Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

U Rwanda rwashenguwe n’urupfu rwa Perezida w’Inteko ya Uganda rwihanganisha Abanya-Uganda

radiotv10by radiotv10
22/03/2022
in Uncategorized
0
U Rwanda rwashenguwe n’urupfu rwa Perezida w’Inteko ya Uganda rwihanganisha Abanya-Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yababajwe n’urupfu rwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Hon. Jacob Oulanyah witabye Imana azize uburwayi, iboneraho kwihanganisha iya Uganda n’Abanya-Uganda by’umwihariko umuryango wa nyakwigendera.

Ubutumwa bwanyujijwe kuri Twitter ya Ambasade y’u Rwanda muri Uganda, buvuga ko u Rwanda “Rwababajwe cyane n’urupfu rwa Honourable Jacob Oulanyah, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Uganda.”

Ubu butumwa bukomeza bugira buvuga ko Guverimo y’u Rwanda yihanganishije iya Uganda ndetse n’Abanya-Uganda muri rusange “by’umwihariko umuryango wa Hon. Jacob Oulanyah kandi yifatanyije na bo muri ibi bihe bigoye.”

Condolence Message from the Government of Rwanda:

It is with deep sadness that the Government of the Republic of Rwanda learned of the passing of the Right Honourable Jacob Oulanyah, Speaker of the Parliament of the Republic of Uganda. 1/2

— RwandainUganda (@RwandainUganda) March 22, 2022

Hon. Oulanyah witabye Imana nyuma y’iminsi micye agiyekwivuriza muri Leta Zunze Ubumwe za America, urupfu rwe rwatangajwe na Perezida wa Uganda, Yoweri Kagata Museveni mu butumwa yanyujije kuri Twitter mu mpera z’icyumweru gishize.

Hon Jacob L’Okori Oulanyah witabye Imana abura iminsi micye ngo yizihize isabukuru y’imyaka 57 y’amavuko dore ko yavutse tariki 23 Werurwe 1965, yari yatorewe kuba Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko tariki 24 Gicurasi 2021.

U Rwanda rwifatanyije na Uganda muri ibi bihe by’akababaro k’urupfu rw’uyu wari umuyobozi ukomeye, mu gihe Ibihugu byombi biri mu nzira yo kubura umubano wari umaze igihe urimo igitotsi.

Mu cyumweru gishize, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yari yagiriye mu Rwanda uruzinduko rw’iminsi itatu aho yanakiriwe na Perezida Paul Kagame bakaganira ku bibazo bikiri mu mubano w’Ibihugu byombi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + six =

Previous Post

Umuvugo uteye ubwuzu wanditswe na Mme Jeannette Kagame uvuga ubutwari bw’Abagore

Next Post

Polisi yanyomoje amakuru yavugaga ko hari Camera izwi nka ‘Sofia’ yibwe

Related Posts

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

IZIHERUKA

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi yanyomoje amakuru yavugaga ko hari Camera izwi nka ‘Sofia’ yibwe

Polisi yanyomoje amakuru yavugaga ko hari Camera izwi nka ‘Sofia’ yibwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.