Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Bwongereza bwatanzeho u Rwanda urugero rw’Ibihugu by’indashyikirwa mu mikoranire y’ubukungu

radiotv10by radiotv10
17/02/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
U Bwongereza bwatanzeho u Rwanda urugero rw’Ibihugu by’indashyikirwa mu mikoranire y’ubukungu
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Bwongereza yatangaje ko mu Bihugu imaze imyaka 30 ikorana na byo mu by’ubukungu, u Rwanda rwagaragaje gukoresha neza inkunga ruhabwa kandi igatanga umusaruro.

Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza iri gusesengura uburyo bushobora gusimbura imitego Ibihugu bikize bifatisha ikikennye, irimo inguzanyo n’impano bihabwa ibyo muri Afurika.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bwongereza, David William Donald Cameron, ubwo yaganiraga n’abagize iyi Nteko, yavuga ko Guverinoma y’Igihugu cye yatangiye gufasha Ibihugu byo muri Afurika kwigobotora ingaruka z’imyenda.

Yagize ati “Iyo usubije amaso inyuma ukareba imishinga yagenewe korohereza Ibihugu bikennye kugabanya amadeni y’amahanga; usanga yarabafashije cyane, ariko hari ibyo usanga byarasubiye inyuma, ariko usanga uruhare amadeni yari afite ku musaruro mbumbe wabyo utameze nk’uko byari bimeze mbere.”

Yakomeje agira ati “Hari aho usanga bigeze kuri 60% bivuye ku 100%. Ibi Bihugu dushobora kubifasha gushaka uko byakwishakamo amafaranga avuye mu misoro yabo. Natanga urugero nko ku Rwanda. Twakoranye n’u Rwanda kuva mu myaka ya 1990. Tumaze kubafasha kuzamura imisoro ku rugero rw’inshuro icumi. Uruhare rw’imisoro ku musaruro mbumbe wabo rwavuye ku 8% bigera kuri 16%. Ni icyo kigere kinini mu karere rurimo.”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, avuga ko u Rwanda rwatangiye kwigengesera mu nguzanyo rufata.

Yagize ati “Nubwo gukenera amafaranga bigenda byiyongera; agenda ashakwa mu buryo bwitondewe ku buryo bitarenga ubushobozi bw’Igihugu bwo kwishyura. Uko byakozwe mu bihe byashize ni na ko bizakomeza.”

Muri uwo murongo wo gucunga neza amadeni y’amahanga; Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa, avuga ko kuva muri 2022 kugeza imibare yerekana ko u Rwanda ruhagaze neza ku bijyanye n’imyenda.

Yagize ati “Amafaranga tugomba kwishyura buri mwaka ugereranyije n’imisoro twakira; ubundi ntugomba kurenza 23%. Iyo ubyirengeje uba ugeze ahantu uremerewe n’umwenda. Urebye u Rwanda muri 2022 ruri kuri 14.5%. Mu mwaka ukurikiye biziyongera kubera ko hari amafaranga ya euro bond yasigaye yo muri 2013, bizagera kuri 30%, ariko ayo namara kuvamo; muri 2024 bizagera kuri 12.2%.”

Guverinoma y’u Rwanda, ivuga ko imicungire myiza y’izi nguzanyo z’amahanga byagize uruhare rukomeye mu kuzamura ubukungu bw’Igihugu.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Igikekwa ku nkongi idasanzwe yadutse mu gicuku ikibasira isoko ry’Inkambi ya Kigeme

Next Post

Kayonza: Bavuze ibyo batungujwe ku munsi w’Intwari bifuza ko bitazongera

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Bavuze ibyo batungujwe ku munsi w’Intwari bifuza ko bitazongera

Kayonza: Bavuze ibyo batungujwe ku munsi w’Intwari bifuza ko bitazongera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.