Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje uko M23 ishobora kubona intwaro ruhora rubeshyerwa kuyiha

radiotv10by radiotv10
12/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragaje uko M23 ishobora kubona intwaro ruhora rubeshyerwa kuyiha
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yongeye guhakana ibirego by’ibinyoma ko u Rwanda rufasha M23, avuga ko imitwe yose iri muri DRC ifite uburyo ibonamo ubushobozi bw’amafaranga ari na bwo yifashisha mu kuba yabona ibikoresho, bityo ko na M23 ari zo nzira ishobora kunyura ngo igure intwaro n’ibindi bikoresho byose ikoresha.

Raporo y’Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye yashyikirijwe akanama k’uyu Muryango gashinzwe amahoro n’umutekano [ntirasohoka mu buryo bwemewe] yavuze ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23 ndetse ko abarwanyi bawo bagaragaye bafite ibikoresho bihambaye birimo imbunda, impuzankano, imyambaro idapfumurwa n’amasasu ngo wahawe n’u Rwanda.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda mu kiganiro yagiranye na Radio 10 muri iki gitondo, yavuze ko ubundi iriya raporo itari ikwiye kujya hanze mu gihe cyose aka kanama kayishyikirijwe katarayemeza cyangwa ngo kagire icyo kabivugaho.

Avuga kandi iyo raporo kwiye gushyikirizwa ku mugaragaro buri wese uyivugwamo ariko “ibyo ntibirakorwa.” Yifashishijwe na Guverinoma ya Congo mu rwego rwo kuyobya abantu.

Agaruka ku buryo imitwe nka M23 ishobora kubona ibikoresho, Alain Mukuralinda yavuze ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari Igihugu gifite ubukungu yaba uburi munsi y’ubutaka no hejuru yabwo.

Yatanze urugero rw’umutwe nka FDLR unagarukwa muri raporo zishyirwa hanze n’imiryango itandukanye, ko winjiza amafaranga ukura muri ubwo bukungu yiba ndetse no mu misoro ikura mu baturage ibarirwa muri miliyoni 50 USD ku mwaka.

Ati “Niba umuntu abona miliyoni 50 z’amadolari ni iki cyamubuza kugura intwaro. Niba FDLR ikora gutyo ni ko n’indi mitwe ikora. Kuki wumva ko iyo mitwe igomba kubona amafaranga ikaza i Kigali cyangwa i Rubavu?”

Avuga ko nubwo M23 itemerewe kuba yajya ku isoko ryo kugura intwaro, ariko ishobora gukoresha abakomisiyoneri “Mujya mwumva banafashwe bagiye mu manza kubera ko bacuruza intwaro, kubera ko bagiye barenga ku bihano cyangwa ingamba ziba zarafashwe.”

Avuga ko atumva impamvu hakomeza kwirengagizwa ko uyu mutwe wa M23 na wo ugira amafaranga ukura ku butaka bukungahaye ku bukungu uba uriho, hagakomezwa kwegekwa ibirego bidafite ishingiro ku Rwanda.

Ati “Gukomeza kwirengagiza ko aho bari babyaza umusaruro ibihari bakabona amafaranga bakajya kugura ibyo bashaka, byose ukaza ukabyegeka ku Rwanda… aho abantu bajye babanza basesengure.”

Bamwe mu basirikare bakuru muri FARDC bagiye bavugwaho gukorana n’iyi mitwe ifite ibirindiro mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu kuyigurisa intwaro.

Muri iki cyumwru, Umutwe wa M23 kandi wanahishuye ko nyuma yuko FARDC ishyize hanze impuzankano nshya, hari bamwe mu basirikare batangiye kuwusaba kuziwugurira.

Alain Mukuralinda akomeza ahakana ko abasirikare b’u Rwanda bigeze bakandagira ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko n’ayo mafoto bavuze ko ari muri iriya raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye, berekana abasirikare babiri b’u Rwanda bigeze gushimutirwa ku mupaka w’u Rwanda.

Ati “Reba amezi ashize bavuga ayo mafoto n’ibiki byose, uretse bariya bahungu babiri bafatiye ku mupaka, babuze undi musirikare w’u Rwanda berekana.”

Avuga ko kuba iyi raporo yarashyikirijwe akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinze amahoro n’umutekano, ari na ko kazayisuzuma kasanga ibiyirimo bifite ishingiro, kakayishyira hanze.

 

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 10 =

Previous Post

Kigali: Ukekwaho kwica uwo yari avuye gutahiriza inkwi havuzwe icyo yamuhoye

Next Post

Ibisobanuro by’umuhanzi w’Umuyarwanda wakoze ibyafashwe nko kwamamaza ubutinganyi

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibisobanuro by’umuhanzi w’Umuyarwanda wakoze ibyafashwe nko kwamamaza ubutinganyi

Ibisobanuro by’umuhanzi w’Umuyarwanda wakoze ibyafashwe nko kwamamaza ubutinganyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.