Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

radiotv10by radiotv10
15/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye akorerwaho ibikorwa bibi byakorewe Abanyamulenge, bigaragaza umugambi wo kubarimbura, birimo kubica, kubicisha inzara, kubatwikira no kubafungira inzira zose z’imibereho.

Yabitangarije mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano yigaga ku bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byumwihariko mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Amb. Ngoga yavuze ko ibyo kurenga ku gahenge, byakozwe na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi ko n’ubundi yari ikomeje uwo mugambi, kuko imvugo zari zikomeje gutangazwa na bamwe mu bayobozi bayo, zumvikanagamo imigambi mibisha.

Yavuze ko ibiriho bibera muri Kivu y’Epfo, bitari bikwiye kwirengagizwa n’aka Kanama, kuko hari abaturage benshi bakomeje kuhaburira ubuzima, kandi ko bimaze iminsi, byumwihariko bikaba biri gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi b’Abanyamulenge.

Yavuze ko yifuza kugaruka ku bibazo byugarije aba Banyekongo b’Abanyamulenge, kuko ibyo bariho bakorerwa biteye agahinda kandi bigaragaza ko bigamije kubarimbura.

Yagaragaje ko “kuva muri 2017, ahantu 85% hari hatuwe n’Abanyamulenge muri iriya Ntara ya Kivu y’Epfo, harasenywe, ndetse inka zabo zibarirwa mu bihumbi 700 ari na zo basanzwe bakesha imibereho yabo, ziranyagwa ziranicwa.”

Yahise agaragaza amatariki y’ingenzi yagiye akorerwaho ibikorwa bibi byakorewe Abanyamulenge, nko ku itariki ya 16 Ukwakira 2025, aho umuhanda umwe rukumbi werecyeza ku isoko rya Mitamba ukaba warafunzwe, bikabangamira urujya n’uruza rw’ibiribwa.

Naho ku itariki 06 Nzeri 2025, abantu bari hagati ya 80 n’ 100 b’Abanyamulenge, biganjemo abagore bariho bataha bacyuye ibyo gutunga imiryango yabo, batezwe igico n’abasirikare ba FARDC bari kumwe n’ab’u Burundi ndetse n’inyeshyamba z’umutwe wa Mai-Mai, ndetse bamwe barabica, abandi babakorera iyicacurubozo, banabafata ku ngufu.

Ku itariki ya 29 Nzeri 2025, ndetse n’andi matariki anyuranye, hagiye hagabwa ibitero by’indege za Drone, byagiye byibasira inkambi zituwemo n’Abanyamulenge mu bice bya Mikenge.

Ku itariki ya 27 Nzeri 2025, drone yo mu bwoko bwa CH-4 y’ingabo z’u Burundi, yarashe mu gace ka Nzibira mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Ni mu gihe ku itariki ya 15 z’ukwezi gushize k’Ugushyingo 2025, drone z’abarwanyi b’ubutegetsi bwa Kinshasa, zarashe ibisaSu nanone mu gace ka Mikenge, kabamo Abanyamulenge n’ubundi bagiye bava mu byabo.

Ambasaderi Martin Ngoga yagaragarije Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, ko kuva muri Werurwe kugeza muri uku kwezi k’Ukuboza uyu mwaka, muri kariya gace hamaze kugabwa ibitero 50 byose byo mu kirere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge
MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

15/12/2025
Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

14/12/2025
Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.