Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Burusiya na Korea ya Ruguru barikomanga mu gatuza banishimira ubufatanye mu ntambata

radiotv10by radiotv10
28/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Burusiya na Korea ya Ruguru barikomanga mu gatuza banishimira ubufatanye mu ntambata
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Koreya ya Ruguru yemeye ku mugaragaro uruhare rwayo mu ntambara ihanganishije Ukrain n’u Burusiya, Perezida Vladimir Putin yashimiye uruhare rw’ingabo za Koreya ya Ruguru mu rugamba rwo kwigarurira agace Kursk ko mu Burusiya hari katwawe na Ukraine.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Kremlin ku wa Mbere tariki 28 Mata 2025, Putin yashimiye Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, ku nkunga akomeje gutera u Burusiya mu rugamba ihanganyemo na Ukraine.

Yagize ati “Ndashimira ubutwari, imyitozo ihambaye n’ubwitange by’ingabo za Koreya ya Ruguru, zarwanye zifatanyije n’ingabo z’u Burusiya, zirinda Igihugu cyacu nk’icyabo.”

Koreya ya Ruguru yemeye ku mugaragaro ko yohereje ingabo zayo gufasha iz’u Burusiya nyuma y’iminsi ibiri gusa u Burusiya butangaje ko bwigaruriye burundu akarere ka Kursk, gaherereye ku mupaka wa Ukraine.

Ukraine yari yarigaruriye igice cy’aka karere ka Kursk nyuma y’igitero gitunguranye yatangije muri Kanama 2024.

Icyakora abategetsi ba Ukraine bahakanye ibyavuzwe n’u Burusiya ko bwamaze kwigarurira ako gace kose, gusa mu itangazo Pyongyang yashyize ahagaragara, na yo yemeje ko igikorwa cyo kwigarurira Kursk, cyagenze neza binyuze mu gusubiza inyuma igitero gikomeye cyari cyagabwe na Ukraine ku Burusiya.

Itangazamakuru rya Leta ya Koreya ya Ruguru, rivuga ko Kim Jong Un , yafashe icyemezo cyo kohereza ingabo mu Burusiya hashingiwe ku masezerano y’ubufatanye mu kubungabunga umutekano yasinyanye na Perezida Putin muri Kamena 2024.

Aya masezerano asaba Ibihugu byombi gukoresha uburyo bwose bushoboka mu gutanga ubufasha bwihuse mu bya gisirikare igihe kimwe muri byo cyaba gitewe.

Inzego z’ubutasi za Leta Zunze Ubumwe za America, Koreya y’Epfo na Ukraine zatangaje ko Koreya ya Ruguru yohereje abasirikare bari hagati y’ibihumbi 10 na 12 muri Ukraine mu mpera z’umwaka ushize.

Gusa Koreya ya Ruguru ntiyigeze itangaza umubare w’ingabo yohereje mu Burusiya cyangwa se abahasize ubuzima.

Muri Werurwe uyu mwaka igisirikare cya Koreya y’Epfo cyatangaje ko abasirikare ba Koreya ya Ruguru bagera ku 4 000 bapfuye abandi benshi bagakomerekera mu ntambara u Burusiya buhanganyemo na Ukraine.

Ibihugu byombi byanasinye amasezerano yo gutabarana

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + twenty =

Previous Post

Maxime Prevot visit to Africa: solid diplomacy agenda or “ikimwaro” (ashamed and confused)?

Next Post

MTN Rwanda yatumye hari abategarugori basagwa n’ibyishimo

Related Posts

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

by radiotv10
06/01/2026
0

Abarwanyi barenga ibihumbi bitatu barimo abasirikare b’u Burundi, aba DRC, ab’umutwe wa FDLR n’uwa Wazalendo, baravugwaho kwigarurira ishuri riherereye muri...

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

by radiotv10
06/01/2026
0

Nicolás Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela uherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za America zimusanze mu Gihugu cye, ubwo...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda yatumye hari abategarugori basagwa n’ibyishimo

MTN Rwanda yatumye hari abategarugori basagwa n'ibyishimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.