Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Bwongereza bwatanzeho u Rwanda urugero rw’Ibihugu by’indashyikirwa mu mikoranire y’ubukungu

radiotv10by radiotv10
17/02/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
U Bwongereza bwatanzeho u Rwanda urugero rw’Ibihugu by’indashyikirwa mu mikoranire y’ubukungu
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Bwongereza yatangaje ko mu Bihugu imaze imyaka 30 ikorana na byo mu by’ubukungu, u Rwanda rwagaragaje gukoresha neza inkunga ruhabwa kandi igatanga umusaruro.

Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza iri gusesengura uburyo bushobora gusimbura imitego Ibihugu bikize bifatisha ikikennye, irimo inguzanyo n’impano bihabwa ibyo muri Afurika.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bwongereza, David William Donald Cameron, ubwo yaganiraga n’abagize iyi Nteko, yavuga ko Guverinoma y’Igihugu cye yatangiye gufasha Ibihugu byo muri Afurika kwigobotora ingaruka z’imyenda.

Yagize ati “Iyo usubije amaso inyuma ukareba imishinga yagenewe korohereza Ibihugu bikennye kugabanya amadeni y’amahanga; usanga yarabafashije cyane, ariko hari ibyo usanga byarasubiye inyuma, ariko usanga uruhare amadeni yari afite ku musaruro mbumbe wabyo utameze nk’uko byari bimeze mbere.”

Yakomeje agira ati “Hari aho usanga bigeze kuri 60% bivuye ku 100%. Ibi Bihugu dushobora kubifasha gushaka uko byakwishakamo amafaranga avuye mu misoro yabo. Natanga urugero nko ku Rwanda. Twakoranye n’u Rwanda kuva mu myaka ya 1990. Tumaze kubafasha kuzamura imisoro ku rugero rw’inshuro icumi. Uruhare rw’imisoro ku musaruro mbumbe wabo rwavuye ku 8% bigera kuri 16%. Ni icyo kigere kinini mu karere rurimo.”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, avuga ko u Rwanda rwatangiye kwigengesera mu nguzanyo rufata.

Yagize ati “Nubwo gukenera amafaranga bigenda byiyongera; agenda ashakwa mu buryo bwitondewe ku buryo bitarenga ubushobozi bw’Igihugu bwo kwishyura. Uko byakozwe mu bihe byashize ni na ko bizakomeza.”

Muri uwo murongo wo gucunga neza amadeni y’amahanga; Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa, avuga ko kuva muri 2022 kugeza imibare yerekana ko u Rwanda ruhagaze neza ku bijyanye n’imyenda.

Yagize ati “Amafaranga tugomba kwishyura buri mwaka ugereranyije n’imisoro twakira; ubundi ntugomba kurenza 23%. Iyo ubyirengeje uba ugeze ahantu uremerewe n’umwenda. Urebye u Rwanda muri 2022 ruri kuri 14.5%. Mu mwaka ukurikiye biziyongera kubera ko hari amafaranga ya euro bond yasigaye yo muri 2013, bizagera kuri 30%, ariko ayo namara kuvamo; muri 2024 bizagera kuri 12.2%.”

Guverinoma y’u Rwanda, ivuga ko imicungire myiza y’izi nguzanyo z’amahanga byagize uruhare rukomeye mu kuzamura ubukungu bw’Igihugu.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Igikekwa ku nkongi idasanzwe yadutse mu gicuku ikibasira isoko ry’Inkambi ya Kigeme

Next Post

Kayonza: Bavuze ibyo batungujwe ku munsi w’Intwari bifuza ko bitazongera

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Bavuze ibyo batungujwe ku munsi w’Intwari bifuza ko bitazongera

Kayonza: Bavuze ibyo batungujwe ku munsi w’Intwari bifuza ko bitazongera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.