• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

radiotv10by radiotv10
06/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi
Share on FacebookShare on Twitter

U Buyapani bwibutse imyaka 80 ishize Leta Zunze Ubumwe za America iteye igisasu cya kirimbuzi mu mujyi wa Hiroshima muri iki Gihugu cy’u Buyapani.

Uyu muhango witabiriwe na Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani, Shigeru Ishiba n’abandi bayobozi batandukanye baturutse hirya no hino ku Isi.

Mu ijambo rye Meya w’umujyi wa Hiroshima, Kazumi Matsui yavuze ko amasezerano yo Kudakwirakwiza Intwaro za Kirimbuzi (Nuclear Non-Proliferation Treaty-NPT), agamije gukumira ikwirakwizwa ry’intwaro za kirimbuzi n’ikoreshwa ry’ingufu za kirimbuzi mu buryo bw’amahoro, adashyirwa mu bikorwa uko bikwiye.

Yaboneyeho gusaba Leta y’u Buyapani kwemeza burundu Amasezerano mpuzamahanga  yo Gukumira Intwaro za Kirimbuzi (Treaty on the Prohibition of Nuclear Weapons-TPNW), yemejwe  mu mwaka wa 2021 hagamijwe guhagarika burundu izi ntwaro ku isi hose.

Ibihugu birenga 70 byamaze kwemeza burundu aya masezerano, ariko ibifite intwaro za kirimbuzi nk’u Burusiya na America byayamaganye, bivuga ko izo ntwaro zigira uruhare rwo gukumira intambara binyuze mu gutera ubwoba ababishaka.

U Buyapani na bwo bwanze kuyashyigikira, buvuga ko umutekano wabwo urinzwe kurushaho n’intwaro za kirimbuzi z’Abanyamerika.

Ibisasu bya kirimbuzi byaranwe na Amerika i Hiroshima n’i Nagasaki mu ntambara ya kabiri y’Isi yose, byahitanye abantu barenga ibihumbi 200, bamwe bahita bapfa ubwo byaturikaga, abandi bapfa nyuma bazize uburwayi bwatewe na byo cyangwa ibikomere byabyo. Ibyo bisasu bya kirimbuzi, byasize ingaruka zikomeye zigikurikirana ababirokotse kugeza magingo aya.

Abayobozi bitabiriye uyu muhango

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 16 =

Previous Post

Mashami Vincent yamaze kwemezwa nk’umutoza w’ikipe yo hanze y’u Rwanda

Next Post

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.