Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje uko M23 ishobora kubona intwaro ruhora rubeshyerwa kuyiha

radiotv10by radiotv10
12/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragaje uko M23 ishobora kubona intwaro ruhora rubeshyerwa kuyiha
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yongeye guhakana ibirego by’ibinyoma ko u Rwanda rufasha M23, avuga ko imitwe yose iri muri DRC ifite uburyo ibonamo ubushobozi bw’amafaranga ari na bwo yifashisha mu kuba yabona ibikoresho, bityo ko na M23 ari zo nzira ishobora kunyura ngo igure intwaro n’ibindi bikoresho byose ikoresha.

Raporo y’Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye yashyikirijwe akanama k’uyu Muryango gashinzwe amahoro n’umutekano [ntirasohoka mu buryo bwemewe] yavuze ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23 ndetse ko abarwanyi bawo bagaragaye bafite ibikoresho bihambaye birimo imbunda, impuzankano, imyambaro idapfumurwa n’amasasu ngo wahawe n’u Rwanda.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda mu kiganiro yagiranye na Radio 10 muri iki gitondo, yavuze ko ubundi iriya raporo itari ikwiye kujya hanze mu gihe cyose aka kanama kayishyikirijwe katarayemeza cyangwa ngo kagire icyo kabivugaho.

Avuga kandi iyo raporo kwiye gushyikirizwa ku mugaragaro buri wese uyivugwamo ariko “ibyo ntibirakorwa.” Yifashishijwe na Guverinoma ya Congo mu rwego rwo kuyobya abantu.

Agaruka ku buryo imitwe nka M23 ishobora kubona ibikoresho, Alain Mukuralinda yavuze ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari Igihugu gifite ubukungu yaba uburi munsi y’ubutaka no hejuru yabwo.

Yatanze urugero rw’umutwe nka FDLR unagarukwa muri raporo zishyirwa hanze n’imiryango itandukanye, ko winjiza amafaranga ukura muri ubwo bukungu yiba ndetse no mu misoro ikura mu baturage ibarirwa muri miliyoni 50 USD ku mwaka.

Ati “Niba umuntu abona miliyoni 50 z’amadolari ni iki cyamubuza kugura intwaro. Niba FDLR ikora gutyo ni ko n’indi mitwe ikora. Kuki wumva ko iyo mitwe igomba kubona amafaranga ikaza i Kigali cyangwa i Rubavu?”

Avuga ko nubwo M23 itemerewe kuba yajya ku isoko ryo kugura intwaro, ariko ishobora gukoresha abakomisiyoneri “Mujya mwumva banafashwe bagiye mu manza kubera ko bacuruza intwaro, kubera ko bagiye barenga ku bihano cyangwa ingamba ziba zarafashwe.”

Avuga ko atumva impamvu hakomeza kwirengagizwa ko uyu mutwe wa M23 na wo ugira amafaranga ukura ku butaka bukungahaye ku bukungu uba uriho, hagakomezwa kwegekwa ibirego bidafite ishingiro ku Rwanda.

Ati “Gukomeza kwirengagiza ko aho bari babyaza umusaruro ibihari bakabona amafaranga bakajya kugura ibyo bashaka, byose ukaza ukabyegeka ku Rwanda… aho abantu bajye babanza basesengure.”

Bamwe mu basirikare bakuru muri FARDC bagiye bavugwaho gukorana n’iyi mitwe ifite ibirindiro mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu kuyigurisa intwaro.

Muri iki cyumwru, Umutwe wa M23 kandi wanahishuye ko nyuma yuko FARDC ishyize hanze impuzankano nshya, hari bamwe mu basirikare batangiye kuwusaba kuziwugurira.

Alain Mukuralinda akomeza ahakana ko abasirikare b’u Rwanda bigeze bakandagira ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko n’ayo mafoto bavuze ko ari muri iriya raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye, berekana abasirikare babiri b’u Rwanda bigeze gushimutirwa ku mupaka w’u Rwanda.

Ati “Reba amezi ashize bavuga ayo mafoto n’ibiki byose, uretse bariya bahungu babiri bafatiye ku mupaka, babuze undi musirikare w’u Rwanda berekana.”

Avuga ko kuba iyi raporo yarashyikirijwe akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinze amahoro n’umutekano, ari na ko kazayisuzuma kasanga ibiyirimo bifite ishingiro, kakayishyira hanze.

 

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Kigali: Ukekwaho kwica uwo yari avuye gutahiriza inkwi havuzwe icyo yamuhoye

Next Post

Ibisobanuro by’umuhanzi w’Umuyarwanda wakoze ibyafashwe nko kwamamaza ubutinganyi

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibisobanuro by’umuhanzi w’Umuyarwanda wakoze ibyafashwe nko kwamamaza ubutinganyi

Ibisobanuro by’umuhanzi w’Umuyarwanda wakoze ibyafashwe nko kwamamaza ubutinganyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.