Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: U Rwanda rwaciye umubano n’Igihugu kimwe cy’i Burayi ruha amasaha 48 Abadipolomate bacyo

radiotv10by radiotv10
17/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: U Rwanda rwaciye umubano n’Igihugu kimwe cy’i Burayi ruha amasaha 48 Abadipolomate bacyo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yamenyesheje iy’u Bubiligi ko yafashe icyemezo cyo guhagarika umubano w’Ibihugu byombi, inaha amasaha 48 Abadipolomate b’iki Gihugu cy’i Burayi kuba bavuye mu Rwanda.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane kuri uyu wa Mbere tariki 17 Werurwe 2025.

Iri tangazo ritangira rivuga ko “Guverinoma y’u Rwanda uyu munsi yamenyesheje Guverinoma y’u Bubiligi icyemezo cyayo cyo guhagarika umubano, kandi bigahita byubahirizwa.”

U Rwanda ruvuga ko icyemezo cyarwo cyafatanywe ubushishozi hashingiwe ku ngingo zinyuranye zirimo kuba u Bubiligi bushaka gukomeza kwifata nk’Umukolini w’u Rwanda.

Iri tangazo rikagira riti “U Bubiligi bwakomeje gutesha agaciro u Rwanda mu bihe bihoraho haba mbere ndetse no mu bihe by’amakimbirane ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho u Bubiligi bunafite uruhare rwo kuva cyera, byumwihariko mu kwibasira u Rwanda.”

Guverinoma y’u Rwanda ikomeza ivuga ko bigaragara ko u Bubikigi bwafashe uruhande mu bibazo byo mu karere, ndetse bukomeza kwibasira no kubangamira u Rwanda mu bikorwa binyuranye, rukoresha ibinyoma bukwirakwiza, hagamijwe gushyigikira ibikorwa byo kugerageza guhungabanya u Rwanda n’akarere.

U Rwanda ruvuga kandi ko uretse kuba iki Gihugu cy’u Bubiligi cyaragize uruhare mu mateka mabi mu kwenyegeza no gutiza umurindi ubuhezanguni bw’irondabwoko, byagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bwanahaye urubuga abahakana bakanapfobya iyi Jenoside ndetse n’abakomeje kurera ingengabitere ya Jenoside.

Iri tangazo rikagira riti “Icyemezo cy’uyu munsi, gishingiye ku ntego z’u Rwanda zo kurengera inyungu z’Igihugu no kwigira kw’Abanyarwanda, ndetse no kubahiriza ubusugire, amahoro n’inyungu rusange.”

Itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda risoza rigira riti “Abadipolomare bose b’u Bubiligi bari mu Rwanda barasabwa kuva mu Gihugu bitarenze amasaha 48.”

U Rwanda rwijeje ko ruzakomeza kurinda no gucungira umutekano ibikorwa byose bya Ambasade y’u Bibiligi biri muri Kigali.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 4 =

Previous Post

America yatangaje impamvu imwe yatuma ihagarika ibitero yatangije ku mutwe uteye impungenge

Next Post

Abayobozi n’abakozi ba RADIOTV10 bagiranye ubusabane muri Hoteli iri mu za mbere mu Rwanda (AMAFOTO)

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abayobozi n’abakozi ba RADIOTV10 bagiranye ubusabane muri Hoteli iri mu za mbere mu Rwanda (AMAFOTO)

Abayobozi n’abakozi ba RADIOTV10 bagiranye ubusabane muri Hoteli iri mu za mbere mu Rwanda (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.