Sunday, July 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwatanze umucyo ku bibaza niba ruzasubiza ‘miliyari 450Frw’ rwahawe n’u Bwongereza

radiotv10by radiotv10
10/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwatanze umucyo ku bibaza niba ruzasubiza ‘miliyari 450Frw’ rwahawe n’u Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko nubwo amasezerano yasinywe hagati yayo n’iy’u Bwongereza atashyirwa mu bikorwa, rutazasubiza amafaranga iki Gihugu cy’i Burayi cyahaye u Rwanda, kuko bitagenwa n’aya masezerano, kandi ko kitabona aho gihera kiyishyuza kuko kitigeze kiyaruha nk’inguzanyo.

Ni nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza, Keir Rodney Starmer atangaje ko ahagaritse gahunda iki Gihugu cyari cyagiranye n’u Rwanda igamije kohereza abimukira bakinjiyemo binyuranyije n’amategeko.

Hirya y’ejo hashize, ku wa Mbere tariki 08 Nyakanga 2024, Guverinoma y’u Rwanda yashyize hanze itangazo rivuga ko yamenye umugambi w’iy’u Bwongereza wo guhagarika aya masezerano.

Muri iri tangazo, u Rwanda ruvuga ko iyi gahunda yari yatangijwe n’u Bwongereza kuko yari igamije gutanga umuti w’ikibazo cy’iki Gihugu cy’i Burayi, aho kuba ikibazo cy’u Rwanda.

Nyuma y’uko bitangajwe ko iyi gahunda ihagaze, hatangiye kuzamuka impaka z’abibazaga niba u Rwanda ruzasubiza u Bwongereza amafaranga bwaruhaye abarirwa muri Miliyoni 270 z’Ama-Pounds  (arenga miliyari 452 Frw) nk’uko byatangajwe n’urwego rw’u Bwongereza rushinzwe ubugenzuzi bw’imari, mu gihe hari n’abavuga ko hatanzwe miliyoni 320 £ [arenga miliyari 535 Frw].

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko u Rwanda rutazasubiza aya mafaranga kuko rwo rwubahirije ibyari bikubiye mu masezerano.

Ati “Amasezerano ntabwo yigeze ateganya ko amafaranga azasubizwa. Icyo kibanze gisobanuke. Ikindi, ntabwo Abongereza bari kwishyuza, ntabyo bavuze.”

Mukuralinda kandi avuga ko nta n’impungenge zihari ko Guverinoma y’u Bwongereza yazishyuza u Rwanda aya mafaranga yaruhaye.

Ati “Barishyuza bahereye he? Ko ntabyo amasezerano ateganya, barishyuza se umwenda batanze? Barishyuza se ni inguzanyo batanze?”

Akomeza avuga kandi ko nta n’ingingo n’imwe u Rwanda rwigeze rurengaho mu byeteganywaga n’aya masezerano, “ngo bibe intandaro yo kuvuga ngo ‘ngaho mwishe amasezerano nimusubize ibyo mwahawe’.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda avuga ko u Bwongereza ari bwo bwahagurutse buza gusaba u Rwanda ko Ibihugu byombi byakwinjira muri iyi gahunda, ndetse akaba ari na bwo bwafashe icyemezo cyo kuyihagarika, bityo ko ingaruka zose zabaho kuri yo zitagomba kuzana umutwaro ku Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 3 =

Previous Post

How Nike plans to break one of the most daunting barriers in human performance

Next Post

Ibihugu bitatu biyobowe n’Igisirikare byashinze Umuryango mushya byiyemeza kwikura mu wundi

Related Posts

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
05/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibihugu bitatu biyobowe n’Igisirikare byashinze Umuryango mushya byiyemeza kwikura mu wundi

Ibihugu bitatu biyobowe n'Igisirikare byashinze Umuryango mushya byiyemeza kwikura mu wundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.