Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze uko rwiteguye inama iziga ku bibazo bya Congo n’ibyo ruzagaragaza

radiotv10by radiotv10
05/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwavuze uko rwiteguye inama iziga ku bibazo bya Congo n’ibyo ruzagaragaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma, Yolande Makolo, yatangaje ko u Rwanda rwiteguye kuzitabira Inama idasanzwe izahuza Abakuru b’Ibihugu bigize Imiryango ya EAC na SADC, izaba yiga ku bibazo by’Umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC, rukagaragarizamo ibyo rutahwemye kugaragaza, byaruzanira amahoro bikanayazanira abaturanyi kuko ari byo ruhora rwifuza.

Yolande Makolo yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Radio Capita FM, yo muri Kenya, cyagarutse ku bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byazamuye umwuka mubi mu mubano w’iki Gihugu n’u Rwanda.

Ni ikiganiro kandi kibaye nyuma y’iminsi micye, Perezida wa Kenya, William Ruto akaba anayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) atangaje ko hagiye guterana inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango ndetse n’uw’Ubukungu n’Iterambere ry’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC).

Perezida Ruto kandi yatangaje ko mu Bakuru b’Ibihugu bamaze kwemera kuzitabira iyi nama, harimo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, muri iki kiganiro yagiranye na Capital FM; yavuze u Rwanda rwiteguye kuzitabira iyi nama.

Yagize ati “Turi kwitegura, tuzongera kugaragaza impungenge zacu, turifuza ko tuzasubiza amaso inyuma hakarebwa amasezerano yagiye afatwa kandi twiteguye kugira uruhare rwacu kugira ngo twihute mu gushaka amahoro n’ituze, kandi ibyo byahoze ari intego yacu, kandi tuzongera kurushaho kubishimangira, kandi turanifuza gukorana n’Ibindi Bihugu bya Afurika ndetse n’abandi bafatanyabikorwa bose aho bari hose ku Isi kugira ngo bigerweho.”

Yolande Makolo yavuze ko uko u Rwanda ruhora rwifuza amahoro yarwo, ari na ko ruyifuriza ibindi Bihugu byumwihariko iby’ibituranyi.

Ati “Turifuza ko habonerwa umuti ibi bibazo bibangamira ikiremwamuntu, kandi ntabwo ari ibi byabaye gusa mu byumweru bibiri cyangwa mu mezi macye ashize, kuko abantu bakomeje kurengana kuva mu binyacumi byinshi, ndavuga uyu muryango mugari ukomokamo M23, turifuza ko ibi bihagarara, turashaka amahoro kurusha uko abandi bose bayashaka.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda kandi yavuze ko iki Gihugu cyifuza kugera ku bikorwa by’iterambere, ari na ko kibyifuriza Ibihugu by’ibituranyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

U Rwanda n’u Burusiya baganiriye ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Congo

Next Post

DRCongo: Amakuru mashya kuri umwe mu bari barakatiwe urwo gupfa kubera kugerageza guhirika ubutegetsi

Related Posts

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
31/10/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Uko hatahuwe umukobwa ukekwaho kwihekura wabyaye umwana agahita amuta mu musarani

by radiotv10
31/10/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu Karere ka Rubavu, rwataye muri yombi umukobwa w’imyaka 18 ukekwaho kubyara umwana wari ugejeje igihe cyo...

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

by radiotv10
31/10/2025
1

Bamwe mu bo mu Mirenge ya Murama na Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko amazi aturuka mu muhanda w'amakamyo...

IZIHERUKA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding
MU RWANDA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
31/10/2025
0

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

31/10/2025
Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

31/10/2025
Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

31/10/2025
Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Amakuru mashya kuri umwe mu bari barakatiwe urwo gupfa kubera kugerageza guhirika ubutegetsi

DRCongo: Amakuru mashya kuri umwe mu bari barakatiwe urwo gupfa kubera kugerageza guhirika ubutegetsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.