• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze icyo rudashobora gusabira imbabazi cyangwa uruhushya

radiotv10by radiotv10
19/02/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwavuze icyo rudashobora gusabira imbabazi cyangwa uruhushya
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda ruvuga ko rudateze gucira bugufi cyangwa gusabira imbabazi kurinda umutekano w’Abanyarwanda, cyangwa ngo rusabire uruhushya kwirwanaho mu gihe hari ugerageje kuwuhungabanya.

Perezida wa Repubulika y’u Rwamda, Paul Kagame mu cyumweru gishize yari i Addis Ababa mu Nteko Rusange isanzwe ya 37 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Muri iyi Nteko kandi, habayeho inama itaguye yize ku bibazo by’umutekano bimaze iminsi biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi nama yitabiriwe na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, William Ruto wa Kenya, Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, ndetse na João Lourenço wa Angola wari uyiyoboye.

Ni inama yemerejwemo ko imirwano iri mu burasirazuba bwa DRC ihagarara, kandi u Rwanda n’iki Gihugu, bikongera kuganira, ndetse Guverinoma ya Congo yongera gusabwa kuganira n’umutwe wa M23.

Ni inama yongeye guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi wari uherutse kuvuga ko bazongera guhurira mu Ijuru, aho uyu Mukuru wa Congo kandi yavuze kenshi ko yifuza gutera u Rwanda.

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Stephanie Nyomabyire, agaruka ku ngingo nkuru Perezida Kagame yagarutseho muri Nteko y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yavuze ko Umukuru w’u Rwanda “yatanze ubutumwa busobanutse.”

Perezida Kagame mu cyumweru gishize ubwo yari muri AU Summit

Stephanie yavuze ko Perezida Kagame yatangaje ko “U Rwanda rutazajijinganya cyangwa ngo rusabire imbabazi kurinda umutekano w’abaturage barwo. Yewe ntiduteze no gusabira uruhushya rwo kubikora.”

Yakomeje avuga ko Rwanda nk’Igihugu cyabayemo Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abarenga Miliyoni imwe “nta na kimwe cyangwa uwo ari we wese ushobora kubidusubizamo.”

Ikindi kandi Perezida Kagame yagarutseho, ni ukuba umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda, warinjijwe mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bitYo ko iki kibazo kigomba gushakirwa umuti.

U Rwanda kandi ruvuga ko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahimbye ikinyoma ko u Rwanda rufite ukuboko mu bibazo biri muri kiriya Gihugu, none ikaba yaramaze kwisanisha n’ibyo binyoma.

Stephanie yavuze kandi ko “u Rwanda rukomeje gushyigikira inzira y’amahoro, binyuze mu myanzuro yemejwe n’akarere.”

Kuri iki Cyumweru tariki 18 Gashyantare 2024, Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, yashyize hanze itangazo, ivuga ko itewe impungenge bikomeye no kuba DRC ikomeje kurenga ku myanzuro yafatiwe i Luanda n’i Nairobi.

U Rwanda rwasobanuye ko igisirikare cya DRC (FARDC) gikomeje gukorana n’umutwe wa FDLR, ndetse ko uyu mutwe ufite ingengabitekerezo ya Jenoside nk’iyo wasize ukoze mu Rwanda mu 1994, wamaze kwinjizwa byuzuye muri FARDC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + eight =

Previous Post

Kayonza: Bavuze ibyo batungujwe ku munsi w’Intwari bifuza ko bitazongera

Next Post

Hatangajwe umubare w’abafatiwe mu mukwabu w’abakekwaho ubujura butakwa na benshi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Hatangajwe umubare w’abafatiwe mu mukwabu w’abakekwaho ubujura butakwa na benshi

Hatangajwe umubare w’abafatiwe mu mukwabu w’abakekwaho ubujura butakwa na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.