Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije u Burayi ibyifuzo byarwo runasubiza abagereranya ibyo muri Congo n’ibya Ukraine

radiotv10by radiotv10
28/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragarije u Burayi ibyifuzo byarwo runasubiza abagereranya ibyo muri Congo n’ibya Ukraine
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ibibera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bidakwiye kugereranywa nk’ibyo muri Ukraine, kandi ko Abanyaburayi bazi neza umuzi w’ibibazo biri muri DRC, inagaragaza Ubumwe bw’u Burayi ibiteye impungenge u Rwanda byatumye rukaza ubwirinzi, n’icyatuma bukurwaho.

Guverinoma y’u Rwanda yabitangaje nyuma yuko Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, Gen. (Rtd) James Kabarebe ahuye n’Intumwa Yihariye y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Karere uri mu ruzinduko mu Rwanda.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Gashyantare 2025, rivuga ko Gen. (Rtd) James Kabarebe yahuye na Ambasaderi Johan Borgstam, ejo ku wa Kane, bagirana Ibiganiro byubaka kandi byabayemo kungurana ibitekerezo, aho u Rwanda rwagize ibyo rugaragaza.

Mu byagaragajwe n’u Rwanda, iri tangazo rigira riti “Ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ntabwo bigomba kugereranywa nk’amakimbirane ari muri Ukraine. Icyo ari cyo cyose cyashaka kubigereranya, cyaba gifite impamvu ya politiki icyihishe inyuma kinagamije kugoreka impamvu-muzi y’ikibazo.”

Guverinoma y’u Rwanda, ivuga ko Ibihugu Binyamuryango bya EU bizi neza amateka y’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, arimo n’ibibazo biri imbere muri kiriya Gihugu, kuba hari imitwe yitwaje intwaro irenga 200, ndetse n’umugambi wo gushaka kurimbura ubwoko bw’Abatutsi bo muri Coongo.

Hari kandi imvugo zibiba urwango z’abategetsi bo muri kiriya Gihugu, hakaza n’ikindi kibazo gikomeye cy’Umutwe w’abajenosideri wa FDLR, wanafatiwe ibihano n’Umuryango w’Abibumbye.

U Rwanda rukomeza ruvuga ko hari n’abafite uruhare muri ibi bibazo, kandi ko bakwiye guterwa ipfunwe na byo.

Mu bindi Guverinoma yamenyesheje iyi ntumwa Yihariye y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ni uko “U Rwanda ruhanganye n’ibibyugariye, bidakwiye kwimwa agaciro, biri ku mupaka wacu na DRC by’ukwishyira hamwe kw’ingabo, kugizwe n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR, Ingabo z’u Burundi, umutwe w’irondakoko wa Wazalendo, SAMIDRC ndetse n’abacancuro b’Abanyaburayi.”

U Rwanda ruvuga ko ruzakomeza guharanira ko ibibazo nk’ibi biva mu nzira kugira ngo rubeho rutekanye, rusaba ko ingabo z’abanyamahanga ziri ku mipaka yarwo zihava, ko hashakwa umuti w’ikibazo cya M23 ndetse no kurandura umutwe wa FDLR mu buryo bwa burundu.

Guverinoma iti “Amahame yo kutavogerwa ubusugire bw’Igihugu, bikunze kuvugwa na EU, bigomba no gukora ku Rwanda. Ubusugire bw’u Rwanda bwavogerewe inshuro zirenga 20 kuva muri 2018 kandi hari raporo zanditse zibigaragaza. Ingamba z’ubwirinzi zashyizweho kugira ngo zikumire ibi bitero byari bikomeje kugaragara kandi zizagumaho kugeza igihe izo mbogamizi zizakemuka burundu.”

Guverinoma y’u Rwanda yakomeje ivuga ko “Bibabaje kubora Politiki y’imbere ya EU n’inyungu zayo mu karere, bigira uruhare mu byemezo mpuzamahanga bya EU. Ingamba z’ibihano zishyirwaho ziba zigamije guhungabanya Ibihugu ntacyo zizacyemra mu bibazo bihari, ahubwo bibangamira imbaraga zigamije amahoro za Afurika.”

U Rwanda rwavuze ko ubutegetsi bwa DRC budakwiye gukomeza kuyobya umuryango mpuzamahanga, bugamije gusabira u Rwanda ibihano bwitwaje ibinyoma bushaka kuyobya uburari ku gutsindwa kw’imiyoborere yabwo yagize ingaruka ku burenganzira bw’abaturage babwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Andi makuru ku gitero cya bombe zaturikiye ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage

Next Post

Agezweho ku munyapolitiki ukomeye mu Burundi wari umaze igihe atagaragara

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Agezweho ku munyapolitiki ukomeye mu Burundi wari umaze igihe atagaragara

Agezweho ku munyapolitiki ukomeye mu Burundi wari umaze igihe atagaragara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.