Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwatanze umucyo ku bibaza niba ruzasubiza ‘miliyari 450Frw’ rwahawe n’u Bwongereza

radiotv10by radiotv10
10/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwatanze umucyo ku bibaza niba ruzasubiza ‘miliyari 450Frw’ rwahawe n’u Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko nubwo amasezerano yasinywe hagati yayo n’iy’u Bwongereza atashyirwa mu bikorwa, rutazasubiza amafaranga iki Gihugu cy’i Burayi cyahaye u Rwanda, kuko bitagenwa n’aya masezerano, kandi ko kitabona aho gihera kiyishyuza kuko kitigeze kiyaruha nk’inguzanyo.

Ni nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza, Keir Rodney Starmer atangaje ko ahagaritse gahunda iki Gihugu cyari cyagiranye n’u Rwanda igamije kohereza abimukira bakinjiyemo binyuranyije n’amategeko.

Hirya y’ejo hashize, ku wa Mbere tariki 08 Nyakanga 2024, Guverinoma y’u Rwanda yashyize hanze itangazo rivuga ko yamenye umugambi w’iy’u Bwongereza wo guhagarika aya masezerano.

Muri iri tangazo, u Rwanda ruvuga ko iyi gahunda yari yatangijwe n’u Bwongereza kuko yari igamije gutanga umuti w’ikibazo cy’iki Gihugu cy’i Burayi, aho kuba ikibazo cy’u Rwanda.

Nyuma y’uko bitangajwe ko iyi gahunda ihagaze, hatangiye kuzamuka impaka z’abibazaga niba u Rwanda ruzasubiza u Bwongereza amafaranga bwaruhaye abarirwa muri Miliyoni 270 z’Ama-Pounds  (arenga miliyari 452 Frw) nk’uko byatangajwe n’urwego rw’u Bwongereza rushinzwe ubugenzuzi bw’imari, mu gihe hari n’abavuga ko hatanzwe miliyoni 320 £ [arenga miliyari 535 Frw].

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko u Rwanda rutazasubiza aya mafaranga kuko rwo rwubahirije ibyari bikubiye mu masezerano.

Ati “Amasezerano ntabwo yigeze ateganya ko amafaranga azasubizwa. Icyo kibanze gisobanuke. Ikindi, ntabwo Abongereza bari kwishyuza, ntabyo bavuze.”

Mukuralinda kandi avuga ko nta n’impungenge zihari ko Guverinoma y’u Bwongereza yazishyuza u Rwanda aya mafaranga yaruhaye.

Ati “Barishyuza bahereye he? Ko ntabyo amasezerano ateganya, barishyuza se umwenda batanze? Barishyuza se ni inguzanyo batanze?”

Akomeza avuga kandi ko nta n’ingingo n’imwe u Rwanda rwigeze rurengaho mu byeteganywaga n’aya masezerano, “ngo bibe intandaro yo kuvuga ngo ‘ngaho mwishe amasezerano nimusubize ibyo mwahawe’.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda avuga ko u Bwongereza ari bwo bwahagurutse buza gusaba u Rwanda ko Ibihugu byombi byakwinjira muri iyi gahunda, ndetse akaba ari na bwo bwafashe icyemezo cyo kuyihagarika, bityo ko ingaruka zose zabaho kuri yo zitagomba kuzana umutwaro ku Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 16 =

Previous Post

How Nike plans to break one of the most daunting barriers in human performance

Next Post

Ibihugu bitatu biyobowe n’Igisirikare byashinze Umuryango mushya byiyemeza kwikura mu wundi

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibihugu bitatu biyobowe n’Igisirikare byashinze Umuryango mushya byiyemeza kwikura mu wundi

Ibihugu bitatu biyobowe n'Igisirikare byashinze Umuryango mushya byiyemeza kwikura mu wundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.