Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Burusiya na Korea ya Ruguru barikomanga mu gatuza banishimira ubufatanye mu ntambata

radiotv10by radiotv10
28/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Burusiya na Korea ya Ruguru barikomanga mu gatuza banishimira ubufatanye mu ntambata
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Koreya ya Ruguru yemeye ku mugaragaro uruhare rwayo mu ntambara ihanganishije Ukrain n’u Burusiya, Perezida Vladimir Putin yashimiye uruhare rw’ingabo za Koreya ya Ruguru mu rugamba rwo kwigarurira agace Kursk ko mu Burusiya hari katwawe na Ukraine.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Kremlin ku wa Mbere tariki 28 Mata 2025, Putin yashimiye Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, ku nkunga akomeje gutera u Burusiya mu rugamba ihanganyemo na Ukraine.

Yagize ati “Ndashimira ubutwari, imyitozo ihambaye n’ubwitange by’ingabo za Koreya ya Ruguru, zarwanye zifatanyije n’ingabo z’u Burusiya, zirinda Igihugu cyacu nk’icyabo.”

Koreya ya Ruguru yemeye ku mugaragaro ko yohereje ingabo zayo gufasha iz’u Burusiya nyuma y’iminsi ibiri gusa u Burusiya butangaje ko bwigaruriye burundu akarere ka Kursk, gaherereye ku mupaka wa Ukraine.

Ukraine yari yarigaruriye igice cy’aka karere ka Kursk nyuma y’igitero gitunguranye yatangije muri Kanama 2024.

Icyakora abategetsi ba Ukraine bahakanye ibyavuzwe n’u Burusiya ko bwamaze kwigarurira ako gace kose, gusa mu itangazo Pyongyang yashyize ahagaragara, na yo yemeje ko igikorwa cyo kwigarurira Kursk, cyagenze neza binyuze mu gusubiza inyuma igitero gikomeye cyari cyagabwe na Ukraine ku Burusiya.

Itangazamakuru rya Leta ya Koreya ya Ruguru, rivuga ko Kim Jong Un , yafashe icyemezo cyo kohereza ingabo mu Burusiya hashingiwe ku masezerano y’ubufatanye mu kubungabunga umutekano yasinyanye na Perezida Putin muri Kamena 2024.

Aya masezerano asaba Ibihugu byombi gukoresha uburyo bwose bushoboka mu gutanga ubufasha bwihuse mu bya gisirikare igihe kimwe muri byo cyaba gitewe.

Inzego z’ubutasi za Leta Zunze Ubumwe za America, Koreya y’Epfo na Ukraine zatangaje ko Koreya ya Ruguru yohereje abasirikare bari hagati y’ibihumbi 10 na 12 muri Ukraine mu mpera z’umwaka ushize.

Gusa Koreya ya Ruguru ntiyigeze itangaza umubare w’ingabo yohereje mu Burusiya cyangwa se abahasize ubuzima.

Muri Werurwe uyu mwaka igisirikare cya Koreya y’Epfo cyatangaje ko abasirikare ba Koreya ya Ruguru bagera ku 4 000 bapfuye abandi benshi bagakomerekera mu ntambara u Burusiya buhanganyemo na Ukraine.

Ibihugu byombi byanasinye amasezerano yo gutabarana

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 8 =

Previous Post

Maxime Prevot visit to Africa: solid diplomacy agenda or “ikimwaro” (ashamed and confused)?

Next Post

MTN Rwanda yatumye hari abategarugori basagwa n’ibyishimo

Related Posts

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
31/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryamaganye ibyo gufungura Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Goma, byavugiwe...

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

by radiotv10
31/10/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has strongly criticized France’s recent remarks...

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

by radiotv10
30/10/2025
0

Umuryango urwanya Ubushomeri n’Iyicarubozo ALUCHOTO watanze umuburo ko Abarundi baba mu Bihugu bimwe nka Tanzania na Malawi, bari gukorerwa ibikorwa...

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

by radiotv10
30/10/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rw’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwakatiye igihano cy’umwaka usubitse umusirikarekazi Adjudante Béanche Sarah Ebabi...

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Ifoto y’imodoka yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi bivugwa ko ari umutamenwa, yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, ni iyo ingabo z’iki Gihugu zamurikiye...

IZIHERUKA

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?
MU RWANDA

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

01/11/2025
Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

01/11/2025
Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

31/10/2025
Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda yatumye hari abategarugori basagwa n’ibyishimo

MTN Rwanda yatumye hari abategarugori basagwa n'ibyishimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.