Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje uko M23 ishobora kubona intwaro ruhora rubeshyerwa kuyiha

radiotv10by radiotv10
12/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragaje uko M23 ishobora kubona intwaro ruhora rubeshyerwa kuyiha
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yongeye guhakana ibirego by’ibinyoma ko u Rwanda rufasha M23, avuga ko imitwe yose iri muri DRC ifite uburyo ibonamo ubushobozi bw’amafaranga ari na bwo yifashisha mu kuba yabona ibikoresho, bityo ko na M23 ari zo nzira ishobora kunyura ngo igure intwaro n’ibindi bikoresho byose ikoresha.

Raporo y’Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye yashyikirijwe akanama k’uyu Muryango gashinzwe amahoro n’umutekano [ntirasohoka mu buryo bwemewe] yavuze ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23 ndetse ko abarwanyi bawo bagaragaye bafite ibikoresho bihambaye birimo imbunda, impuzankano, imyambaro idapfumurwa n’amasasu ngo wahawe n’u Rwanda.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda mu kiganiro yagiranye na Radio 10 muri iki gitondo, yavuze ko ubundi iriya raporo itari ikwiye kujya hanze mu gihe cyose aka kanama kayishyikirijwe katarayemeza cyangwa ngo kagire icyo kabivugaho.

Avuga kandi iyo raporo kwiye gushyikirizwa ku mugaragaro buri wese uyivugwamo ariko “ibyo ntibirakorwa.” Yifashishijwe na Guverinoma ya Congo mu rwego rwo kuyobya abantu.

Agaruka ku buryo imitwe nka M23 ishobora kubona ibikoresho, Alain Mukuralinda yavuze ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari Igihugu gifite ubukungu yaba uburi munsi y’ubutaka no hejuru yabwo.

Yatanze urugero rw’umutwe nka FDLR unagarukwa muri raporo zishyirwa hanze n’imiryango itandukanye, ko winjiza amafaranga ukura muri ubwo bukungu yiba ndetse no mu misoro ikura mu baturage ibarirwa muri miliyoni 50 USD ku mwaka.

Ati “Niba umuntu abona miliyoni 50 z’amadolari ni iki cyamubuza kugura intwaro. Niba FDLR ikora gutyo ni ko n’indi mitwe ikora. Kuki wumva ko iyo mitwe igomba kubona amafaranga ikaza i Kigali cyangwa i Rubavu?”

Avuga ko nubwo M23 itemerewe kuba yajya ku isoko ryo kugura intwaro, ariko ishobora gukoresha abakomisiyoneri “Mujya mwumva banafashwe bagiye mu manza kubera ko bacuruza intwaro, kubera ko bagiye barenga ku bihano cyangwa ingamba ziba zarafashwe.”

Avuga ko atumva impamvu hakomeza kwirengagizwa ko uyu mutwe wa M23 na wo ugira amafaranga ukura ku butaka bukungahaye ku bukungu uba uriho, hagakomezwa kwegekwa ibirego bidafite ishingiro ku Rwanda.

Ati “Gukomeza kwirengagiza ko aho bari babyaza umusaruro ibihari bakabona amafaranga bakajya kugura ibyo bashaka, byose ukaza ukabyegeka ku Rwanda… aho abantu bajye babanza basesengure.”

Bamwe mu basirikare bakuru muri FARDC bagiye bavugwaho gukorana n’iyi mitwe ifite ibirindiro mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu kuyigurisa intwaro.

Muri iki cyumwru, Umutwe wa M23 kandi wanahishuye ko nyuma yuko FARDC ishyize hanze impuzankano nshya, hari bamwe mu basirikare batangiye kuwusaba kuziwugurira.

Alain Mukuralinda akomeza ahakana ko abasirikare b’u Rwanda bigeze bakandagira ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko n’ayo mafoto bavuze ko ari muri iriya raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye, berekana abasirikare babiri b’u Rwanda bigeze gushimutirwa ku mupaka w’u Rwanda.

Ati “Reba amezi ashize bavuga ayo mafoto n’ibiki byose, uretse bariya bahungu babiri bafatiye ku mupaka, babuze undi musirikare w’u Rwanda berekana.”

Avuga ko kuba iyi raporo yarashyikirijwe akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinze amahoro n’umutekano, ari na ko kazayisuzuma kasanga ibiyirimo bifite ishingiro, kakayishyira hanze.

 

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 20 =

Previous Post

Kigali: Ukekwaho kwica uwo yari avuye gutahiriza inkwi havuzwe icyo yamuhoye

Next Post

Ibisobanuro by’umuhanzi w’Umuyarwanda wakoze ibyafashwe nko kwamamaza ubutinganyi

Related Posts

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23
AMAHANGA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibisobanuro by’umuhanzi w’Umuyarwanda wakoze ibyafashwe nko kwamamaza ubutinganyi

Ibisobanuro by’umuhanzi w’Umuyarwanda wakoze ibyafashwe nko kwamamaza ubutinganyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.