Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Bwongereza bwatanzeho u Rwanda urugero rw’Ibihugu by’indashyikirwa mu mikoranire y’ubukungu

radiotv10by radiotv10
17/02/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
U Bwongereza bwatanzeho u Rwanda urugero rw’Ibihugu by’indashyikirwa mu mikoranire y’ubukungu
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Bwongereza yatangaje ko mu Bihugu imaze imyaka 30 ikorana na byo mu by’ubukungu, u Rwanda rwagaragaje gukoresha neza inkunga ruhabwa kandi igatanga umusaruro.

Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza iri gusesengura uburyo bushobora gusimbura imitego Ibihugu bikize bifatisha ikikennye, irimo inguzanyo n’impano bihabwa ibyo muri Afurika.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bwongereza, David William Donald Cameron, ubwo yaganiraga n’abagize iyi Nteko, yavuga ko Guverinoma y’Igihugu cye yatangiye gufasha Ibihugu byo muri Afurika kwigobotora ingaruka z’imyenda.

Yagize ati “Iyo usubije amaso inyuma ukareba imishinga yagenewe korohereza Ibihugu bikennye kugabanya amadeni y’amahanga; usanga yarabafashije cyane, ariko hari ibyo usanga byarasubiye inyuma, ariko usanga uruhare amadeni yari afite ku musaruro mbumbe wabyo utameze nk’uko byari bimeze mbere.”

Yakomeje agira ati “Hari aho usanga bigeze kuri 60% bivuye ku 100%. Ibi Bihugu dushobora kubifasha gushaka uko byakwishakamo amafaranga avuye mu misoro yabo. Natanga urugero nko ku Rwanda. Twakoranye n’u Rwanda kuva mu myaka ya 1990. Tumaze kubafasha kuzamura imisoro ku rugero rw’inshuro icumi. Uruhare rw’imisoro ku musaruro mbumbe wabo rwavuye ku 8% bigera kuri 16%. Ni icyo kigere kinini mu karere rurimo.”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, avuga ko u Rwanda rwatangiye kwigengesera mu nguzanyo rufata.

Yagize ati “Nubwo gukenera amafaranga bigenda byiyongera; agenda ashakwa mu buryo bwitondewe ku buryo bitarenga ubushobozi bw’Igihugu bwo kwishyura. Uko byakozwe mu bihe byashize ni na ko bizakomeza.”

Muri uwo murongo wo gucunga neza amadeni y’amahanga; Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa, avuga ko kuva muri 2022 kugeza imibare yerekana ko u Rwanda ruhagaze neza ku bijyanye n’imyenda.

Yagize ati “Amafaranga tugomba kwishyura buri mwaka ugereranyije n’imisoro twakira; ubundi ntugomba kurenza 23%. Iyo ubyirengeje uba ugeze ahantu uremerewe n’umwenda. Urebye u Rwanda muri 2022 ruri kuri 14.5%. Mu mwaka ukurikiye biziyongera kubera ko hari amafaranga ya euro bond yasigaye yo muri 2013, bizagera kuri 30%, ariko ayo namara kuvamo; muri 2024 bizagera kuri 12.2%.”

Guverinoma y’u Rwanda, ivuga ko imicungire myiza y’izi nguzanyo z’amahanga byagize uruhare rukomeye mu kuzamura ubukungu bw’Igihugu.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two − 1 =

Previous Post

Igikekwa ku nkongi idasanzwe yadutse mu gicuku ikibasira isoko ry’Inkambi ya Kigeme

Next Post

Kayonza: Bavuze ibyo batungujwe ku munsi w’Intwari bifuza ko bitazongera

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Bavuze ibyo batungujwe ku munsi w’Intwari bifuza ko bitazongera

Kayonza: Bavuze ibyo batungujwe ku munsi w’Intwari bifuza ko bitazongera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.