Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

U Rwanda na Senegal, Kiyovu yasezerewe mu cy’Amahoro, ManU yongera guta ikuzo,…Uwa Kabiri udasanzwe

radiotv10by radiotv10
20/04/2022
in SIPORO
0
U Rwanda na Senegal, Kiyovu yasezerewe mu cy’Amahoro, ManU yongera guta ikuzo,…Uwa Kabiri udasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Mata 2022, wabaye umunsi udasanzwe mu makuru ajyanye na Siporo by’umwihariko muri Football aho u Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Senegal mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika.

Amakuru yabanje gutungura abakurikirana ibya football mu Rwanda, ni isezererwa rya Kiyovu Sports mu gikombe cy’Amahoro aho iyi kipe yari no mu zahabwaga amahirwe.

Iyi kipe ya Kiyovu iherutse no guhagurutswa ku ntebe y’urutonde rwa Shampiyona ubwo yatsindwaga na Gasogi United ibitero 2-0 bigatuma APR FC ifata umwanya wa mbere nyuma y’uko iyi kipe y’Ingabo itsinze Bugesera FC 1-0.

Kiyovu yari imaze iminsi yicaye ku mwanya wa mbere muri Shampiyona, nyuma yo kuwuhagurutswaho na Gasogi United ya KNC, kuri uyu wa Kabiri yongeye gukorwa mu jisho na Marines FC mu gikombe cy’amahoro aho yayitsinze ibitego 2-1 bituma iyisezerera.

Abakunzi ba Kiyovu si bo baraye nabi gusa kuko n’aba Manchester United yo mu Bwongereza na bo batorohewe nyuma y’uko Liverpool inyagiye iyi kipe ibitego 4-0.

Manchester United yatsinzwe 4-0

Muri uyu mukino Liverpool yagiyemo ibizi neza ko niwutsinda ihita ifata umwanya wa mbere w’agategeno muri Shampiyona y’u Bwongereza, iyi kipe ikinamo kabuhariwe Sadio Mane, yarushije bigaragara Manchester United itigeze ikunda kugera imbere y’izamu rya Liverpool.

Uyu munsi wo ku wa Kabiri, wabaye udasanzwe koko ku bakunzi ba ruhago bo mu Rwanda, kuko ari na bwo habaye tombora y’uko ibihugu bizahura mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizaba umwaka utaha wa 2023 yarangiye u Rwanda rwisanze mu itsinda ririmo Senegal ifite iki gikombe yegukanye muri Gashyantare uyu mwaka.

U Rwanda kandi ruri kumwe na Benin ndetse na Mozambique muri iri tsinda rya nyuma (L).

Benshi mu bakunzi ba ruhago mu Rwanda, bahise bagira amatsiko yo kuzareba umukino uzahuza Amavubi aheruka mu gikombe cya Afurika mu myaka 18 ishinze ndetse na Senegal ifite iki gikombe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Umushinwa wakubise Abanyarwanda yababoheye ku musaraba yakatiwe gufungwa imyaka 20

Next Post

Indege ya RwandAir yagiriye ikibazo muri Uganda ubwo yagwaga

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indege ya RwandAir yagiriye ikibazo muri Uganda ubwo yagwaga

Indege ya RwandAir yagiriye ikibazo muri Uganda ubwo yagwaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.