Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze icyo rudashobora gusabira imbabazi cyangwa uruhushya

radiotv10by radiotv10
19/02/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwavuze icyo rudashobora gusabira imbabazi cyangwa uruhushya
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda ruvuga ko rudateze gucira bugufi cyangwa gusabira imbabazi kurinda umutekano w’Abanyarwanda, cyangwa ngo rusabire uruhushya kwirwanaho mu gihe hari ugerageje kuwuhungabanya.

Perezida wa Repubulika y’u Rwamda, Paul Kagame mu cyumweru gishize yari i Addis Ababa mu Nteko Rusange isanzwe ya 37 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Muri iyi Nteko kandi, habayeho inama itaguye yize ku bibazo by’umutekano bimaze iminsi biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi nama yitabiriwe na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, William Ruto wa Kenya, Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, ndetse na João Lourenço wa Angola wari uyiyoboye.

Ni inama yemerejwemo ko imirwano iri mu burasirazuba bwa DRC ihagarara, kandi u Rwanda n’iki Gihugu, bikongera kuganira, ndetse Guverinoma ya Congo yongera gusabwa kuganira n’umutwe wa M23.

Ni inama yongeye guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi wari uherutse kuvuga ko bazongera guhurira mu Ijuru, aho uyu Mukuru wa Congo kandi yavuze kenshi ko yifuza gutera u Rwanda.

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Stephanie Nyomabyire, agaruka ku ngingo nkuru Perezida Kagame yagarutseho muri Nteko y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yavuze ko Umukuru w’u Rwanda “yatanze ubutumwa busobanutse.”

Perezida Kagame mu cyumweru gishize ubwo yari muri AU Summit

Stephanie yavuze ko Perezida Kagame yatangaje ko “U Rwanda rutazajijinganya cyangwa ngo rusabire imbabazi kurinda umutekano w’abaturage barwo. Yewe ntiduteze no gusabira uruhushya rwo kubikora.”

Yakomeje avuga ko Rwanda nk’Igihugu cyabayemo Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abarenga Miliyoni imwe “nta na kimwe cyangwa uwo ari we wese ushobora kubidusubizamo.”

Ikindi kandi Perezida Kagame yagarutseho, ni ukuba umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda, warinjijwe mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bitYo ko iki kibazo kigomba gushakirwa umuti.

U Rwanda kandi ruvuga ko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahimbye ikinyoma ko u Rwanda rufite ukuboko mu bibazo biri muri kiriya Gihugu, none ikaba yaramaze kwisanisha n’ibyo binyoma.

Stephanie yavuze kandi ko “u Rwanda rukomeje gushyigikira inzira y’amahoro, binyuze mu myanzuro yemejwe n’akarere.”

Kuri iki Cyumweru tariki 18 Gashyantare 2024, Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, yashyize hanze itangazo, ivuga ko itewe impungenge bikomeye no kuba DRC ikomeje kurenga ku myanzuro yafatiwe i Luanda n’i Nairobi.

U Rwanda rwasobanuye ko igisirikare cya DRC (FARDC) gikomeje gukorana n’umutwe wa FDLR, ndetse ko uyu mutwe ufite ingengabitekerezo ya Jenoside nk’iyo wasize ukoze mu Rwanda mu 1994, wamaze kwinjizwa byuzuye muri FARDC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + seven =

Previous Post

Kayonza: Bavuze ibyo batungujwe ku munsi w’Intwari bifuza ko bitazongera

Next Post

Hatangajwe umubare w’abafatiwe mu mukwabu w’abakekwaho ubujura butakwa na benshi

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe umubare w’abafatiwe mu mukwabu w’abakekwaho ubujura butakwa na benshi

Hatangajwe umubare w’abafatiwe mu mukwabu w’abakekwaho ubujura butakwa na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.