Monday, August 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA UBUKUNGU

U Rwanda rwasogongeye ku Isoko Nyafurika…Menya igicuruzwa cya mbere cyarikandagiyeho

radiotv10by radiotv10
06/10/2022
in UBUKUNGU
0
U Rwanda rwasogongeye ku Isoko Nyafurika…Menya igicuruzwa cya mbere cyarikandagiyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Igicuruzwa cya mbere cyacurujwe ku Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA), ni ikawa yavuye mu Rwanda yoherejwe muri Ghana. Impuguke mu by’ubukungu yemeza ko iri soko rizatuma Ibihugu bya Afurika byihuta mu iterambere.

Muri Werurwe 2018, i Kigali mu Rwanda handikiwe amateka atazibagirana muri Afurika ubwo hasinywaga amasezerano y’isoko rusange nyafurika (AfCFTA) yashyiriweho umukono mu Nteko Rusange idasanzwe ya Afurika Yunze Ubumwe.

Aya masezerano yamaze umwaka wose ataremezwa kuko yemejwe muri Mata 2019 nyuma yuko umubare w’Ibihugu byari bikenewe byari bimaze kuyemeza.

Andi mateka yongeye kwandikwa n’u Rwanda kuko igicuruzwa cya mbere cyagaragajwe kuri iri soko rusange nyafurika, ari icyemezo cy’ikawa yavuye mu Rwanda yoherejwe muri Ghana yo ku ya 30 Nzeri 2022.

U Rwanda kandi ruri mu Bihugu bicye biri kugeragerezwamo iri soko aho ruri kumwe na Cameroon, Misiri, Ghana, Kenya, Ibirwa bya Mauritius na Tanzania.

Impuguke mu bukungu akaba n’umwarimu wabwo muri Kaminuza, Dr Fidele Mutembelezi avuga ko imiterere y’amasezerano ashyiraho iri soko rusange ry’Umugabane wa Afurika, igaragaza inyungu ku baturage.

Avuga ko ubusanzwe Ibihugu bigira imipaka kandi bikanashyiraho imirongo ikumira (barriers) urujya n’uruza rw’ibintu by’ingenzi birimo abantu n’ibicururuzwa, byinjira ari uko bibanje kwakwa Visa cyangwa imisoro ndetse n’andi mananiza atuma urujya n’uruza bidakorwa mu buryo bwagutse.

Ibi bituma guhahirana hagati y’Ibihugu bitoroha ndetse n’umusaruro wakavuye mu bucuruzi ugira aho ugarukira.

Ati “Ikiba kigamijwe mu isoko rusange ni ukugabanya ibyo bintu cyangwa se no kubivanaho kugira ngo ari abantu, ari ibicuruzwa, niba ushaka kujya muri Uganda niba ushaka kujya muri Tanzania cyangwa muri Kenya ugende nta nkomyi, akaba yajya kuba aho ashaka, akaba yajya gushaka akazi yisanzuye batarebye ubwenegihugu bwe. Bituma amahirwe yaguka.”

Akomeza avuga ko nk’u Rwanda rufite ubuso buto ndetse n’umubare mucye w’abaturage, ruzungukira muri iri soko rusange. Ati “Ruzaba rubonye rugari ushobora gushakiramo amahirwe.”

Gusa Dr Fidele Mutembelezi agaragaza ko mu gushyira mu bikorwa iri soko rusange nyafurika hakirimo imbogamizi zishingiye ku bushake bwa Politiki bucibwa imbaraga n’imibanire ya bimwe mu Bihugu iba idahagaze neza.

Ati “Iyo Ibihugu bifitanye ibibazo bya politiki cyangwa amakimbirane, ntabwo imikoranire ikunda. Ni cyo kibazo kiri muri iyi miryango y’uturere.”

Cyakoze avuga ko uko imyaka izagenda ihita indi igataha, Ibihugu bizagenda bibona inyungu z’iri soko ku buryo byazatera umugongo ibibazo bifitanye bikiyemeza gucuruzanya.

Ihuriro ry’Ubukungu ku Isi (World Economic Forum) rigaragaza ko ubuhahirane hagati y’Ibihugu bya Afurika buri ku kigero cya 17% mu gihe uyu Mugabane uhahirana n’Ibihugu byo muri Aziya ku rugero rwa 59%, ugahahirana n’Umugabane w’u Burayi kuri 68%.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Nyamasheke: Barashinja umuyobozi kubatoteza, we ati “harimo abameze nk’abarwaye mu mutwe”

Next Post

Hatangajwe imishinga yageze mu cyiciro cya nyuma cy’amahirwe ya MTN Rwanda na Inkomoko

Related Posts

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

by radiotv10
09/08/2025
0

Algorithm Inc, a regional tech company known for its innovative business software solutions, has launched a groundbreaking new platform called...

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

by radiotv10
06/08/2025
0

Umuryango w’Abibumbye wavuze ko Ibihugu 32 birimo n’u Rwanda; bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro, bikwiye koroherezwa...

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

by radiotv10
06/08/2025
0

The United Nations has reported that 32 countries, including Rwanda, possess wealth but lack the capacity to fully exploit it,...

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

by radiotv10
31/07/2025
0

As the world enters deeper into the digital era and economic uncertainty continues to loom in many parts of the...

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

by radiotv10
28/07/2025
0

Uruganda rwa BRALIRWA rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, rwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, rwungutse miliyari 18,4 Frw...

IZIHERUKA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga
AMAHANGA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
11/08/2025
0

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

11/08/2025
Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

11/08/2025
Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

11/08/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

11/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

11/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe imishinga yageze mu cyiciro cya nyuma cy’amahirwe ya MTN Rwanda na Inkomoko

Hatangajwe imishinga yageze mu cyiciro cya nyuma cy’amahirwe ya MTN Rwanda na Inkomoko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.