Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Burundi bwarabikoze kuki Congo itanabigerageje?- U Rwanda rwavuze kuri DRC yateye umugongo impunzi zayo

radiotv10by radiotv10
11/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Burundi bwarabikoze kuki Congo itanabigerageje?- U Rwanda rwavuze kuri DRC yateye umugongo impunzi zayo
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwamaganye ibiri guhwihwiswa ko rutazongera kwakira impunzi, ariko ko rutazahwema guhamagarira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umuryango mpuzamahanga, gutora umuti w’ikibazo cy’impunzi z’iki Gihugu zimaze imyaka irenga 20 mu Rwanda, itaranagira icyo izivugaho, mu gihe u Burundi buherutse gusaba izabwo gutahuka.

Ikibazo cy’impunzi z’Abanyekongo zicumbitse mu Rwanda zirimo n’izihamaze imyaka irenga 20, cyongeye kugarukwaho na Perezida Paul Kagame ku wa Mbere ubwo yongeraga kuvuga birambuye ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Kagame yavuze ko nta gihe u Rwanda rutagaragaje ikibazo cy’izi mpunzi ko zikwiye gutahuka mu Gihugu zaturutsemo ndetse ko we ubwe yakiganiriyeho na mugenzi we uyobora DRC muri iki gihe ubwo yari akijya ku butegetsi, akamwereka uburyo cyakemuka.

Perezida Kagame yagize ati “Narababwiye nka Perezida mushya nti ‘rwose tuzabafasha mu gukemura iki kibazo’. Bigitangira yarabyemeye, ariko aka kanya murabona uko bihaze.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yavuze ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’Ibihugu byemeye kuyobywa n’ibinyoma byayo, bakomeje gushinja u Rwanda ibirego by’ibinyoma, nyamara bakirengagiza umuzi w’ikibazo kiri muri Congo kinatuma izi mpunzi zikomeza guhunga.

Perezida Kagame mu butumwa yageneye umuryango mpuzamahanga, yagize ati “Ni ikibazo kinini kuri mwe kuruta uko ari ikibazo kuri njye, ariko sinemera ko u Rwanda ruzakomeza kwikorera uyu mutwaro ruhora rucunagurizwaho, rutukirwa umunsi ku wundi.”

Yakomeje agira ati “Mubafate mubajyane aho mushaka cyangwa mubajyane iwabo mubarindireyo umutekano.”

Hari ibitangazamakuru mpuzamahanga ndetse n’abanyapolitiki bahise batangira kuzamura inkuru z’ibihuha ko u Rwanda rutazongera kwakira impunzi.

Guverinoma y’u Rwanda yahakanye ibi bikomeje gutangazwa, dore ko ubwo Perezida Kagame yanavugaga iri jambo, yavuze ko umunsi wabanjirije uwo, u Rwanda rwari rwakiriye impunzi zivuye muri Congo Kinshasa ndetse ko kuri uwo munsi bwo hashoboraga kuba hari haje benshi.

Umubugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yagize ati “U Rwanda ruzakomeza kwakira impunzi ndetse nanizeye ko kuri uyu mugoroba ubwo nza kwaka raporo haraza kuba hari impunzi ziza kuba zinjiye mu Rwanda.”

Yavuze ko u Rwamye rwubaha amasezerano mpuzamahanga arebana no kwakira impunzi ndetse n’uburenganzira bwazo ariko ko ikiruta byose runasangaywe indangagaciro zo kwita ku bari mu kaga.

Ati “Ikindi kandi ni uko mu muco w’u Rwanda twamye duhora twiteguye kwakira buri wese wifuza kuruzamo. Ibyo bivuze ko u Rwanda ruzakomeza kwakira impunzi.”

Alain Mukuralinda yakomeje avuga ko “nanone ariko ruzakomeza guha umukoro umuryango mpuzahanga na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Biratangaje kuba mu myaka 20 ishize tutarigeze twumva Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ivuga ku baturage bayo bari hano. Nyamara mu byumweru bibiri cyangwa bitatu Guverinoma y’u Burundi yohereje intuma z’abaminisitiri n’abandi bayobozi bakuru bakoze ingendo mu Gihugu basura impunzi z’Abarundi mu nkambi babashishikariza gutaha. Ko u Burundi bwabikoze ariko Congo ikaba itabigerageza.”

Yavuze ko igishishikaje Congo ari ugushinja u Rwanda ibinyoma ko rufasha umutwe wa M23 nyamara ikibazo gikomeye ari icy’izi mpunzi z’Abanyekongo zahungiye mu Rwanda ndetse n’impamvu yatumye zihunga na n’ubu igikomeje kubaho ikaba iri no gutuma hari izindi zihungira mu Rwanda.

Yavuze ko iki kibazo nikiramuka kidatorewe umuti, kizongera kigafata indi myaka itanu cyangwa icumi iri imbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Undi mwana mu Rwanda yitabye Imana avuye ku ishuri azize impanuka yo idasanzwe

Next Post

Ntabwo ari uguhahamura abantu ariko FDLR nabonye yanteye ubwoba- Umunyarwanda uvuye muri DRCongo

Related Posts

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

Take 60 Seconds to Recharge: A Simple Trick to Boost Your Productivity

by radiotv10
31/12/2025
0

We often think being busy means being productive. But working non-stop can make us tired, stressed, and less creative. The...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben
IMYIDAGADURO

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntabwo ari uguhahamura abantu ariko FDLR nabonye yanteye ubwoba- Umunyarwanda uvuye muri DRCongo

Ntabwo ari uguhahamura abantu ariko FDLR nabonye yanteye ubwoba- Umunyarwanda uvuye muri DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.