Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwatamaje Ababiligi- Umunyamakuru Oswald yagaragaje intandaro y’ibyo u Bubiligi buvugwaho muri Congo

radiotv10by radiotv10
01/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ihere ijisho amafoto ya Perezida Kagame mu kiganiro na Radio10

Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu

Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu asanga intandaro yo kuba u Bubiligi bwarinjiye mu by’intambara yo muri Congo bukoherezayo abasirikare, ari ikimwaro iki Gihugu cyagize nyuma yo gufatirwa ibyemezo n’u Rwanda nk’Igihugu bwakolonije kandi bwibwira ko bugifiteho ijambo.

Hari amakuru avuga ko u Bubiligi na bwo buherutse kwinjira mu ntambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse bukoherezayo abasirikare n’intwaro za rutura.

Hari n’amakuru avuga ko aba basirikare bo muri iki Gihugu cy’i Burayi batangiye kurasa ku mutwe wa M23 i Walikare, bakoresheje indege zitagira abapilote (Drones).

Iki Gihugu kandi cyakoze ibi nyuma yuko gifatiwe ibyemezo na Guverinoma y’u Rwanda, yaciye umubano warwo na cyo, ndetse igaha amasaha 48 Abadipolomate bacyo yo kuba bavuye ku butaka bw’u Rwanda.

Ni nyuma yuko u Bubiligi bwari bumaze igihe bwinjiye mu mugambi wo gukomatanyiriza u Rwanda ahantu hose, burusabira ibihano, burushinja kugira uruhare mu bibazo by’umutekano biri muri Congo, nubwo rwo rutahwemye kubyamaganira kure.

Mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Mbere tariki 31 Werurwe 2025, Umunyamakuru Oswald Mutuyezu wari watumiwe nk’umusesenguzi, yavuze ko iyi myitwarire y’u Bubiligi yo kwinjira mu ntambara yo mu burasirazuba bwa DRC, ari nk’ikimwaro bwatewe n’ibyemezo bwafatiwe n’u Rwanda rwaciye umubano n’iki Gihugu cyiyita ko ari kimwe mu bihangange.

Ati “Ni ukugira ngo bereke u Rwanda ko rukwiye kubigendamo rwitonze, kuko u Rwanda na rwo rwatamaje Ababiligi tujye tuvugisha ukuri, rwarabandagaje ku rwego rwose rwo hejuru.”

Akomeza agaragaza impamvu, ati “Igihugu bafata nk’aho gikennye kiri mu nzira y’amajyambere, kwereka umukoloni ko atari we kamara, u Rwanda rukabatanga ruti ‘izo nkunga zanyu, amayero miliyoni 95, nimujyane ibyanyu’, hanyuma u Bubiligi ntibushirwe bugakomeza kujya gushyashyariza u Rwanda ngo ibindi Bihugu biruhagarikire inkunga, noneho u Rwanda rukongera rukabatanga ruti ‘duciye umubano’.”

Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu avuga kandi ko kumwarwa k’u Bubiligi, byanagaragaye mu bisobanuro byatanzwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wabwo, Maxime Prevot nyuma y’icyemezo cyafashwe n’u Rwanda, aho yavuze ko iki Gihugu cyafashe iki cyemezo kitabanje kuganira n’u Bubiligi.

Ati “U Rwanda noneho rurongera rubwira imiryango itari iya Leta hano mu Rwanda ruti ‘Amafaranga y’Ababiligi muyahagarike ntimwongere kuyakira’.”

Oswald Mutuyeyezu avuga ko ubusanzwe u Bubiligi nk’Igihugu cyakolonije bimwe mu Bihugu muri Afurika, cyiyumva nk’igifite ubuhangange n’ububasha, kandi u Rwanda rukaba rwari mu Bihugu bitatu cyumva ko gifiteho ijambo rwo, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku buryo kugira ngo rukomeze kugira iryo jambo, ari uko rugomba kwiyegereza DRC.

Ati “U Rwanda rwabateye uw’inyuma, Congo bayitakaje baba basigaje iki ku Isi? Kandi ko na bo biyumva nk’Igihugu cy’igihangange nubwo ari Agahugu gato […] Ubwo rero bagomba kujya muri Congo gusa nk’abereka M23 ngo turahari kugira ngo idakomeza kujyenda ikajya guhirika ubutegetsi bw’i Kinshasa.”

Gusa avuga ko mu gihe M23 yakomeza gukoresha imbaraga ishaka gukuraho ubutegetsi bwa Congo, Ababiligi badashobora kwitambika uyu mutwe kuko abantu bafite icyo barwanira ntawapfa kubakoma imbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 3 =

Previous Post

Ubwoba ni bwose muri Zimbabwe kubera icyo ubutegetsi buri kwikanga cyaba kiri gutegurwa

Next Post

Kwibuka31: Menya ibikorwa by’ingenzi biteganyijwe mu Cyumweru cy’Icyunamo

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka31: Menya ibikorwa by’ingenzi biteganyijwe mu Cyumweru cy’Icyunamo

Kwibuka31: Menya ibikorwa by’ingenzi biteganyijwe mu Cyumweru cy’Icyunamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.