera guhangikwa abakinnyi ndetse n’abatoza.

Amakuru yizewe ni uko yari ameze nk’ufite Zahabu ariko atabizi cyangwa atayizeye. Yafashe umwanzuro mwiza ari na wo amakipe akomeye akoresha.

Yagiriye icyizere umukozi we ahemba Umunyamabanga w’ikipe Namenye Patrick, umugabo ukiri muto, umuhanga, umwizerwa akaba n’inyamugayo, ati “Ni wowe nshinze kugura abakinnyi, gushaka abatoza, n’ibindi byose bikenewe mu ikipe.”

Ubu akazi ka Perezida ni ukwishyura no gusinya gusa, ubundi agakora ubucuruzi bwe uko ashaka nta mutima uhagaze kuko avuga ati “SG Namenye Patrick ibimunanira arambwira.”

Mu magambo asobanutse, Namenye Patrick yeguriwe kuyobora Rayon, ameze nka Yosefu Mwene Yakobo Umwami Farawo amwegurira kuyobora Igihugu cya Egiputa cyangwa Misiri biri muri Bibiliya Yera Itangiriro 41:37-46.

Ni yo mpamvu uyu munsi twabonye impinduka muri Rayon Sports ku buryo bazana abatoza n’abakinnyi mu ibanga bikamenyakana ari uko bageze i Kanombe.

Kugeza ubu uretse umunyezamu Simon Tamale wabaye umuzamu mwiza watowe wa Season muri Shampiyona ya Uganda, ni we twavuga ko Namenye Patrick yibeshyeho bitewe n’uko ahari atari yamubonye imbonankubone kubera ko ari mugufi.

Namenye Patrick ntiyabishoboye kubera ko ari muto kuko abahangikaga abakinnyi n’abatoza Perezida Uwayezu Jean Fidel ntabwo ari abasaza, ahubwo mbere yo byose yaba Umusore, Inkumi, Umugore ukuze cyangwa Umusaza guhabwa izo nshingano agomba kuba ari umwizerwa.

Ibya Namenye Patrick bitandukanye n’ibyo ubusanzwe twumva mu mupira wacu w’amaguru tumenyereye kumva hashimwa umuntu ko ari umuhanga mu mupira w’amaguru ko ari umuhanga awuzi cyane, kandi benshi bamuziho gushaka abapfumu, gushaka abakinnyi b’izindi kipe ngo batange ibitego, gushaka abasifuzi, byaba ngombwa no gushaka abayobozi b’andi makipe kugura amanota.

Dukeneye ba Namenye Patrick benshi b’abizerwa mu mupira wacu.

Chalres Bbal uherutse gufasha Rayon gutsinda APR
Namenye Patrick na Perezida wa Rayon
Abakunzi ba Rayon batangiye umwaka w’imikino bamwenyura

KAZUNGU Claver
RADIOTV10

Comments 1

  1. Wellars Ntawukuriryayo says:
    2 years ago

    Nibyo rwose tubafite twabona umusaruro mwiza waruhago nyarwanda “ba NAMENYE” ariko barahari ahubwo kubera amanyanga yabenshi mubayobora ayamakipe baba bashaka abo bafatanya mubidaciye mumucyo byose.
    Ubuse @KAZUNGU ko nemera ko ntawukurusha iyo qualite ,kayiranga J.B., Abega, Sadate, … kuki ntawubahamagara ngo mufatanye? Nuko baziko murabanyakuri kdi abenshi ukuri kubaba kure.,
    Gukorera mukuri bigira umusaruro mwiza Kandi urambye.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 2 =

Previous Post

Abagaba b’Ingabo muri EAC barimo uwa RDF bahuriye mu nama idasanzwe yiga ku bya DRCongo

Next Post

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bazobereye mu gukoresha imbwa mu gutahura ibyaha biremereye

Related Posts

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu w'ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo...

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

by radiotv10
28/11/2025
0

Umukinnyi wo hagati Bigirimana Abedi wa Rayon Sports, agiye kumara ibyumweru bitatu hanze y’ikibuga adakina kubera imvune yagize. Aya makuru...

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yahagaritse imikino itatu rutahizamu w’Umurundi Jean Claude Girumugisha ukinira Al Hilal Omdurman, nyuma yo...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bazobereye mu gukoresha imbwa mu gutahura ibyaha biremereye

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bazobereye mu gukoresha imbwa mu gutahura ibyaha biremereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.