Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwageneye ubutumwa u Budage ku bw’ibyago bwagize

radiotv10by radiotv10
06/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwageneye ubutumwa u Budage ku bw’ibyago bwagize
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yageneye iy’u Budage ubutumwa bwo kuyifata mu mugongo ku bw’urupfu rwa Horst Köhler wabaye Perezida w’iki Gihugu uherutse kwitaba Imana.

Ubutumwa bwo gufata mu mugongo Guverinoma y’u Budage, bwanyujuijwe muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda, muri ubu butumwa bwayo, yavuze ko “ari agahinda gakomeye kuri Guvenoma y’u Rwanda ku kuba yamenye urupfu rwa Horst Köhler, wahoze ari Perezida w’u Budage watabarutse ku ya 01 Gashyantare 2025.”

Ubu butumwa bukomeza bugira buti “Guverinoma y’u Rwanda ifashe mu mugondo umuryango w’uwahoze ari Perezida Köhler, ndetse na Guverinoma y’u Budage muri ibi bihe by’akababaro.”

Guverinoma y’u Rwanda yasoje ubutumwa bwayo ivuga ko Perezida Horst Köhler yaranzwe no guteza imbere umubano hagati y’u Budage na Afurika byumwihariko n’u Rwanda, kandi ko bizahora bizirikanwa.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Gashyantare 2025 kandi, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Mukeka Clémentine yagiye kuri Ambasade y’u Budage mu Rwanda, aho yanditse ubutumwa bwo kwihanganisha iki Gihugu ku bw’ibi byago cyagize byo gupfusha uwigeze kukibera Perezida.

Nyakwigendera Horst Köhler watabarutse ku myaka 81 y’amavuko, yitabye Imana tariki 01 Gashyantare 2025 nyuma y’igihe gito yari amaze arwaye.

Horst Köhler yayoboye u Budage hagati ya 2004 na 2010, aho azwiho kuba yari afite ubunararibonye n’ubuzobere mu bijyanye n’ubukungu.

Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET kuri uyu wa Gatatu yari yagiye ku cyicaro cya Ambasade y’u Budage mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 12 =

Previous Post

Amakuru agezweho ku rubanza rw’umusirikare wa RDF wishe abaturage batanu abarasiye mu kabari

Next Post

Lies, indiscipline, embezzlement as principles of governance lead to irresponsibility

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego
FOOTBALL

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

12/05/2025
Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Lies, indiscipline, embezzlement as principles of governance lead to irresponsibility

Lies, indiscipline, embezzlement as principles of governance lead to irresponsibility

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.