Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagize icyo rubwira u Bwongereza ku kugaragaza uruhande bwahisemo mu bya Congo

radiotv10by radiotv10
26/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagize icyo rubwira u Bwongereza ku kugaragaza uruhande bwahisemo mu bya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ingamba z’ibihano byatangajwe n’iy’u Bwongereza nk’igisubizo ku bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, zigaragaza uruhande iki Gihugu cyahisemo guhagararamo, kandi ko bibabaje.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Gashyantare 2025, nyuma yuko Guverinoma y’u Bwongereza itangaje ibihano yafatiye u Rwanda.

Ni ibihano birimo kutitabira inama n’ibindi birori byabereye mu Rwanda, ndetse no guhagarika inkunga mu bijyanye n’imyitozo mu bya gisirikare.

Mu itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda rigira icyo rivuga kuri ibi bihano, u Rwanda ruvuga ko bibabaje kubona Guverinoma y’u Bwongereza, yagaragaje uruhande yahisemo guhagararamo mu bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, igatangaza ibi bihano yumva ko ari byo muti wabyo.

Iri tangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, rigira riti “Ntibifite ishingiro kumva ko u Rwanda rwagira icyo rugurana umutekano warwo n’uw’Abanyarwanda. Ingamba z’ibihano ntacyo zamarira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yewe ntacyo zamara mu kugera ku muti urambye wa Politiki w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.”

U Rwanda ruvuga ko Guverinoma ya Congo, ari yo ifite mu biganza byayo icyo yakora cyazanira umuti ibibazo biri muri iki Gihugu, ariko ko yakomeje kurenga ku byemezo byose byagiye bifatwa ariko amahanga akabirenza ingohi.

Guverinoma y’u Rwanda yakomeje igaragaza ibikorwa byagakwiye gutuma Guverinoma ya DRC ibazwa inshingano ariko bikirengagizwa, nko “Kuba ihora igaba ibitero bihoraho ku baturage bayo, birimo n’ibisasu bikomeje kuraswa mu bice by’Abanyamulenge muri Kivu y’Epfo, ishishikariza DRC gukura kabiri inzira za gisirikare, gutuma amakimbirane aba akarande no gutuma abaturage b’abasivile bazahara.”

U Rwanda rukomeza ruvuga ko ruzakomeza guhagarara ku ngamba zo kwirindira umutekano, DRC cyangwa Umuryango Mpuzamahanga batigeze barwifuriza cyangwa ngo baruwuhe.

U Rwanda rwakomeje ruvuga ko ibi bibazo bidashira biri muri Congo, bigaragaza ko hari impande zibifitemo inyungu mu buryo buziguye cyangwa butaziguye.

Rusoza ruvuga ko rwiteguye gukomeza gukorana n’abafatanyabikorwa byumwihariko mu buhuza bwiyemejwe n’Umugabane wa Afurika, ruboneraho guhamagarira umuryango mpuzamahanga gushyigikira izi ngamba zashyizweho na Afurika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − nine =

Previous Post

Ubutumwa Guverineri mushya wa Banki Nkuru y’u Rwanda yageneye Perezida

Next Post

Ibyitezwe mu giterane gitegerejwe mu Rwanda kibaye bwa mbere mu mateka y’Isi

Related Posts

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko yanenze umwanzuro w’iy’Ubumwe bw’u Burayi wo gusaba u Rwanda kurekura vuba na bwangu Ingabire Victoire Umuhoza, ivuga...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, yagarutse imbere y’Urukiko, kuburana mu mizi,...

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

by radiotv10
15/09/2025
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inzu ituyemo umuryango wo mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, nyuma yuko umukozi wo muri...

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

by radiotv10
15/09/2025
0

Abo mu Murenge wa Busogo, mu Karere ka Musanze, bavuga ko batewe impungenge n’imodoka zitwara abagenzi ziparika ku bwinshi mu...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
15/09/2025
0

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyitezwe mu giterane gitegerejwe mu Rwanda kibaye bwa mbere mu mateka y’Isi

Ibyitezwe mu giterane gitegerejwe mu Rwanda kibaye bwa mbere mu mateka y’Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.