Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku magambo ‘gashozantambara’ Perezida Ndayishimiye yavugiye muri Congo

radiotv10by radiotv10
23/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku magambo ‘gashozantambara’ Perezida Ndayishimiye yavugiye muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye amagambo rutwitsi Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yavugiye i Kinshasa, ivuga ko ahabanye n’inzira yo kwimakaza ubunyafurika, kandi ko atari akwiye kuvugwa n’umuntu uri mu mwanya nk’uwo arimo.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko “yababajwe n’amagambo rutwitsi kandi atari aya kinyafurika ya Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimoye yavugiye mu gikorwa cyabereye i Kinshasa tariki 21 Mutarama 2024.”

U Rwanda rukomeza ruvuga ko nka Perezida Ndayishimiye uri mu mwanya wo kureberera inyungu z’urubyiruko, amahoro n’umutekano mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, atari akwiye “gushinja u Rwanda ibirego bidafite ishingiro kandi bikongeza urwango rw’amacakubiri mu Banyarwanda ndetse bihungabanya amahoro n’umutekano mu karere k’Ibiyaga Bigari.”

Guverinoma y’u Rwanda ikomeza igira iti “Abanyarwanda bakomeje gukorana umwete mu kunga ubumwe no guhamya iterambere ry’Igihugu. Urubyiruko rw’u Rwanda rwabyaje umusaruro aya mahirwe, kandi rukomeje kugira uruhare runatanga umusanzu mu kubaka ahazaza heza.”

Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko “uwo ari we wese ugerageza gutesha agaciro iyi ntambwe yagezweho asaba urubyiruko rw’u Rwanda gukuraho ubutegetsi bwarwo, ari mu kaga. Ariko ku muyobozi w’Igihugu cy’igituranyi we ubikora, mu mutaka wa Afurika Yunze Ubumwe, ni ukunyuranya n’inshingano gukomeye kandi ni no kunyuranya n’icyerekezo rya Afurika Yunze Ubumwe.”

U Rwanda rwasoje ruvuga ko rudafite inyungu na nke mu kuba rwagirana amakimbirane n’abaturanyi, kandi ko ruzakomeza gukorana n’abafatanyabikorwa barwo yaba abo mu karere ndetse no hanze yako mu gukomeza kubumbatira ituze no kubaka iterambere.

Amagambo ya Perezida Evariste Ndayishimiye yamaganywe na Guverinoma y’u Rwanda, yayavuze ku Cyumweru tariki 21 Mutarama 2024, ubwo yatanga ikiganiro imbere y’urubyiruko rurenga 500 rwari ruteraniye i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ndayishimiye yavuze ko abaturage bo mu karere babanye neza, ngo ariko ikibazo kiri kuri bamwe mu bayobozi babi, ari na ho yahereye avuga ko n’Abanyarwanda bakeneye kubohorwa.

Icyo gihe yagize ati “Ndibaza ko urubyiruko rw’u Rwanda na rwo rudashobora kwihanganira gukomeza kuba imfungwa mu karere.”

Ni amagambo yumvikanamo ko uyu muyobozi yifuza ko ubuyobozi buriho mu Rwanda buvaho, mu gihe bubera intangarugero Ibihugu byinshi ku Isi, kubera kwimakaza ubumwe, iterambere ridaheza ndetse rukora ibishoboka byose kugira ngo abatuye u Rwanda barusheho kubaho neza.

Iyi mvugo ya Ndayishimiye ije ikurikira ibirego aherutse kuvuga ku Rwanda ko rufasha umutwe wa RED-Tabara uherutse kugaba igitero mu Gihugu cye, ukica abagera muri 20, nyamara u Rwanda rwamaganiye kure ibi birego ruvuga ko ntaho ruhuriye n’uwo ari we wese urwanya ubutegetsi bw’u Burundi.

Aya magambo akurikiye kandi icyemezo cyafashwe na Guverinoma y’u Burundi cyo gufunga imipaka ihuza iki Gihugu n’u Rwanda no kwirukana Abanyarwanda bariyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − three =

Previous Post

Amagare: Menya abegukanye irushanwa ritegura Umunsi w’Intwari ‘Heroes Cycling Cup 2024’

Next Post

Menya byinshi ku buzima bwihariye n’ibiteye amatsiko ku mbwa zifashishwa na Polisi

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utonika Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utonika Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya byinshi ku buzima bwihariye n’ibiteye amatsiko ku mbwa zifashishwa na Polisi

Menya byinshi ku buzima bwihariye n’ibiteye amatsiko ku mbwa zifashishwa na Polisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utonika Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.