Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Burundi bwarabikoze kuki Congo itanabigerageje?- U Rwanda rwavuze kuri DRC yateye umugongo impunzi zayo

radiotv10by radiotv10
11/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Burundi bwarabikoze kuki Congo itanabigerageje?- U Rwanda rwavuze kuri DRC yateye umugongo impunzi zayo
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwamaganye ibiri guhwihwiswa ko rutazongera kwakira impunzi, ariko ko rutazahwema guhamagarira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umuryango mpuzamahanga, gutora umuti w’ikibazo cy’impunzi z’iki Gihugu zimaze imyaka irenga 20 mu Rwanda, itaranagira icyo izivugaho, mu gihe u Burundi buherutse gusaba izabwo gutahuka.

Ikibazo cy’impunzi z’Abanyekongo zicumbitse mu Rwanda zirimo n’izihamaze imyaka irenga 20, cyongeye kugarukwaho na Perezida Paul Kagame ku wa Mbere ubwo yongeraga kuvuga birambuye ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Kagame yavuze ko nta gihe u Rwanda rutagaragaje ikibazo cy’izi mpunzi ko zikwiye gutahuka mu Gihugu zaturutsemo ndetse ko we ubwe yakiganiriyeho na mugenzi we uyobora DRC muri iki gihe ubwo yari akijya ku butegetsi, akamwereka uburyo cyakemuka.

Perezida Kagame yagize ati “Narababwiye nka Perezida mushya nti ‘rwose tuzabafasha mu gukemura iki kibazo’. Bigitangira yarabyemeye, ariko aka kanya murabona uko bihaze.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yavuze ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’Ibihugu byemeye kuyobywa n’ibinyoma byayo, bakomeje gushinja u Rwanda ibirego by’ibinyoma, nyamara bakirengagiza umuzi w’ikibazo kiri muri Congo kinatuma izi mpunzi zikomeza guhunga.

Perezida Kagame mu butumwa yageneye umuryango mpuzamahanga, yagize ati “Ni ikibazo kinini kuri mwe kuruta uko ari ikibazo kuri njye, ariko sinemera ko u Rwanda ruzakomeza kwikorera uyu mutwaro ruhora rucunagurizwaho, rutukirwa umunsi ku wundi.”

Yakomeje agira ati “Mubafate mubajyane aho mushaka cyangwa mubajyane iwabo mubarindireyo umutekano.”

Hari ibitangazamakuru mpuzamahanga ndetse n’abanyapolitiki bahise batangira kuzamura inkuru z’ibihuha ko u Rwanda rutazongera kwakira impunzi.

Guverinoma y’u Rwanda yahakanye ibi bikomeje gutangazwa, dore ko ubwo Perezida Kagame yanavugaga iri jambo, yavuze ko umunsi wabanjirije uwo, u Rwanda rwari rwakiriye impunzi zivuye muri Congo Kinshasa ndetse ko kuri uwo munsi bwo hashoboraga kuba hari haje benshi.

Umubugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yagize ati “U Rwanda ruzakomeza kwakira impunzi ndetse nanizeye ko kuri uyu mugoroba ubwo nza kwaka raporo haraza kuba hari impunzi ziza kuba zinjiye mu Rwanda.”

Yavuze ko u Rwamye rwubaha amasezerano mpuzamahanga arebana no kwakira impunzi ndetse n’uburenganzira bwazo ariko ko ikiruta byose runasangaywe indangagaciro zo kwita ku bari mu kaga.

Ati “Ikindi kandi ni uko mu muco w’u Rwanda twamye duhora twiteguye kwakira buri wese wifuza kuruzamo. Ibyo bivuze ko u Rwanda ruzakomeza kwakira impunzi.”

Alain Mukuralinda yakomeje avuga ko “nanone ariko ruzakomeza guha umukoro umuryango mpuzahanga na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Biratangaje kuba mu myaka 20 ishize tutarigeze twumva Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ivuga ku baturage bayo bari hano. Nyamara mu byumweru bibiri cyangwa bitatu Guverinoma y’u Burundi yohereje intuma z’abaminisitiri n’abandi bayobozi bakuru bakoze ingendo mu Gihugu basura impunzi z’Abarundi mu nkambi babashishikariza gutaha. Ko u Burundi bwabikoze ariko Congo ikaba itabigerageza.”

Yavuze ko igishishikaje Congo ari ugushinja u Rwanda ibinyoma ko rufasha umutwe wa M23 nyamara ikibazo gikomeye ari icy’izi mpunzi z’Abanyekongo zahungiye mu Rwanda ndetse n’impamvu yatumye zihunga na n’ubu igikomeje kubaho ikaba iri no gutuma hari izindi zihungira mu Rwanda.

Yavuze ko iki kibazo nikiramuka kidatorewe umuti, kizongera kigafata indi myaka itanu cyangwa icumi iri imbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + sixteen =

Previous Post

Undi mwana mu Rwanda yitabye Imana avuye ku ishuri azize impanuka yo idasanzwe

Next Post

Ntabwo ari uguhahamura abantu ariko FDLR nabonye yanteye ubwoba- Umunyarwanda uvuye muri DRCongo

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa
AMAHANGA

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntabwo ari uguhahamura abantu ariko FDLR nabonye yanteye ubwoba- Umunyarwanda uvuye muri DRCongo

Ntabwo ari uguhahamura abantu ariko FDLR nabonye yanteye ubwoba- Umunyarwanda uvuye muri DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.