Monday, March 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

radiotv10by radiotv10
16/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, zidashobora gukomeza inshingano mu gihe zakomeza gushyirwa ku nkeke, ku buryo bikomeje zagahagarika rukanakurirwaho inkunga y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, rwazicyura.

Minisitiri Nduhungirehe atangaje ibi nyuma yuko Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi utangaje ko ugiye guhagarika gutera inkunga ubu butumwa bw’Ingabo z’u Rwanda.

Nyuma yuko hatangajwe ibi, umuryango mpuzamahanga wazamuye igitutu cyinshi, ukomeza kunenga izi Ngabo z’u Rwanda, mu gihe bizwi ko zakoze akazi gakomeye mu Ntara ya Cabo Delgado, aho zarwanyije ibikorwa by’iterabwoba, zikirukana ibyihebe byari byarayogoje kariya gace.

Nyuma yuko izi Ngabo zigaruye umutekano muri biriya bice byari byarazengerejwe n’ibikorwa by’iterabwoba, abaturage bari baravuye mu byabo, babisubiyemo, ndetse n’ibikorwa by’amajyambere byari byarahagaze birasubukurwa.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, mu butumwa yatanze nyuma y’impaka zazamutse, yavuze ko u Rwanda rudashobora kwihanganira ibi bikorwa byo gukomeza kunenga Ingabo zarwo nyamara zikomeje gukora ibyari byarananiranye.

Yagize ati “Twibukije ko ingabo z’u Rwanda mu gukora ako kazi zikorera igihugu cya Mozambique, abaturage ndetse n’Umuryano Mpuzamahanga muri rusange ufite na za sosiyete zikora ishoramari hariya, ko izo ngabo zidashobora gukora ako kazi zinengwa buri kanya, zifatirwa ibihano, zihozwa ku nkeke. Ibyo ngibyo ntabwo bishobora gukomeza.”

Yakomeje agira ati “Ni yo mpamvu twibukije yuko u Rwanda ruzakomeza akazi karwo rwasabwe inkunga ruhabwa nikomeza gutangwa ariko iyi nkunga nihagarikwa, birumvikana ko tuzava muri Mozambique hanyuma ibyo Bihugu bigashaka ikindi Gihugu cyangwa izindi ngabo zikora ako kazi.”

U Rwanda rwatanze amafaranga menshi runapfusha abasirikare

Minisitiri Olivier Nduhungirehe kandi yavuze ko u Rwanda rwohereje ingabo muri Mozambique muri Nyakanga 2021, nyuma yo kubisabwa na kiriya Gihugu cyari kirwizeyeho ubunararibonye mu kugarura amahoro aho yabuze.

Yavuze ko kuva Ingabo z’u Rwanda zagera i Cabo Delgado zakoze akazi gakomeye “ku buryo abaturage b’abasivile basubiye mu ngo zabo, abanyeshuri basubiye ku ishuri, ubucuruzi bwarasubukuwe, ndetse n’ishoramari rikomeye mu bya Gaz na ryo ryarasubukuye.”

Yavuze ko ibyo byakozwe ku bufatanye bw’Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique, ku nkunga y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ariko ko inkunga y’u Rwanda ari yo yari nyinshi muri buriya butumwa bw’Ingabo zarwo.

Ati “Twibukije ko u Rwanda na rwo rwatanze inkunga ikomeye. Rwatanze amafaranga menshi akubye inshuro cumi ayo tubona y’Umuryango w’u Burayi Bwunze Ubumwe ndetse tukaba twaranatakaje n’abasirikare biciwe ku rugamba kugira ngo kariya karere gahabwe ituze.”

Nduhungirehe avuga ko ibyo byose u Rwanda rwabikoze mu nyungu z’Abanya-Mozambique, ndetse n’Umuryango Mpuzamahanga ufite ishoramari muri kariya gace, bityo ko rudashobora kwihanganira ibyo bikorwa byo kunenga Ingabo zarwo, na biriya byose rwemeye guhara, birimo n’ubuzima bw’abana b’u Rwanda bameneye amaraso ku rugamba rwo guhashya ibyihebe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Haravugwa gushwanyaguza indege y’uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’aho umuhungu we wamusimbuye aherereye

Related Posts

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

by radiotv10
16/03/2026
0

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi mu gusana ibikorwa byangijwe n’ibiza, bagarutse i Kigali...

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

by radiotv10
16/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Equity Bank Rwanda, bwatangaje ko bwamenye amakuru y’ibikorwa by’uburiganya bwageragejwe gukorwa muri sisitemu y’iyi banki ubwo habagaho ihererekanya...

Ahahoze umuhanda ubu kuhanyura ni ihurizo ku buryo abafite ibinyabiziga bahagera bakabiterura

Ahahoze umuhanda ubu kuhanyura ni ihurizo ku buryo abafite ibinyabiziga bahagera bakabiterura

by radiotv10
16/03/2026
0

Bamwe mu baturage n’abakoresha umuhanda Gahira-Nkomane-Gisovu uherereye mu Karere ka Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo, bavuga ko wangiritse mu buryo bukomeye,...

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

by radiotv10
14/03/2026
0

Bamwe mu baturage batuye mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bavuga ko bamaze imyaka myinshi bategereje ibyangombwa by’ubutaka...

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

by radiotv10
14/03/2026
0

Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri bavuga ko gahunda yo kugaburira abana ku ishuri ari ingirakamaro cyane kuko yagize uruhare rukomeye...

IZIHERUKA

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa
MU RWANDA

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

by radiotv10
16/03/2026
0

Haravugwa gushwanyaguza indege y’uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’aho umuhungu we wamusimbuye aherereye

Haravugwa gushwanyaguza indege y’uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’aho umuhungu we wamusimbuye aherereye

16/03/2026
Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

16/03/2026
Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma

Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma

16/03/2026
Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

16/03/2026
Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi rugikubita

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi rugikubita

16/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

Haravugwa gushwanyaguza indege y’uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’aho umuhungu we wamusimbuye aherereye

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.