Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

radiotv10by radiotv10
19/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda 796 babaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’umunsi umwe rwakiriye abandi bakabakaba 400.

Aba banyarwanda 796 bakiriwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 18 Gicurasi 2025, binjiriye ku Mupaka munini uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uzwi nka Grande Barrière (La Corniche).

Ubwo aba Banyarwanda bakirwaga n’inzego z’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, babanje gusakwa nk’uko bisanzwe ku bantu bose binjira mu Gihugu.

Ni igikorwa cyakozwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi UNHCR, rikorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryabagejeje ku Mupaka uhuza iki Gihugu n’u Rwanda.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 uri ku mupaka, ahakiriwe aba Banyarwanda, avuga ko bahageze mu masaaha ashyira saa yine z’amanywa kuri uyu wa Mbere.

Aba Banyarwanda nubundi nk’uko byari bimeze ku nshuro ya mbere, biganjemo abagore n’abana, bigaragara ko babaga ahantu hatabanyuze, ariko bakaba bagaragaje akanyamuneza ko kongera gukandagira ku butaka bw’Igihugu cyabibarutse.

Bamwe mu baganiriye n’itangazamakuru, bavuga ko hari abagiye mu myaka 2000 bagiye gushakishirizayo ubuzima, mu gihe hari n’abandi bariyo kuva mu 1994 ubwo bahungiragayo.

Bamwe bavuga ko hari abashakaga gutaha ariko umutwe wa FDLR urwanya u Rwanda ukababera ibamba, mu gihe hari n’abandi bavuga ko baburaga ubushobozi bw’amikoro bwo kubona amafaranga y’urugendo.

Dr Balinda Oscar, Umuvugizi Wungirije wa M23 igenzura umujyi wa Goma waturutsemo aba baturage, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, yavuze ko Abanyarwanda bagomba gutaha bavuye muri DRCongo, ari 2 083.

Aba Banyarwanda 796 bakiriwe kuri uyu wa Mbere, batumye umubare w’abamaze kwakirwa mu minsi itatu gusa, ugera mu 1 100, dore ko ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, tariki 17 Gicurasi, hari hakiriwe abandi 360.

Abakiriwe ku wa Gatandatu, bahise boherezwa mu nkambi ya Kijote, aho bazanyuzwa mbere yo kujya mu miryango, kugira ngo babanze batozwe kuri gahunda za Leta n’imirongo migari igenga Abaturarwanda.

Ubwo bageraga ku Mupaka uhuza DRC n’u Rwanda
Aba Banyarwanda bagaragaza ko bari bariho mu buzima bugoye ariko ubu bishimiye kugera iwabo

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + eight =

Previous Post

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

Next Post

Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.