Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwageneye ubutumwa u Budage ku bw’ibyago bwagize

radiotv10by radiotv10
06/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwageneye ubutumwa u Budage ku bw’ibyago bwagize
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yageneye iy’u Budage ubutumwa bwo kuyifata mu mugongo ku bw’urupfu rwa Horst Köhler wabaye Perezida w’iki Gihugu uherutse kwitaba Imana.

Ubutumwa bwo gufata mu mugongo Guverinoma y’u Budage, bwanyujuijwe muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda, muri ubu butumwa bwayo, yavuze ko “ari agahinda gakomeye kuri Guvenoma y’u Rwanda ku kuba yamenye urupfu rwa Horst Köhler, wahoze ari Perezida w’u Budage watabarutse ku ya 01 Gashyantare 2025.”

Ubu butumwa bukomeza bugira buti “Guverinoma y’u Rwanda ifashe mu mugondo umuryango w’uwahoze ari Perezida Köhler, ndetse na Guverinoma y’u Budage muri ibi bihe by’akababaro.”

Guverinoma y’u Rwanda yasoje ubutumwa bwayo ivuga ko Perezida Horst Köhler yaranzwe no guteza imbere umubano hagati y’u Budage na Afurika byumwihariko n’u Rwanda, kandi ko bizahora bizirikanwa.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Gashyantare 2025 kandi, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Mukeka Clémentine yagiye kuri Ambasade y’u Budage mu Rwanda, aho yanditse ubutumwa bwo kwihanganisha iki Gihugu ku bw’ibi byago cyagize byo gupfusha uwigeze kukibera Perezida.

Nyakwigendera Horst Köhler watabarutse ku myaka 81 y’amavuko, yitabye Imana tariki 01 Gashyantare 2025 nyuma y’igihe gito yari amaze arwaye.

Horst Köhler yayoboye u Budage hagati ya 2004 na 2010, aho azwiho kuba yari afite ubunararibonye n’ubuzobere mu bijyanye n’ubukungu.

Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET kuri uyu wa Gatatu yari yagiye ku cyicaro cya Ambasade y’u Budage mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Amakuru agezweho ku rubanza rw’umusirikare wa RDF wishe abaturage batanu abarasiye mu kabari

Next Post

Lies, indiscipline, embezzlement as principles of governance lead to irresponsibility

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Lies, indiscipline, embezzlement as principles of governance lead to irresponsibility

Lies, indiscipline, embezzlement as principles of governance lead to irresponsibility

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.