Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA UBUKUNGU

U Rwanda rwasogongeye ku Isoko Nyafurika…Menya igicuruzwa cya mbere cyarikandagiyeho

radiotv10by radiotv10
06/10/2022
in UBUKUNGU
0
U Rwanda rwasogongeye ku Isoko Nyafurika…Menya igicuruzwa cya mbere cyarikandagiyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Igicuruzwa cya mbere cyacurujwe ku Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA), ni ikawa yavuye mu Rwanda yoherejwe muri Ghana. Impuguke mu by’ubukungu yemeza ko iri soko rizatuma Ibihugu bya Afurika byihuta mu iterambere.

Muri Werurwe 2018, i Kigali mu Rwanda handikiwe amateka atazibagirana muri Afurika ubwo hasinywaga amasezerano y’isoko rusange nyafurika (AfCFTA) yashyiriweho umukono mu Nteko Rusange idasanzwe ya Afurika Yunze Ubumwe.

Aya masezerano yamaze umwaka wose ataremezwa kuko yemejwe muri Mata 2019 nyuma yuko umubare w’Ibihugu byari bikenewe byari bimaze kuyemeza.

Andi mateka yongeye kwandikwa n’u Rwanda kuko igicuruzwa cya mbere cyagaragajwe kuri iri soko rusange nyafurika, ari icyemezo cy’ikawa yavuye mu Rwanda yoherejwe muri Ghana yo ku ya 30 Nzeri 2022.

U Rwanda kandi ruri mu Bihugu bicye biri kugeragerezwamo iri soko aho ruri kumwe na Cameroon, Misiri, Ghana, Kenya, Ibirwa bya Mauritius na Tanzania.

Impuguke mu bukungu akaba n’umwarimu wabwo muri Kaminuza, Dr Fidele Mutembelezi avuga ko imiterere y’amasezerano ashyiraho iri soko rusange ry’Umugabane wa Afurika, igaragaza inyungu ku baturage.

Avuga ko ubusanzwe Ibihugu bigira imipaka kandi bikanashyiraho imirongo ikumira (barriers) urujya n’uruza rw’ibintu by’ingenzi birimo abantu n’ibicururuzwa, byinjira ari uko bibanje kwakwa Visa cyangwa imisoro ndetse n’andi mananiza atuma urujya n’uruza bidakorwa mu buryo bwagutse.

Ibi bituma guhahirana hagati y’Ibihugu bitoroha ndetse n’umusaruro wakavuye mu bucuruzi ugira aho ugarukira.

Ati “Ikiba kigamijwe mu isoko rusange ni ukugabanya ibyo bintu cyangwa se no kubivanaho kugira ngo ari abantu, ari ibicuruzwa, niba ushaka kujya muri Uganda niba ushaka kujya muri Tanzania cyangwa muri Kenya ugende nta nkomyi, akaba yajya kuba aho ashaka, akaba yajya gushaka akazi yisanzuye batarebye ubwenegihugu bwe. Bituma amahirwe yaguka.”

Akomeza avuga ko nk’u Rwanda rufite ubuso buto ndetse n’umubare mucye w’abaturage, ruzungukira muri iri soko rusange. Ati “Ruzaba rubonye rugari ushobora gushakiramo amahirwe.”

Gusa Dr Fidele Mutembelezi agaragaza ko mu gushyira mu bikorwa iri soko rusange nyafurika hakirimo imbogamizi zishingiye ku bushake bwa Politiki bucibwa imbaraga n’imibanire ya bimwe mu Bihugu iba idahagaze neza.

Ati “Iyo Ibihugu bifitanye ibibazo bya politiki cyangwa amakimbirane, ntabwo imikoranire ikunda. Ni cyo kibazo kiri muri iyi miryango y’uturere.”

Cyakoze avuga ko uko imyaka izagenda ihita indi igataha, Ibihugu bizagenda bibona inyungu z’iri soko ku buryo byazatera umugongo ibibazo bifitanye bikiyemeza gucuruzanya.

Ihuriro ry’Ubukungu ku Isi (World Economic Forum) rigaragaza ko ubuhahirane hagati y’Ibihugu bya Afurika buri ku kigero cya 17% mu gihe uyu Mugabane uhahirana n’Ibihugu byo muri Aziya ku rugero rwa 59%, ugahahirana n’Umugabane w’u Burayi kuri 68%.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − ten =

Previous Post

Nyamasheke: Barashinja umuyobozi kubatoteza, we ati “harimo abameze nk’abarwaye mu mutwe”

Next Post

Hatangajwe imishinga yageze mu cyiciro cya nyuma cy’amahirwe ya MTN Rwanda na Inkomoko

Related Posts

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe imishinga yageze mu cyiciro cya nyuma cy’amahirwe ya MTN Rwanda na Inkomoko

Hatangajwe imishinga yageze mu cyiciro cya nyuma cy’amahirwe ya MTN Rwanda na Inkomoko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.