Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze icyo rudashobora gusabira imbabazi cyangwa uruhushya

radiotv10by radiotv10
19/02/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwavuze icyo rudashobora gusabira imbabazi cyangwa uruhushya
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda ruvuga ko rudateze gucira bugufi cyangwa gusabira imbabazi kurinda umutekano w’Abanyarwanda, cyangwa ngo rusabire uruhushya kwirwanaho mu gihe hari ugerageje kuwuhungabanya.

Perezida wa Repubulika y’u Rwamda, Paul Kagame mu cyumweru gishize yari i Addis Ababa mu Nteko Rusange isanzwe ya 37 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Muri iyi Nteko kandi, habayeho inama itaguye yize ku bibazo by’umutekano bimaze iminsi biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi nama yitabiriwe na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, William Ruto wa Kenya, Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, ndetse na João Lourenço wa Angola wari uyiyoboye.

Ni inama yemerejwemo ko imirwano iri mu burasirazuba bwa DRC ihagarara, kandi u Rwanda n’iki Gihugu, bikongera kuganira, ndetse Guverinoma ya Congo yongera gusabwa kuganira n’umutwe wa M23.

Ni inama yongeye guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi wari uherutse kuvuga ko bazongera guhurira mu Ijuru, aho uyu Mukuru wa Congo kandi yavuze kenshi ko yifuza gutera u Rwanda.

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Stephanie Nyomabyire, agaruka ku ngingo nkuru Perezida Kagame yagarutseho muri Nteko y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yavuze ko Umukuru w’u Rwanda “yatanze ubutumwa busobanutse.”

Perezida Kagame mu cyumweru gishize ubwo yari muri AU Summit

Stephanie yavuze ko Perezida Kagame yatangaje ko “U Rwanda rutazajijinganya cyangwa ngo rusabire imbabazi kurinda umutekano w’abaturage barwo. Yewe ntiduteze no gusabira uruhushya rwo kubikora.”

Yakomeje avuga ko Rwanda nk’Igihugu cyabayemo Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abarenga Miliyoni imwe “nta na kimwe cyangwa uwo ari we wese ushobora kubidusubizamo.”

Ikindi kandi Perezida Kagame yagarutseho, ni ukuba umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda, warinjijwe mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bitYo ko iki kibazo kigomba gushakirwa umuti.

U Rwanda kandi ruvuga ko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahimbye ikinyoma ko u Rwanda rufite ukuboko mu bibazo biri muri kiriya Gihugu, none ikaba yaramaze kwisanisha n’ibyo binyoma.

Stephanie yavuze kandi ko “u Rwanda rukomeje gushyigikira inzira y’amahoro, binyuze mu myanzuro yemejwe n’akarere.”

Kuri iki Cyumweru tariki 18 Gashyantare 2024, Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, yashyize hanze itangazo, ivuga ko itewe impungenge bikomeye no kuba DRC ikomeje kurenga ku myanzuro yafatiwe i Luanda n’i Nairobi.

U Rwanda rwasobanuye ko igisirikare cya DRC (FARDC) gikomeje gukorana n’umutwe wa FDLR, ndetse ko uyu mutwe ufite ingengabitekerezo ya Jenoside nk’iyo wasize ukoze mu Rwanda mu 1994, wamaze kwinjizwa byuzuye muri FARDC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + five =

Previous Post

Kayonza: Bavuze ibyo batungujwe ku munsi w’Intwari bifuza ko bitazongera

Next Post

Hatangajwe umubare w’abafatiwe mu mukwabu w’abakekwaho ubujura butakwa na benshi

Related Posts

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?
MU RWANDA

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe umubare w’abafatiwe mu mukwabu w’abakekwaho ubujura butakwa na benshi

Hatangajwe umubare w’abafatiwe mu mukwabu w’abakekwaho ubujura butakwa na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.