Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagize icyo rubwira u Bwongereza ku kugaragaza uruhande bwahisemo mu bya Congo

radiotv10by radiotv10
26/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagize icyo rubwira u Bwongereza ku kugaragaza uruhande bwahisemo mu bya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ingamba z’ibihano byatangajwe n’iy’u Bwongereza nk’igisubizo ku bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, zigaragaza uruhande iki Gihugu cyahisemo guhagararamo, kandi ko bibabaje.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Gashyantare 2025, nyuma yuko Guverinoma y’u Bwongereza itangaje ibihano yafatiye u Rwanda.

Ni ibihano birimo kutitabira inama n’ibindi birori byabereye mu Rwanda, ndetse no guhagarika inkunga mu bijyanye n’imyitozo mu bya gisirikare.

Mu itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda rigira icyo rivuga kuri ibi bihano, u Rwanda ruvuga ko bibabaje kubona Guverinoma y’u Bwongereza, yagaragaje uruhande yahisemo guhagararamo mu bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, igatangaza ibi bihano yumva ko ari byo muti wabyo.

Iri tangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, rigira riti “Ntibifite ishingiro kumva ko u Rwanda rwagira icyo rugurana umutekano warwo n’uw’Abanyarwanda. Ingamba z’ibihano ntacyo zamarira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yewe ntacyo zamara mu kugera ku muti urambye wa Politiki w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.”

U Rwanda ruvuga ko Guverinoma ya Congo, ari yo ifite mu biganza byayo icyo yakora cyazanira umuti ibibazo biri muri iki Gihugu, ariko ko yakomeje kurenga ku byemezo byose byagiye bifatwa ariko amahanga akabirenza ingohi.

Guverinoma y’u Rwanda yakomeje igaragaza ibikorwa byagakwiye gutuma Guverinoma ya DRC ibazwa inshingano ariko bikirengagizwa, nko “Kuba ihora igaba ibitero bihoraho ku baturage bayo, birimo n’ibisasu bikomeje kuraswa mu bice by’Abanyamulenge muri Kivu y’Epfo, ishishikariza DRC gukura kabiri inzira za gisirikare, gutuma amakimbirane aba akarande no gutuma abaturage b’abasivile bazahara.”

U Rwanda rukomeza ruvuga ko ruzakomeza guhagarara ku ngamba zo kwirindira umutekano, DRC cyangwa Umuryango Mpuzamahanga batigeze barwifuriza cyangwa ngo baruwuhe.

U Rwanda rwakomeje ruvuga ko ibi bibazo bidashira biri muri Congo, bigaragaza ko hari impande zibifitemo inyungu mu buryo buziguye cyangwa butaziguye.

Rusoza ruvuga ko rwiteguye gukomeza gukorana n’abafatanyabikorwa byumwihariko mu buhuza bwiyemejwe n’Umugabane wa Afurika, ruboneraho guhamagarira umuryango mpuzamahanga gushyigikira izi ngamba zashyizweho na Afurika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 17 =

Previous Post

Ubutumwa Guverineri mushya wa Banki Nkuru y’u Rwanda yageneye Perezida

Next Post

Ibyitezwe mu giterane gitegerejwe mu Rwanda kibaye bwa mbere mu mateka y’Isi

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyitezwe mu giterane gitegerejwe mu Rwanda kibaye bwa mbere mu mateka y’Isi

Ibyitezwe mu giterane gitegerejwe mu Rwanda kibaye bwa mbere mu mateka y’Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.