Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA UBUKUNGU

U Rwanda rwasogongeye ku Isoko Nyafurika…Menya igicuruzwa cya mbere cyarikandagiyeho

radiotv10by radiotv10
06/10/2022
in UBUKUNGU
0
U Rwanda rwasogongeye ku Isoko Nyafurika…Menya igicuruzwa cya mbere cyarikandagiyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Igicuruzwa cya mbere cyacurujwe ku Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA), ni ikawa yavuye mu Rwanda yoherejwe muri Ghana. Impuguke mu by’ubukungu yemeza ko iri soko rizatuma Ibihugu bya Afurika byihuta mu iterambere.

Muri Werurwe 2018, i Kigali mu Rwanda handikiwe amateka atazibagirana muri Afurika ubwo hasinywaga amasezerano y’isoko rusange nyafurika (AfCFTA) yashyiriweho umukono mu Nteko Rusange idasanzwe ya Afurika Yunze Ubumwe.

Aya masezerano yamaze umwaka wose ataremezwa kuko yemejwe muri Mata 2019 nyuma yuko umubare w’Ibihugu byari bikenewe byari bimaze kuyemeza.

Andi mateka yongeye kwandikwa n’u Rwanda kuko igicuruzwa cya mbere cyagaragajwe kuri iri soko rusange nyafurika, ari icyemezo cy’ikawa yavuye mu Rwanda yoherejwe muri Ghana yo ku ya 30 Nzeri 2022.

U Rwanda kandi ruri mu Bihugu bicye biri kugeragerezwamo iri soko aho ruri kumwe na Cameroon, Misiri, Ghana, Kenya, Ibirwa bya Mauritius na Tanzania.

Impuguke mu bukungu akaba n’umwarimu wabwo muri Kaminuza, Dr Fidele Mutembelezi avuga ko imiterere y’amasezerano ashyiraho iri soko rusange ry’Umugabane wa Afurika, igaragaza inyungu ku baturage.

Avuga ko ubusanzwe Ibihugu bigira imipaka kandi bikanashyiraho imirongo ikumira (barriers) urujya n’uruza rw’ibintu by’ingenzi birimo abantu n’ibicururuzwa, byinjira ari uko bibanje kwakwa Visa cyangwa imisoro ndetse n’andi mananiza atuma urujya n’uruza bidakorwa mu buryo bwagutse.

Ibi bituma guhahirana hagati y’Ibihugu bitoroha ndetse n’umusaruro wakavuye mu bucuruzi ugira aho ugarukira.

Ati “Ikiba kigamijwe mu isoko rusange ni ukugabanya ibyo bintu cyangwa se no kubivanaho kugira ngo ari abantu, ari ibicuruzwa, niba ushaka kujya muri Uganda niba ushaka kujya muri Tanzania cyangwa muri Kenya ugende nta nkomyi, akaba yajya kuba aho ashaka, akaba yajya gushaka akazi yisanzuye batarebye ubwenegihugu bwe. Bituma amahirwe yaguka.”

Akomeza avuga ko nk’u Rwanda rufite ubuso buto ndetse n’umubare mucye w’abaturage, ruzungukira muri iri soko rusange. Ati “Ruzaba rubonye rugari ushobora gushakiramo amahirwe.”

Gusa Dr Fidele Mutembelezi agaragaza ko mu gushyira mu bikorwa iri soko rusange nyafurika hakirimo imbogamizi zishingiye ku bushake bwa Politiki bucibwa imbaraga n’imibanire ya bimwe mu Bihugu iba idahagaze neza.

Ati “Iyo Ibihugu bifitanye ibibazo bya politiki cyangwa amakimbirane, ntabwo imikoranire ikunda. Ni cyo kibazo kiri muri iyi miryango y’uturere.”

Cyakoze avuga ko uko imyaka izagenda ihita indi igataha, Ibihugu bizagenda bibona inyungu z’iri soko ku buryo byazatera umugongo ibibazo bifitanye bikiyemeza gucuruzanya.

Ihuriro ry’Ubukungu ku Isi (World Economic Forum) rigaragaza ko ubuhahirane hagati y’Ibihugu bya Afurika buri ku kigero cya 17% mu gihe uyu Mugabane uhahirana n’Ibihugu byo muri Aziya ku rugero rwa 59%, ugahahirana n’Umugabane w’u Burayi kuri 68%.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + two =

Previous Post

Nyamasheke: Barashinja umuyobozi kubatoteza, we ati “harimo abameze nk’abarwaye mu mutwe”

Next Post

Hatangajwe imishinga yageze mu cyiciro cya nyuma cy’amahirwe ya MTN Rwanda na Inkomoko

Related Posts

Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

by radiotv10
29/11/2025
0

Bamwe mu banyamuryango ba Koperative Duterimbere Murundi ihinga umuceri mu Murenge wa Murundi, Akagari ka Karambi, Akarere ka Kayonza, basaba...

Fast-Forward to 2050: The Opportunities and Challenges Ahead

Fast-Forward to 2050: The Opportunities and Challenges Ahead

by radiotv10
27/11/2025
0

The year 2050 may seem far away, but it is closer than most people think. For Gen Z, who today...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

by radiotv10
25/11/2025
0

In June 2025, Rwanda took a bold step by introducing visa-free travel for all African Union nationals, a landmark policy...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

IZIHERUKA

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi
AMAHANGA

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

03/12/2025
Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe imishinga yageze mu cyiciro cya nyuma cy’amahirwe ya MTN Rwanda na Inkomoko

Hatangajwe imishinga yageze mu cyiciro cya nyuma cy’amahirwe ya MTN Rwanda na Inkomoko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.