Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwabwije ukuri America yongeye kuruvugaho ibyo muri Congo ikanagereranya M23 na FDLR

radiotv10by radiotv10
16/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kuki Congo yabanje kwifata ku myanzuro yari yahariye u Rwanda ikaza kwemera kuyasinya?

Amb. Olivier Nduhungirehe

Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko bidakwiye kuba Leta Zunze Ubumwe za America zishyira M23 na FDLR mu gatebo kamwe, ananenga kuba iki Gihugu cyararuciye kikarumira ku bikorwa bibi bya FDLR, ariko kikanenga M23 irwanira impamvu zumvikana.

Ni nyuma yuko Ibiro bishinzwe Ububanyi na Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za America, bishyize hanze ubutumwa byibutsa ibyatangajwe n’itsinda ry’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye mu mpera z’umwaka ushize.

Itsinda ry’Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye, mu bihe bitandukanye, zashyize hanze raporo zikubiyemo amwe mu makuru anyuranye n’ukuri, arimo ayo gushinja u Rwanda kuba rufite ingabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibi Biro bya Leta Zunze Ubumwe za America, bigendeye kuri aya makuru, mu butumwa bwatambutse ku rubuga nkoranyambaga rwa X, byagize biti “Raporo y’Itsinda ry’Impuguke za UN yashyizwe hanze mu Kuboza 2024 igaragaza impamvu umuti wo kuba u Rwanda rwacyura ingazo zarwo ndetse no gushaka umuti w’ibibazo bya M23 na FDRL, byihutirwa.”

Asubiza kuri ubu butumwa, Minisitiri Olivier Nduhungire, yavuze ko bibabaje kubona Igihugu nk’iki gishyira mu gatebo kamwe iyi mitwe, kuko nka M23 ari umutwe uharanira uburenganzira bw’abakomeje kubwamburwa, mu gihe FDLR ari uw’iterabwoba wanasize ukoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ukajya gukomereza iyi ngengabitekerezo mu burasirazuba bwa DRC.

Yagize ati “Iyi mvugo yo gushyira mu gatebo kamwe ibibazo bya M23 na FDLR ntikwiye. Binateye agahinda kuba ubuyobozi bwa US bugereranya umutwe w’abajenosideri n’umuryango urwanira uburenganzira bw’umuryango mugari wakomeje gutotezwa n’ubundi n’uwo mutwe w’abajenosideri.”

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yakomeje agaragaza ko bitumvikana kubona imiryango mpuzamahanga n’Ibihugu nk’iki cy’igihangange, batajya bagira icyo bavuga ku bikorwa bibi bikorwa n’umutwe wa FDLR, ariko bakavuga kuri uyu wa M23 urwanira impamvu yumvikana.

Ati “Ndabibutsa ko ubwo ingo 300 z’Abanyekongo b’Abatusi mu gace ka Nturo muri Teritwari ya Masisi, zatwikwaga mu kwezi k’Ukwakira 2023 na FDLR, ifatanyije n’inyeshyamba za Wazalendo na Nyatura mu maso ya FARDC n’ingabo z’u Burundi, nta tweet nk’iyi y’Ibiro bya US twigeze tubona.”

Leta Zunze Ubumwe za America kandi iherutse na yo gushyira hanze itangazo yamagana ifatwa rya Masisi-Centre yabohojwe na M23, aho iki Gihugu cyasabye uyu mutwe gusubira inyuma, mu gihe cyanakunze na cyo kugwa mu mutego w’ikinyoma ko ufashwa n’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 11 =

Previous Post

Imodoka zo muri Congo zafatiwe mu Rwanda mu bikorwa bitemewe na byinshi zari zipakiyemo

Next Post

Hari ibindi byakozwe: Ibyamenyekanye kuri Vestine wo muri Vestine&Dorcas n’umusore basezeranye bigatungurana

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari ibindi byakozwe: Ibyamenyekanye kuri Vestine wo muri Vestine&Dorcas n’umusore basezeranye bigatungurana

Hari ibindi byakozwe: Ibyamenyekanye kuri Vestine wo muri Vestine&Dorcas n’umusore basezeranye bigatungurana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.