Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Burusiya na Korea ya Ruguru barikomanga mu gatuza banishimira ubufatanye mu ntambata

radiotv10by radiotv10
28/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Burusiya na Korea ya Ruguru barikomanga mu gatuza banishimira ubufatanye mu ntambata
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Koreya ya Ruguru yemeye ku mugaragaro uruhare rwayo mu ntambara ihanganishije Ukrain n’u Burusiya, Perezida Vladimir Putin yashimiye uruhare rw’ingabo za Koreya ya Ruguru mu rugamba rwo kwigarurira agace Kursk ko mu Burusiya hari katwawe na Ukraine.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Kremlin ku wa Mbere tariki 28 Mata 2025, Putin yashimiye Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, ku nkunga akomeje gutera u Burusiya mu rugamba ihanganyemo na Ukraine.

Yagize ati “Ndashimira ubutwari, imyitozo ihambaye n’ubwitange by’ingabo za Koreya ya Ruguru, zarwanye zifatanyije n’ingabo z’u Burusiya, zirinda Igihugu cyacu nk’icyabo.”

Koreya ya Ruguru yemeye ku mugaragaro ko yohereje ingabo zayo gufasha iz’u Burusiya nyuma y’iminsi ibiri gusa u Burusiya butangaje ko bwigaruriye burundu akarere ka Kursk, gaherereye ku mupaka wa Ukraine.

Ukraine yari yarigaruriye igice cy’aka karere ka Kursk nyuma y’igitero gitunguranye yatangije muri Kanama 2024.

Icyakora abategetsi ba Ukraine bahakanye ibyavuzwe n’u Burusiya ko bwamaze kwigarurira ako gace kose, gusa mu itangazo Pyongyang yashyize ahagaragara, na yo yemeje ko igikorwa cyo kwigarurira Kursk, cyagenze neza binyuze mu gusubiza inyuma igitero gikomeye cyari cyagabwe na Ukraine ku Burusiya.

Itangazamakuru rya Leta ya Koreya ya Ruguru, rivuga ko Kim Jong Un , yafashe icyemezo cyo kohereza ingabo mu Burusiya hashingiwe ku masezerano y’ubufatanye mu kubungabunga umutekano yasinyanye na Perezida Putin muri Kamena 2024.

Aya masezerano asaba Ibihugu byombi gukoresha uburyo bwose bushoboka mu gutanga ubufasha bwihuse mu bya gisirikare igihe kimwe muri byo cyaba gitewe.

Inzego z’ubutasi za Leta Zunze Ubumwe za America, Koreya y’Epfo na Ukraine zatangaje ko Koreya ya Ruguru yohereje abasirikare bari hagati y’ibihumbi 10 na 12 muri Ukraine mu mpera z’umwaka ushize.

Gusa Koreya ya Ruguru ntiyigeze itangaza umubare w’ingabo yohereje mu Burusiya cyangwa se abahasize ubuzima.

Muri Werurwe uyu mwaka igisirikare cya Koreya y’Epfo cyatangaje ko abasirikare ba Koreya ya Ruguru bagera ku 4 000 bapfuye abandi benshi bagakomerekera mu ntambara u Burusiya buhanganyemo na Ukraine.

Ibihugu byombi byanasinye amasezerano yo gutabarana

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Maxime Prevot visit to Africa: solid diplomacy agenda or “ikimwaro” (ashamed and confused)?

Next Post

MTN Rwanda yatumye hari abategarugori basagwa n’ibyishimo

Related Posts

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda yatumye hari abategarugori basagwa n’ibyishimo

MTN Rwanda yatumye hari abategarugori basagwa n'ibyishimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.