Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije u Burayi ibyifuzo byarwo runasubiza abagereranya ibyo muri Congo n’ibya Ukraine

radiotv10by radiotv10
28/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragarije u Burayi ibyifuzo byarwo runasubiza abagereranya ibyo muri Congo n’ibya Ukraine
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ibibera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bidakwiye kugereranywa nk’ibyo muri Ukraine, kandi ko Abanyaburayi bazi neza umuzi w’ibibazo biri muri DRC, inagaragaza Ubumwe bw’u Burayi ibiteye impungenge u Rwanda byatumye rukaza ubwirinzi, n’icyatuma bukurwaho.

Guverinoma y’u Rwanda yabitangaje nyuma yuko Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, Gen. (Rtd) James Kabarebe ahuye n’Intumwa Yihariye y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Karere uri mu ruzinduko mu Rwanda.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Gashyantare 2025, rivuga ko Gen. (Rtd) James Kabarebe yahuye na Ambasaderi Johan Borgstam, ejo ku wa Kane, bagirana Ibiganiro byubaka kandi byabayemo kungurana ibitekerezo, aho u Rwanda rwagize ibyo rugaragaza.

Mu byagaragajwe n’u Rwanda, iri tangazo rigira riti “Ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ntabwo bigomba kugereranywa nk’amakimbirane ari muri Ukraine. Icyo ari cyo cyose cyashaka kubigereranya, cyaba gifite impamvu ya politiki icyihishe inyuma kinagamije kugoreka impamvu-muzi y’ikibazo.”

Guverinoma y’u Rwanda, ivuga ko Ibihugu Binyamuryango bya EU bizi neza amateka y’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, arimo n’ibibazo biri imbere muri kiriya Gihugu, kuba hari imitwe yitwaje intwaro irenga 200, ndetse n’umugambi wo gushaka kurimbura ubwoko bw’Abatutsi bo muri Coongo.

Hari kandi imvugo zibiba urwango z’abategetsi bo muri kiriya Gihugu, hakaza n’ikindi kibazo gikomeye cy’Umutwe w’abajenosideri wa FDLR, wanafatiwe ibihano n’Umuryango w’Abibumbye.

U Rwanda rukomeza ruvuga ko hari n’abafite uruhare muri ibi bibazo, kandi ko bakwiye guterwa ipfunwe na byo.

Mu bindi Guverinoma yamenyesheje iyi ntumwa Yihariye y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ni uko “U Rwanda ruhanganye n’ibibyugariye, bidakwiye kwimwa agaciro, biri ku mupaka wacu na DRC by’ukwishyira hamwe kw’ingabo, kugizwe n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR, Ingabo z’u Burundi, umutwe w’irondakoko wa Wazalendo, SAMIDRC ndetse n’abacancuro b’Abanyaburayi.”

U Rwanda ruvuga ko ruzakomeza guharanira ko ibibazo nk’ibi biva mu nzira kugira ngo rubeho rutekanye, rusaba ko ingabo z’abanyamahanga ziri ku mipaka yarwo zihava, ko hashakwa umuti w’ikibazo cya M23 ndetse no kurandura umutwe wa FDLR mu buryo bwa burundu.

Guverinoma iti “Amahame yo kutavogerwa ubusugire bw’Igihugu, bikunze kuvugwa na EU, bigomba no gukora ku Rwanda. Ubusugire bw’u Rwanda bwavogerewe inshuro zirenga 20 kuva muri 2018 kandi hari raporo zanditse zibigaragaza. Ingamba z’ubwirinzi zashyizweho kugira ngo zikumire ibi bitero byari bikomeje kugaragara kandi zizagumaho kugeza igihe izo mbogamizi zizakemuka burundu.”

Guverinoma y’u Rwanda yakomeje ivuga ko “Bibabaje kubora Politiki y’imbere ya EU n’inyungu zayo mu karere, bigira uruhare mu byemezo mpuzamahanga bya EU. Ingamba z’ibihano zishyirwaho ziba zigamije guhungabanya Ibihugu ntacyo zizacyemra mu bibazo bihari, ahubwo bibangamira imbaraga zigamije amahoro za Afurika.”

U Rwanda rwavuze ko ubutegetsi bwa DRC budakwiye gukomeza kuyobya umuryango mpuzamahanga, bugamije gusabira u Rwanda ibihano bwitwaje ibinyoma bushaka kuyobya uburari ku gutsindwa kw’imiyoborere yabwo yagize ingaruka ku burenganzira bw’abaturage babwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − sixteen =

Previous Post

Andi makuru ku gitero cya bombe zaturikiye ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage

Next Post

Agezweho ku munyapolitiki ukomeye mu Burundi wari umaze igihe atagaragara

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Agezweho ku munyapolitiki ukomeye mu Burundi wari umaze igihe atagaragara

Agezweho ku munyapolitiki ukomeye mu Burundi wari umaze igihe atagaragara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.