Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: U Rwanda rwaciye umubano n’Igihugu kimwe cy’i Burayi ruha amasaha 48 Abadipolomate bacyo

radiotv10by radiotv10
17/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: U Rwanda rwaciye umubano n’Igihugu kimwe cy’i Burayi ruha amasaha 48 Abadipolomate bacyo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yamenyesheje iy’u Bubiligi ko yafashe icyemezo cyo guhagarika umubano w’Ibihugu byombi, inaha amasaha 48 Abadipolomate b’iki Gihugu cy’i Burayi kuba bavuye mu Rwanda.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane kuri uyu wa Mbere tariki 17 Werurwe 2025.

Iri tangazo ritangira rivuga ko “Guverinoma y’u Rwanda uyu munsi yamenyesheje Guverinoma y’u Bubiligi icyemezo cyayo cyo guhagarika umubano, kandi bigahita byubahirizwa.”

U Rwanda ruvuga ko icyemezo cyarwo cyafatanywe ubushishozi hashingiwe ku ngingo zinyuranye zirimo kuba u Bubiligi bushaka gukomeza kwifata nk’Umukolini w’u Rwanda.

Iri tangazo rikagira riti “U Bubiligi bwakomeje gutesha agaciro u Rwanda mu bihe bihoraho haba mbere ndetse no mu bihe by’amakimbirane ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho u Bubiligi bunafite uruhare rwo kuva cyera, byumwihariko mu kwibasira u Rwanda.”

Guverinoma y’u Rwanda ikomeza ivuga ko bigaragara ko u Bubikigi bwafashe uruhande mu bibazo byo mu karere, ndetse bukomeza kwibasira no kubangamira u Rwanda mu bikorwa binyuranye, rukoresha ibinyoma bukwirakwiza, hagamijwe gushyigikira ibikorwa byo kugerageza guhungabanya u Rwanda n’akarere.

U Rwanda ruvuga kandi ko uretse kuba iki Gihugu cy’u Bubiligi cyaragize uruhare mu mateka mabi mu kwenyegeza no gutiza umurindi ubuhezanguni bw’irondabwoko, byagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bwanahaye urubuga abahakana bakanapfobya iyi Jenoside ndetse n’abakomeje kurera ingengabitere ya Jenoside.

Iri tangazo rikagira riti “Icyemezo cy’uyu munsi, gishingiye ku ntego z’u Rwanda zo kurengera inyungu z’Igihugu no kwigira kw’Abanyarwanda, ndetse no kubahiriza ubusugire, amahoro n’inyungu rusange.”

Itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda risoza rigira riti “Abadipolomare bose b’u Bubiligi bari mu Rwanda barasabwa kuva mu Gihugu bitarenze amasaha 48.”

U Rwanda rwijeje ko ruzakomeza kurinda no gucungira umutekano ibikorwa byose bya Ambasade y’u Bibiligi biri muri Kigali.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

America yatangaje impamvu imwe yatuma ihagarika ibitero yatangije ku mutwe uteye impungenge

Next Post

Abayobozi n’abakozi ba RADIOTV10 bagiranye ubusabane muri Hoteli iri mu za mbere mu Rwanda (AMAFOTO)

Related Posts

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
0

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
19/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

IZIHERUKA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo
MU RWANDA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
0

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abayobozi n’abakozi ba RADIOTV10 bagiranye ubusabane muri Hoteli iri mu za mbere mu Rwanda (AMAFOTO)

Abayobozi n’abakozi ba RADIOTV10 bagiranye ubusabane muri Hoteli iri mu za mbere mu Rwanda (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.