Wednesday, July 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije amahanga icyarutunguye nyuma yuko Abacancuro b’Abanyaburayi batahuwe mu ntambara ya Congo

radiotv10by radiotv10
20/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragarije amahanga icyarutunguye nyuma yuko Abacancuro b’Abanyaburayi batahuwe mu ntambara ya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yavuze ko bitumvikana kuba Umuryango Mpuzamahanga wararuciye ukarumira ubwo abacancuro barenga 280 b’Abanyaburayi bamanikaga amaboko mu ntambara bari baragiyemo gufashamo FARDC, ndetse bakambuka banyuzwa mu Rwanda, kandi ubizi neza ko ikoreshwa ryabo rihabanye n’amasezerano mpuzamahanga.

Ambasaderi Ernest Rwamucyo yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Gashyantare 2025 mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, kigaga ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagarutse ku byagiye biba mu gihe cyatambutse by’umwihariko ibyabaye kuva mu ntangiro z’uyu mwaka, byongeye kugaragaza ko Umuryango Mpuzamahanga wirengagiza umuzi w’ibi bibazo bikomeje kugira ingaruka ku baturage benshi.

Rwamucyo yavuze ko u Rwanda rwakomeje kwakira abahunga baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo abasivile ndetse n’abandi bagiraga uruhare mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ati “Mu buryo butunguranye bamwe mu bambutse bajya mu Rwanda, ni bamwe mu bateye imbogamizi nk’uko twabibwiye kenshi Akanama. Tariki 29 Mutarama, abacancuro barenga 280 b’abanyamahanga ndetse n’abasirikare barenga 100 ba Congo, bambutse bajya mu Rwanda, byanagaragaje ko FARDC ikoresha abarwanyi b’abanyamahanga, ariko ntacyo Umuryango Mpuzamahanga wigeze ubivugaho.”

Amb. Rwamucyo yavuze kandi ko u Rwanda rutahwemye kwibutsa amahanga ibyo yemeranyijweho ku ikoreshwa ry’abacancuro, nk’uko biteganywa n’amasezerano mpuzamahanga yo mu 1989 y’Umuryango w’Abibumbye abuza Ibihugu kubifashisha mu bikorwa bya gisirikare.

Ati “Ikibabaje kurushaho, ni ukuba umuryango mpuzamahanga ukomeje gutera umugongo gushakira umuti impungenge z’umutekano w’u Rwanda, umugambi wo kurimbura Abanyekongo b’Abatutsi, ndetse no gusobanura mu buryo butari bwo aya makimbirane.”

Yavuze ko aho kugira ngo ubutegetsi bwa Congo bufate inshingano zo gukemura ibibazo by’iki Gihugu, ahubwo bwiyemeje guhora bushaka uwo bubyegekaho, byumwihariko bukaba bwarakunze kubitwerera u Rwanda, none ubu buri no kubishyira Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu.

Ati “Ni ryari uyu mukino wo kwegeka ibibazo ku bandi uzarangira? Ndakeka umwe mu bari hano agomba gufata inshingano. Ukuri kw’ibiri kuba, kwakomeje kwigaragaza, kongera kubura imirwano kwa M23, bifite umuzi mu byabaye mu binyacumi bishize byo kwambura uburenganzira imwe mu miryango migari y’Abanyekongo hashingiwe ku bwoko byabayeho mbere y’ubuyobozi bw’u Rwanda buriho ubu.”

Uhagarariye u Rwanda muri UN, yongeye kwibutsa ko u Rwanda rutahwemye kugaragaza ko umutwe wa FDRL uri mu mizi y’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Congo.

Ati “Kuva muri 2018, ibisasu bya rutura birenga 20 byarashwe mu Rwanda byumwihariko mu Ntara y’Amajyaruguru n’Iburengerazuba. Uretse kuba FDLR ari umutwe uteye impungenge, unakorana ndetse ugaterwa inkunga na FARDC. Guverinoma ya DRC igomba kumenya ko imikoranire yayo na FDLR, bihungabanya umutekano w’u Rwanda, kandi bikagira ingaruka kuri bamwe mu Banyekongo b’Abasivile.”

Yavuze kandi ko uretse uyu mutwe wa FDLR, u Rwanda runatewe impungenge n’abasirikare bagiye gufasha Congo, bakomeje kurundwa ku mipaka yarwo, barimo ingabo z’u Burundi zifite ingengabitekerezo imwe na FDLR ishingiye ku bwoko, kimwe n’abasirikare ba SAMIDRC ndetse n’Abacancuro basigaye muri kiriya Gihugu.

Nanone kandi u Rwanda rwagaragaje ko rutewe impungenge no kuba Perezida Felix Tshisekedi wa DRC akomeje kuzenguruka amahanga, yongera gusaba bimwe mu Bihugu byo muri Afurika kumuha ingabo zo kujya kumufasha.

Ati “Ingabo zose z’amahanga zigomba kuva mu burasirazuba bwa DRC kuko ziteye impungenge umutekano w’u Rwanda. Urugero, ubwo i Goma hafatwaga, ingabo za FARDC, iz’u Burundi ndetse n’abarwanyi ba FDLR, bahise berecyeza intwaro zabo ku Rwanda bica abasivile b’inzirakarengane 16 ndetse banakomeretsa abandi 177 b’abasivile, ndetse banasenya imitungo n’inzu byabo.”

Amb. Rwamucyo yakomeje agira ati “Ariko nta Gihugu na kimwe kigeze cyamagana ibi bikorwa byo kuvogera ubusugire bw’u Rwanda. U Rwanda ntayandi mahitamo rufite, uretse gukaza ingamba z’ubwirinzi kandi ruzakomeza kubikora.”

Uhagarariye u Rwanda muri UN, kandi yongeye guhakana ibirego by’ibinyoma byakunze gushinjwa u Rwanda ko rwiba amabuye y’agaciro ya Congo, avuga ko abiba imitungo ya kiriya Gihugu bazwi ariko ko u Rwanda rutigeze rubamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − eleven =

Previous Post

Minisitiri Nduhungirehe yashimiye uhagarariye Ukraine mu Rwanda warangije inshingano ze

Next Post

Dore akayabo k’amafaranga agiye kwishyurwa abari mu ndege yakoze impanuka idasanzwe

Related Posts

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

by radiotv10
09/07/2025
0

Abaturage bo mu Kagari ka Mwezi mu Murenge wa Karengera, mu Karere ka Nyamasheje, bahangayikishijwe n’imibereho y’umugabo wirukanywe mu nzu...

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

by radiotv10
09/07/2025
0

Abaturage bo mu Murenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe, baravuga ko bahawe ubutaka na Leta ngo bakoreremo ubucukuzi bw’Amabuye...

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

by radiotv10
08/07/2025
0

Abantu batanu barimo umugore umwe baregwa kwica umugabo bamukase ijosi bamusanze mu rugo iwe mu Murenge wa Ngoma mu Karere...

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

by radiotv10
08/07/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, rwasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kurema umutwe...

IZIHERUKA

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi
AMAHANGA

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi

by radiotv10
09/07/2025
0

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

09/07/2025
Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

09/07/2025
Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

09/07/2025
DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

08/07/2025
Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

08/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore akayabo k’amafaranga agiye kwishyurwa abari mu ndege yakoze impanuka idasanzwe

Dore akayabo k’amafaranga agiye kwishyurwa abari mu ndege yakoze impanuka idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.