Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagize icyo rubwira u Bwongereza ku kugaragaza uruhande bwahisemo mu bya Congo

radiotv10by radiotv10
26/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagize icyo rubwira u Bwongereza ku kugaragaza uruhande bwahisemo mu bya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ingamba z’ibihano byatangajwe n’iy’u Bwongereza nk’igisubizo ku bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, zigaragaza uruhande iki Gihugu cyahisemo guhagararamo, kandi ko bibabaje.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Gashyantare 2025, nyuma yuko Guverinoma y’u Bwongereza itangaje ibihano yafatiye u Rwanda.

Ni ibihano birimo kutitabira inama n’ibindi birori byabereye mu Rwanda, ndetse no guhagarika inkunga mu bijyanye n’imyitozo mu bya gisirikare.

Mu itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda rigira icyo rivuga kuri ibi bihano, u Rwanda ruvuga ko bibabaje kubona Guverinoma y’u Bwongereza, yagaragaje uruhande yahisemo guhagararamo mu bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, igatangaza ibi bihano yumva ko ari byo muti wabyo.

Iri tangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, rigira riti “Ntibifite ishingiro kumva ko u Rwanda rwagira icyo rugurana umutekano warwo n’uw’Abanyarwanda. Ingamba z’ibihano ntacyo zamarira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yewe ntacyo zamara mu kugera ku muti urambye wa Politiki w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.”

U Rwanda ruvuga ko Guverinoma ya Congo, ari yo ifite mu biganza byayo icyo yakora cyazanira umuti ibibazo biri muri iki Gihugu, ariko ko yakomeje kurenga ku byemezo byose byagiye bifatwa ariko amahanga akabirenza ingohi.

Guverinoma y’u Rwanda yakomeje igaragaza ibikorwa byagakwiye gutuma Guverinoma ya DRC ibazwa inshingano ariko bikirengagizwa, nko “Kuba ihora igaba ibitero bihoraho ku baturage bayo, birimo n’ibisasu bikomeje kuraswa mu bice by’Abanyamulenge muri Kivu y’Epfo, ishishikariza DRC gukura kabiri inzira za gisirikare, gutuma amakimbirane aba akarande no gutuma abaturage b’abasivile bazahara.”

U Rwanda rukomeza ruvuga ko ruzakomeza guhagarara ku ngamba zo kwirindira umutekano, DRC cyangwa Umuryango Mpuzamahanga batigeze barwifuriza cyangwa ngo baruwuhe.

U Rwanda rwakomeje ruvuga ko ibi bibazo bidashira biri muri Congo, bigaragaza ko hari impande zibifitemo inyungu mu buryo buziguye cyangwa butaziguye.

Rusoza ruvuga ko rwiteguye gukomeza gukorana n’abafatanyabikorwa byumwihariko mu buhuza bwiyemejwe n’Umugabane wa Afurika, ruboneraho guhamagarira umuryango mpuzamahanga gushyigikira izi ngamba zashyizweho na Afurika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Ubutumwa Guverineri mushya wa Banki Nkuru y’u Rwanda yageneye Perezida

Next Post

Ibyitezwe mu giterane gitegerejwe mu Rwanda kibaye bwa mbere mu mateka y’Isi

Related Posts

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

by radiotv10
17/12/2025
0

Bamwe mu basore n'inkumi bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero, batageze mu ishuri, bavuga ko iyo imirimo...

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

IZIHERUKA

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura
AMAHANGA

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

17/12/2025
Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

17/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

16/12/2025
Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyitezwe mu giterane gitegerejwe mu Rwanda kibaye bwa mbere mu mateka y’Isi

Ibyitezwe mu giterane gitegerejwe mu Rwanda kibaye bwa mbere mu mateka y’Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.