Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije u Burayi ibyifuzo byarwo runasubiza abagereranya ibyo muri Congo n’ibya Ukraine

radiotv10by radiotv10
28/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragarije u Burayi ibyifuzo byarwo runasubiza abagereranya ibyo muri Congo n’ibya Ukraine
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ibibera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bidakwiye kugereranywa nk’ibyo muri Ukraine, kandi ko Abanyaburayi bazi neza umuzi w’ibibazo biri muri DRC, inagaragaza Ubumwe bw’u Burayi ibiteye impungenge u Rwanda byatumye rukaza ubwirinzi, n’icyatuma bukurwaho.

Guverinoma y’u Rwanda yabitangaje nyuma yuko Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, Gen. (Rtd) James Kabarebe ahuye n’Intumwa Yihariye y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Karere uri mu ruzinduko mu Rwanda.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Gashyantare 2025, rivuga ko Gen. (Rtd) James Kabarebe yahuye na Ambasaderi Johan Borgstam, ejo ku wa Kane, bagirana Ibiganiro byubaka kandi byabayemo kungurana ibitekerezo, aho u Rwanda rwagize ibyo rugaragaza.

Mu byagaragajwe n’u Rwanda, iri tangazo rigira riti “Ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ntabwo bigomba kugereranywa nk’amakimbirane ari muri Ukraine. Icyo ari cyo cyose cyashaka kubigereranya, cyaba gifite impamvu ya politiki icyihishe inyuma kinagamije kugoreka impamvu-muzi y’ikibazo.”

Guverinoma y’u Rwanda, ivuga ko Ibihugu Binyamuryango bya EU bizi neza amateka y’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, arimo n’ibibazo biri imbere muri kiriya Gihugu, kuba hari imitwe yitwaje intwaro irenga 200, ndetse n’umugambi wo gushaka kurimbura ubwoko bw’Abatutsi bo muri Coongo.

Hari kandi imvugo zibiba urwango z’abategetsi bo muri kiriya Gihugu, hakaza n’ikindi kibazo gikomeye cy’Umutwe w’abajenosideri wa FDLR, wanafatiwe ibihano n’Umuryango w’Abibumbye.

U Rwanda rukomeza ruvuga ko hari n’abafite uruhare muri ibi bibazo, kandi ko bakwiye guterwa ipfunwe na byo.

Mu bindi Guverinoma yamenyesheje iyi ntumwa Yihariye y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ni uko “U Rwanda ruhanganye n’ibibyugariye, bidakwiye kwimwa agaciro, biri ku mupaka wacu na DRC by’ukwishyira hamwe kw’ingabo, kugizwe n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR, Ingabo z’u Burundi, umutwe w’irondakoko wa Wazalendo, SAMIDRC ndetse n’abacancuro b’Abanyaburayi.”

U Rwanda ruvuga ko ruzakomeza guharanira ko ibibazo nk’ibi biva mu nzira kugira ngo rubeho rutekanye, rusaba ko ingabo z’abanyamahanga ziri ku mipaka yarwo zihava, ko hashakwa umuti w’ikibazo cya M23 ndetse no kurandura umutwe wa FDLR mu buryo bwa burundu.

Guverinoma iti “Amahame yo kutavogerwa ubusugire bw’Igihugu, bikunze kuvugwa na EU, bigomba no gukora ku Rwanda. Ubusugire bw’u Rwanda bwavogerewe inshuro zirenga 20 kuva muri 2018 kandi hari raporo zanditse zibigaragaza. Ingamba z’ubwirinzi zashyizweho kugira ngo zikumire ibi bitero byari bikomeje kugaragara kandi zizagumaho kugeza igihe izo mbogamizi zizakemuka burundu.”

Guverinoma y’u Rwanda yakomeje ivuga ko “Bibabaje kubora Politiki y’imbere ya EU n’inyungu zayo mu karere, bigira uruhare mu byemezo mpuzamahanga bya EU. Ingamba z’ibihano zishyirwaho ziba zigamije guhungabanya Ibihugu ntacyo zizacyemra mu bibazo bihari, ahubwo bibangamira imbaraga zigamije amahoro za Afurika.”

U Rwanda rwavuze ko ubutegetsi bwa DRC budakwiye gukomeza kuyobya umuryango mpuzamahanga, bugamije gusabira u Rwanda ibihano bwitwaje ibinyoma bushaka kuyobya uburari ku gutsindwa kw’imiyoborere yabwo yagize ingaruka ku burenganzira bw’abaturage babwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − two =

Previous Post

Andi makuru ku gitero cya bombe zaturikiye ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage

Next Post

Agezweho ku munyapolitiki ukomeye mu Burundi wari umaze igihe atagaragara

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Agezweho ku munyapolitiki ukomeye mu Burundi wari umaze igihe atagaragara

Agezweho ku munyapolitiki ukomeye mu Burundi wari umaze igihe atagaragara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.