Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

U Rwanda na Senegal, Kiyovu yasezerewe mu cy’Amahoro, ManU yongera guta ikuzo,…Uwa Kabiri udasanzwe

radiotv10by radiotv10
20/04/2022
in SIPORO
0
U Rwanda na Senegal, Kiyovu yasezerewe mu cy’Amahoro, ManU yongera guta ikuzo,…Uwa Kabiri udasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Mata 2022, wabaye umunsi udasanzwe mu makuru ajyanye na Siporo by’umwihariko muri Football aho u Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Senegal mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika.

Amakuru yabanje gutungura abakurikirana ibya football mu Rwanda, ni isezererwa rya Kiyovu Sports mu gikombe cy’Amahoro aho iyi kipe yari no mu zahabwaga amahirwe.

Iyi kipe ya Kiyovu iherutse no guhagurutswa ku ntebe y’urutonde rwa Shampiyona ubwo yatsindwaga na Gasogi United ibitero 2-0 bigatuma APR FC ifata umwanya wa mbere nyuma y’uko iyi kipe y’Ingabo itsinze Bugesera FC 1-0.

Kiyovu yari imaze iminsi yicaye ku mwanya wa mbere muri Shampiyona, nyuma yo kuwuhagurutswaho na Gasogi United ya KNC, kuri uyu wa Kabiri yongeye gukorwa mu jisho na Marines FC mu gikombe cy’amahoro aho yayitsinze ibitego 2-1 bituma iyisezerera.

Abakunzi ba Kiyovu si bo baraye nabi gusa kuko n’aba Manchester United yo mu Bwongereza na bo batorohewe nyuma y’uko Liverpool inyagiye iyi kipe ibitego 4-0.

Manchester United yatsinzwe 4-0

Muri uyu mukino Liverpool yagiyemo ibizi neza ko niwutsinda ihita ifata umwanya wa mbere w’agategeno muri Shampiyona y’u Bwongereza, iyi kipe ikinamo kabuhariwe Sadio Mane, yarushije bigaragara Manchester United itigeze ikunda kugera imbere y’izamu rya Liverpool.

Uyu munsi wo ku wa Kabiri, wabaye udasanzwe koko ku bakunzi ba ruhago bo mu Rwanda, kuko ari na bwo habaye tombora y’uko ibihugu bizahura mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizaba umwaka utaha wa 2023 yarangiye u Rwanda rwisanze mu itsinda ririmo Senegal ifite iki gikombe yegukanye muri Gashyantare uyu mwaka.

U Rwanda kandi ruri kumwe na Benin ndetse na Mozambique muri iri tsinda rya nyuma (L).

Benshi mu bakunzi ba ruhago mu Rwanda, bahise bagira amatsiko yo kuzareba umukino uzahuza Amavubi aheruka mu gikombe cya Afurika mu myaka 18 ishinze ndetse na Senegal ifite iki gikombe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + twenty =

Previous Post

Umushinwa wakubise Abanyarwanda yababoheye ku musaraba yakatiwe gufungwa imyaka 20

Next Post

Indege ya RwandAir yagiriye ikibazo muri Uganda ubwo yagwaga

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indege ya RwandAir yagiriye ikibazo muri Uganda ubwo yagwaga

Indege ya RwandAir yagiriye ikibazo muri Uganda ubwo yagwaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.