Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

U Rwanda na Senegal, Kiyovu yasezerewe mu cy’Amahoro, ManU yongera guta ikuzo,…Uwa Kabiri udasanzwe

radiotv10by radiotv10
20/04/2022
in SIPORO
0
U Rwanda na Senegal, Kiyovu yasezerewe mu cy’Amahoro, ManU yongera guta ikuzo,…Uwa Kabiri udasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Mata 2022, wabaye umunsi udasanzwe mu makuru ajyanye na Siporo by’umwihariko muri Football aho u Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Senegal mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika.

Amakuru yabanje gutungura abakurikirana ibya football mu Rwanda, ni isezererwa rya Kiyovu Sports mu gikombe cy’Amahoro aho iyi kipe yari no mu zahabwaga amahirwe.

Iyi kipe ya Kiyovu iherutse no guhagurutswa ku ntebe y’urutonde rwa Shampiyona ubwo yatsindwaga na Gasogi United ibitero 2-0 bigatuma APR FC ifata umwanya wa mbere nyuma y’uko iyi kipe y’Ingabo itsinze Bugesera FC 1-0.

Kiyovu yari imaze iminsi yicaye ku mwanya wa mbere muri Shampiyona, nyuma yo kuwuhagurutswaho na Gasogi United ya KNC, kuri uyu wa Kabiri yongeye gukorwa mu jisho na Marines FC mu gikombe cy’amahoro aho yayitsinze ibitego 2-1 bituma iyisezerera.

Abakunzi ba Kiyovu si bo baraye nabi gusa kuko n’aba Manchester United yo mu Bwongereza na bo batorohewe nyuma y’uko Liverpool inyagiye iyi kipe ibitego 4-0.

Manchester United yatsinzwe 4-0

Muri uyu mukino Liverpool yagiyemo ibizi neza ko niwutsinda ihita ifata umwanya wa mbere w’agategeno muri Shampiyona y’u Bwongereza, iyi kipe ikinamo kabuhariwe Sadio Mane, yarushije bigaragara Manchester United itigeze ikunda kugera imbere y’izamu rya Liverpool.

Uyu munsi wo ku wa Kabiri, wabaye udasanzwe koko ku bakunzi ba ruhago bo mu Rwanda, kuko ari na bwo habaye tombora y’uko ibihugu bizahura mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizaba umwaka utaha wa 2023 yarangiye u Rwanda rwisanze mu itsinda ririmo Senegal ifite iki gikombe yegukanye muri Gashyantare uyu mwaka.

U Rwanda kandi ruri kumwe na Benin ndetse na Mozambique muri iri tsinda rya nyuma (L).

Benshi mu bakunzi ba ruhago mu Rwanda, bahise bagira amatsiko yo kuzareba umukino uzahuza Amavubi aheruka mu gikombe cya Afurika mu myaka 18 ishinze ndetse na Senegal ifite iki gikombe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Umushinwa wakubise Abanyarwanda yababoheye ku musaraba yakatiwe gufungwa imyaka 20

Next Post

Indege ya RwandAir yagiriye ikibazo muri Uganda ubwo yagwaga

Related Posts

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu w'ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo...

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

by radiotv10
28/11/2025
0

Umukinnyi wo hagati Bigirimana Abedi wa Rayon Sports, agiye kumara ibyumweru bitatu hanze y’ikibuga adakina kubera imvune yagize. Aya makuru...

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yahagaritse imikino itatu rutahizamu w’Umurundi Jean Claude Girumugisha ukinira Al Hilal Omdurman, nyuma yo...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Indege ya RwandAir yagiriye ikibazo muri Uganda ubwo yagwaga

Indege ya RwandAir yagiriye ikibazo muri Uganda ubwo yagwaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.