Saturday, September 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

radiotv10by radiotv10
19/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda 796 babaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’umunsi umwe rwakiriye abandi bakabakaba 400.

Aba banyarwanda 796 bakiriwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 18 Gicurasi 2025, binjiriye ku Mupaka munini uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uzwi nka Grande Barrière (La Corniche).

Ubwo aba Banyarwanda bakirwaga n’inzego z’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, babanje gusakwa nk’uko bisanzwe ku bantu bose binjira mu Gihugu.

Ni igikorwa cyakozwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi UNHCR, rikorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryabagejeje ku Mupaka uhuza iki Gihugu n’u Rwanda.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 uri ku mupaka, ahakiriwe aba Banyarwanda, avuga ko bahageze mu masaaha ashyira saa yine z’amanywa kuri uyu wa Mbere.

Aba Banyarwanda nubundi nk’uko byari bimeze ku nshuro ya mbere, biganjemo abagore n’abana, bigaragara ko babaga ahantu hatabanyuze, ariko bakaba bagaragaje akanyamuneza ko kongera gukandagira ku butaka bw’Igihugu cyabibarutse.

Bamwe mu baganiriye n’itangazamakuru, bavuga ko hari abagiye mu myaka 2000 bagiye gushakishirizayo ubuzima, mu gihe hari n’abandi bariyo kuva mu 1994 ubwo bahungiragayo.

Bamwe bavuga ko hari abashakaga gutaha ariko umutwe wa FDLR urwanya u Rwanda ukababera ibamba, mu gihe hari n’abandi bavuga ko baburaga ubushobozi bw’amikoro bwo kubona amafaranga y’urugendo.

Dr Balinda Oscar, Umuvugizi Wungirije wa M23 igenzura umujyi wa Goma waturutsemo aba baturage, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, yavuze ko Abanyarwanda bagomba gutaha bavuye muri DRCongo, ari 2 083.

Aba Banyarwanda 796 bakiriwe kuri uyu wa Mbere, batumye umubare w’abamaze kwakirwa mu minsi itatu gusa, ugera mu 1 100, dore ko ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, tariki 17 Gicurasi, hari hakiriwe abandi 360.

Abakiriwe ku wa Gatandatu, bahise boherezwa mu nkambi ya Kijote, aho bazanyuzwa mbere yo kujya mu miryango, kugira ngo babanze batozwe kuri gahunda za Leta n’imirongo migari igenga Abaturarwanda.

Ubwo bageraga ku Mupaka uhuza DRC n’u Rwanda
Aba Banyarwanda bagaragaza ko bari bariho mu buzima bugoye ariko ubu bishimiye kugera iwabo

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − one =

Previous Post

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

Next Post

Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

by radiotv10
19/09/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rwatangaje amabwiriza agenga ibikorwa by’ubucuruzi bujyanye no kwakira abantu, birimo utubari, utubyiniro na resitora,...

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

by radiotv10
19/09/2025
0

Kalisa Adolphe wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ukurikiranyweho ibyaha birimo kunyereza umutungo, bwa mbere agejejwe...

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

by radiotv10
19/09/2025
0

Ubuyobozi bwa Diviziyo ya gatanu y'Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’ubwa Burigade ya 202 y’iza Tanzania (TPDF), bwagiranye inama igamije imikoranire...

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Umwe mu banyamategeko bunganira abantu mu butabera, yagaragaje ko gusezeranya undi ko uzamushaka bidashyiraho umuntu inshingano zo kurushinga, ndetse ko...

Icyo Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ku izamuka ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryagaragaye

Icyo Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ku izamuka ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryagaragaye

by radiotv10
19/09/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko izamuka rya 7,2% ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryabayeho mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka,...

IZIHERUKA

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga
IBYAMAMARE

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

by radiotv10
19/09/2025
0

Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

19/09/2025
Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

19/09/2025
AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

19/09/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Hagaragajwe icyatumye kimwe mu byo AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bari bemeranyijweho kinanirana

19/09/2025
Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

19/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

Iby’ingenzi biri mu masezerano hagati ya Rwanda Premier League n’umufatanyabikorwa mushya yungutse

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.